U Rwanda mu mushinga w’uruganda rw’amazi ruzatanga meterokibe ibihumbi 150 ku Munsi muri Kigali.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko hari gutegurwa umushinga w’uruganda rw’amazi ruzaba rushamikiye ku kiyaga gihangano kiri ku rugomero rwa Nyabarongo II, ruzajya rutunganya meterokibe ibihumbi 150 ku munsi, rukazakemura ikibazo cy’amazi meza mu Mujyi wa Kigali. Imibare igaragaza ko mu Rwanda amazi meza agera ku baturage ku rugero rwa 82%. Umujyi wa Kigali […]

Continue Reading

Umuhanzi Yampano yasabiye imbabazi abakwirakwije amashusho ye.

Abinyujije mu ibaruwa ifunguye yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye ari gutera akabariro. Ni ibaruwa Yampano ahamya ko yaturutse ku cyemezo yafashe mu rwego rwo gushaka uko yabaho ubuzima burimo amahoro nta nkomanga afite ku mutima. Yampano yavuze ko hari igihe abantu bakora amakosa bitewe n’uburakari, ubusinzi, ubuto cyangwa […]

Continue Reading

Kuwait yashinje abasirikare ba Iran kwinjira ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kuwait yatangaje ko yashyikirije Ambasaderi wa Iran muri icyo gihugu, Mohammad Tutunji, inyandiko  yamagana ibyo yavuze ko ari “ukwinjira mu gihugu mu buryo binyuranyije n’amategeko” kw’itsinda ry’abitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa,  Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).‎‎Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026, Minisitiri wungirije […]

Continue Reading

U Rwanda mu bihugu 10 by’afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara bigura intwaro nyinshi.

Nk’uko bigaragara muri raporo y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubushakashatsi ku Mahoro cya Stockholm, Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI), yasubiwemo ku wa 9 Werurwe ushize, nubwo iyinjizwa ry’intwaro muri Afurika ryagabanutseho 41%, Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara iracyarangwa n’ihiganwa rikomeye mu kugura intwaro. Dore ibihugu 10 bya mbere byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara […]

Continue Reading

Mu irahira rya Museveni basengeye Janet Museveni urwaye.

Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni. Umushumba mukuru wa Anglikani muri Uganda, afashe umwanya wo gusenga, yagize ati “Mana turagushumira ko ukiza Mama Jeannette Museveni urwaye, ndetse ugakomeza kwita ku muryango we, ukabashoboza.” Museveni, yambaye ishati yera, n’ipantaro y’umukara […]

Continue Reading

Perezida Suluhu yahaye umuraperi Professor Jay miliyoni 16,7 Frw yo kwiyondora nyuma y’uburwayi.

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, yahaye umuraperi Professor Jay ufatwa nk’umunyabigwi muri Hip Hop miliyoni 30 z’Amashilingi ya Tanzania (asaga miliyoni 16,7 z’amafaranga y’u Rwanda) yo kwiyondora wari umaze igihe arwaye. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba w’itariki 11 Gicurasi 2026, ubwo Minisitiri wungirije ushinzwe itangazamakuru, umuco, ubuhanzi na siporo muri Tanzania, Hamis Mwinjuma, yasuraga […]

Continue Reading

Batse gatanya nyuma y’iminota 3 bashyingiranwe.

Muri Kuwait, habaye inkuru yatunguye benshi nyuma y’uko umugabo n’umugore bari bamaze gushyingiranwa batandukanye hashize iminota itatu gusa bakoze ubukwe bwemewe n’amategeko. Amakuru avuga ko nyuma yo gusinya impapuro z’ubukwe mu rukiko, aba bombi bari basohotse mu nyubako bishimira ko babaye umugabo n’umugore. Icyo gihe umugeni ngo yatsikiye imbere y’abantu benshi. Aho kugira ngo umugabo […]

Continue Reading

Rwanda premier league yakuyeho urujijo ku bibazaga niba hazatangwa igikombe kimwe cyangwa bibiri.

Urwego rutegura BK Pro League, Rwanda Premier League, rwatangaje ko hatazangwa ibikombe bibiri ku mpera z’uyu mwaka w’imikino nk’uko byari byaratangajwe mbere. Byatangajwe binyuze mu itangazo uru Rwego rwashyize ahagaragara mu gitondo cyo kuri ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026. Rwavuze ko “nk’uko byari byatangajwe mu kiganiro FERWAFA na RPL byagiranye n’abanyamakuru bamurikirwa […]

Continue Reading

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya mu nama ihuza Africa n’u Bufaransa

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe i Nairobi muri Kenya mu Nama ihuza Africa n’u Bufaransa iba kuri uyu wa 11 no ku wa 12 Gicurasi 2026.‎‎Byagarutsweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ubwo yaganiraga na RBA muri uyu wa Mbere.‎‎Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bagera kuri 30 baganire […]

Continue Reading

Amerika: Abantu babiri bagaragaje ibimenyetso bya ‘Hantavirus’

Abantu babiri mu Banyamerika 17 bari mu bwato bwa M/V Hondius bwagaragayemo Hantavirus, bagaragaje ibimenyetso ndetse umwe yasanzwemo imwe muri virusi zigize Hantavirus. Byatangajwe n’urwego rw’ubuzima rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NNS, ndetse rwavuze ko abo Banyamerika bose bari muri ubwo bwato uko ari 17 bahawe indege ibasubiza muri Amerika kugira ngo bajye kwitabwaho […]

Continue Reading

Muhanga: Impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri, 15 barakomereka.

Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko mu Karere ka Muhanga habereye impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri, igakomeretsa 15. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Busozi, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza, Akarere ka Muhanga ku mugoroba wo ku wa 10 Gicurasi 2026. Umuvugizi wa Polisi, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, […]

Continue Reading