Israel Mbonyi agiye kwamamaza ikinyobwa cya SKOL Brewery Ltd

Israel Mbonyi yamaze kumvikana n’uruganda rwa SKOL Brewery Ltd ku bijyanye no kwamamaza ikinyobwa gishya cya ‘Maltona 0.0%’ kidasembuye, giherutse gushyirwa ku isoko. Amakuru ahari akaba anemezwa n’uruhande rwa SKOL Brewery Ltd, avuga ko uyu muhanzi yamaze gushyira umukono ku masezerano ndetse n’amafoto yamaze gufatwa. Igisigaye ni ukuyasohora bakamutangaza nka ‘Brand Ambassador’ mushya w’iki kinyobwa. […]

Continue Reading

Amakuru mabi kuri w’amukecuru wamamaye kubera imvugo ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’

Nyirangondo Espérance, uzwi cyane kubera imvugo ye yihariye “Abakobwa bafite ubushyuhe,” yitabye Imana ku wa 11 Nyakanga 2024 aguye mu bitaro bya Kibirizi aho yari amaze igihe arwariye. Uyu mukecuru yabaye icyamamare mu Rwanda ndetse yakoreshejwe mu ndirimbo “Ubushyuhe” ya DJ Pius na Bruce Melodie. Nyirangondo yitabye Imana afite abana 10, ariko yari asigaranye babiri […]

Continue Reading

Producer ukomeye yanyomoje ibihuha bivuga ko yapfuye

Umwe mu batunganya umuziki (Producer), muri Uganda Abdul Karim Muchwa uzwi nka Producer Didi yamaganye amakuru avuga ko yapfuye. Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 14 Nyakanga 2024, ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye z’ibyamamare n’abandi mu bakoresha neza imbuga nkoranyambaga zabo, hiriwe hacacana inkuru zibika producer Didi bakagaragaza amafoto ye yarananutse cyane. Ashingiye ku byacaracaye […]

Continue Reading

Eddy Kenzo nyuma yo gukundana na Minisitiri yasabwe kwibagirwa ibintu byo kugira abagore benshi

Sebukwe wa Eddy Kenzo, Patrick Apecu, yasabye uyu muhanzi kwita ku rukundo rwe n’umukobwa we, Nyamutooro, no kwirinda ibijyanye no gushaka abagore benshi. Ibi yabivuze nyuma y’ibirori byo kumwerekana nk’umukunzi wa Nyamutooro, aho hanatangajwe ko bazakurikirwa n’imihango yo gusaba no gukwa. Apecu yagiriye inama Eddy Kenzo yo gukunda, kwita, no gufata neza umukobwa we, ashimangira […]

Continue Reading

Umuhanzi ukomeye arembeye mu bitaro harakekwa uburozi

Umuhanzi akaba n’umwe mu batunganya umuziki (producer) wo muri Uganda, Kiggundu Sulaiman uzwi ku izina rya McSan, arwaye bikomeye akaba ari mu bitaro aho yitabwaho. Ibi byatangajwe n’abo mu muryango we kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Nyakanga 2024, bavuga ko McSan yajyanywe mu bitaro tariki 30 Kamena 2024 nyuma yo kuva mu gitaramo, bakeka […]

Continue Reading

RIB ivuze kuri Ish Kevin, Babu, DJ Brianne na Djihad

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’ rwashyize umucyo ku kibazo cya DJ Brianne na Djihad ruherutse gutangaza ko ruri gukoraho iperereza ndetse runavuga kuri Rugemana Amen wamamaye nka Babu ukora kuri Isibo TV, akaba aherutse gutabwa muri yombi. Ubwo yari abajijwe ku byatangajwe ko bari gukora iperereza kuri DJ Brianne na Djihad, Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi […]

Continue Reading

Bruce Melodie yavuze ku byo ashinjwa byo kudatanga indezo

Umuhanzi Bruce Melodie werekeje i Lagos muri Nigeria mu bikorwa byo gufata amashusho y’indirimbo ’Sowe’ iri kuri album yitegura gushyira hanze, yavuze ku mwana ashinjwa kuba yarabyaye mu 2015 ariko akaba yaranze gutanga indezo. Mu kwezi gushize nibwo Agasaro Diane yongeye kuvugwa mu itangazamakuru biturutse ku ibaruwa yanditswe n’umunyamategeko we, Turahirwa Théogène wo muri Authentic […]

Continue Reading

Mama Sava yatangaje ko atazasubira mu rusengero nyuma yaho umuhanuzi amuhanuriye ko azarongorwa na Papa Sava

Umukinnyi wa Filimi,Mama Sava’yatangaje ko ari guhangana n’umupasiteri uheruka kumuhanurira ko azashakana n’umuyobozi we muri filime ya Papa Sava. Mu kiganiro Sunday Choice cyo ku ISIBO TV, Mama Sava yahamije urugamba arimo ati:“Ndimo ndahangana n’umukaritasi w’umupasiteri.” Yavuze ko atazasubira gusenga kubera ubu buhanuzi yahawe avuga ko ari ubuhanuzi bw’ibinyoma. Uyu yemeje ko ubu buhanuzi yahanuriwe […]

Continue Reading

Impamvu itangaje yateye Shaddyboo kwanga abakene

Mu kiganiro yagiranye n’abakunzi be kuri X “Space”, yatangaje ko abantu badafite amafaranga bagira umushiha ku rwego rwo hejuru. Shaddyboo wavugaga yisekera, yagaragaje ko mu buzima habaho abantu beza n’ababi ariko ko ngo abantu bakennye bagira umujinya n’umushiha bya hato na hato. Ati:” Abantu benshi badafite ubushobozi bwo kubaho bwa buri munsi, bagira umushiha cyane, […]

Continue Reading

Junior Giti agiye gucutsa Chriss Eazy

Imyaka ibiri irashize  Junior Giti mu gasobanuye, atangiye urugendo rwo kureberera inyungu umuhanzi Chriss Eazy, aho avuga ko yatangiranye ubwoba mu ishoramari, ariko ko yatangiye kugira icyizere biri mu byatumye agiye gusinyisha undi muhanzi. Ni urugendo avuga ko rwaranzwe n’ibyiza n’ibibi, ariko kandi yarashikamye kuko uretse gukunda gusobanura filime,yumvaga ashaka no gushyira itafari ku muziki […]

Continue Reading