Abategura Oldies Music Festival barizeza ibyishimo abazitabira iri serukiramuco

Entertainment

Ni iserukiramuco ryimuriwe muri Kigali Universe Complex rivuye i Rebero kuri Canal Olympia, hagamijwe kuryegereza abakunzi baryo, rizaba kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Nyakanga, ku nshuro yaryo ya gatanu.

Basile Uwimana, umwe mu bategura Oldies Music Festival, yatangaje ko iri serukiramuco riteguye gutanga uburambe bwihariye kandi bwuzuyemo ibyishimo mu rwego rwo gutera amatsiko abakunzi b’indirimbo za kera baritegereje.

Yavuze ko bahinduye uburyo bw’imitegurire aho ahantu kizabera hazaba hameze nk’akabari ku bijyanye n’urumuri n’umwuka.

Yongeyeho ko bashyizemo imbaraga nyinshi ku buryo buri wese azaryoherwa

Nk’uko biteganywa n’abategura iri serukiramuco, mu gice cya nyuma cy’igitaramo, aba DJ batatu bazajya bacuranga indirimbo imwemu gihe kimwe, nyuma yaho buri mu DJ ahabwe aumwanya umwe wo gucuranga wenyine.

Iri serukiramuco rizwi cyane mu guha icyubahiro umuziki wo mu myaka ya kera, rizongera kugaragaramo aba DJ bakomeye mu Rwanda barimo Nicolas Peks, DJ RY, na Brek the Entertainer, bacuranga indirimbo zifite abakunzi benshi mu Rwanda, Afurika y’Iburasirazuba, Amerika n’ahandi.

Abategura igitaramo barateganya ibintu bishya bizatuma rirushaho kuryohera abaryitabira kurushaho igihe cyashije.

Iri serukiramuco riheruka ryaherukaga ku wa 27 Nyakanga 2024, muri Juru Park i Rebero, ryitabirwa n’abantu benshi kandi ryari ririmo aba DJ bakomeye barimo DJ RY na DJ King Reg (Regis Isheja) wari unayoboye igitaramo.

Abategura bavuga ko urutonde rw’abazitabira uyu mwaka n’ibindi bisobanuro bizatangazwa vuba.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *