Perezida Touadéra yakiriye General Nyakarundi n’itsinda ayoboye.

Kuri uyu wa Gatanu Perezida wa Repubulika ya Santarafurika, Faustin-Archange Touadéra, yakiriye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zari ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, hamwe n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Ambasaderi Olivier Kayumba. Iyi nama yakurikiye ibiganiro bagiranye na Gen Zéphirin Mamadou, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Santarafurika. Ibi […]

Continue Reading

Huye: Abana batatu bahiriye mu nzu, umwe arapfa.

Abana batatu bahiriye mu nzu, bagejejwe kwa muganga, umwe ahita apfa, bitewe n’inkongi y’umuriro Polisi yavuze ko yatewe n’amashanyarazi. Byabaye mu masaha ya saa mbili za nimugoroba ku wa 14 Gicurasi 2026, bibera mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Tumba, ho mu Karere ka Huye. Nyir’urugo rwahiye, Mukamazimpaka Marie Louise, ari na […]

Continue Reading

Minisitiri w’Ingabo wa Israel yashinje Lamine Yamal kwangisha abantu Abayahudi.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yanenze Rutahizamu wa FC Barcelone, Lamine Yamal, wagaragaye afite ibendera rya Palestine ubwo abakinnyi b’iyi kipe y’i Catalonia bari mu birori byo kwishimira igikombe cya Shampiyona ya Espagne batwaye. Israel Katz yavuze ko ibyo Lamine Yamal yakoze ari igikorwa cyo gukwirakwiza urwango no gukangurira abantu kurugira. Yamal w’imyaka 18 […]

Continue Reading

Imibare yabishwe na Ebola ikomeje kwiyongera nyuma yuko yubuye umutwe muri Congo.

Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC), cyatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho kimaze kwica abantu 65 mu Ntara ya Ituri. Ni ibikubiye mu itangazo iki kigo cyasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026. Africa CDC ivuga ko […]

Continue Reading

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira DJ Toxxyk gufungwa imyaka itanu nyuma yo kutanyurwa n’Igihano Gisubitse yahawe.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukatira Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’imyaka itanu no kumuca ihazabu ya 2.210.000 Frw, bugaragara ko ibihano yari yarakatiwe ari bito. DJ Toxxyk yatawe muri yombi tariki ya 21 Ukuboza 2025, nyuma yo gukorera impanuka mu Karere ka Nyarugenge mu rukerera rw’umunsi wabanje, […]

Continue Reading

Abaganga bavuzweho kurangarana umubyeyi uri ku nda “bararegwa kwica”

Abaganga bo ku bitaro bya Nyanza bavuzweho kurangarana umubyeyi uri ku nda umwana we agapfa, bagejejwe imbere y’urukiko bahakana gusiragiza uwo mubyeyi n’ibyaha baregwa. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burarega abaganga batatu bakorera ku Bitaro bya Nyanza icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, aho buvuga ko basiragije umubyeyi wari ugiye kubyara umwana agapfa, gusa abaregwa bahakana ibyo baregwa. […]

Continue Reading

Yolande Makolo yagaragaje igituma umuryango uharanirira uburenganzira bwa muntu wibasira u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu utavuze ku Rwanda, akazi kawo katagaragara. Ubutumwe bwa Makolo bwanyuze ku rubuga X kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026, bugira buti “HRW ifite uburyo ikora kandi u Rwanda ruhora ari igipimo cyayo kigaragaza ko yakoze neza.” Makolo yanengaga raporo […]

Continue Reading

Hatangijwe umushinga w’ikoranabuhanga ryanditsemo amazina y’abishwe muri Jenoside

Umuryango utari uwa Leta w’Abongereza uharanira kurwanya Jenoside ku Isi, Aegis Trust, watangije umushinga w’ikoranabuhanga rizajya ryifashishwa mu kwibuka amazina y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni umushinga wiswe ‘Inkingi z’Amazina y’Abacu’ wamuritswe ku wa 14 Gicurasi 2026. Ugizwe n’amazina agaragara mu buryo bwa 3D agenda agakora inkingi. Ni umushinga wavutse ku gitekerezo cya […]

Continue Reading

Afurika ibyaje umusaruro umutungo ifite yatsinda ibibazo byugarije ubukungu ku Isi-Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko Afurika ifite amahirwe menshi yo kuba umugabane ukize ku rwego rw’Isi, ariko ko ikibura ari ukubyaza umusaruro umutungo ifite urimo ingufu zitangiza ibidukikije, amabuye y’agaciro akenewe cyane ku Isi ndetse n’umubare munini w’abaturage bafite imbaraga zo gukora. Yashimangiye ko ibihugu bya Afurika bikwiye gushyira hamwe no […]

Continue Reading

Ibihano bitangwa mu nyungu z’utanga menshi – Perezida Kagame yavuze buryo Afurika yamburwa ikanahanwa.

Perezida Kagame yavuze ko ibihano bimaze iminsi bishyirirwaho ibihugu birimo n’u Rwanda, bitaboneye, kuko biba biri mu nyungu za bamwe bitewe n’ibyo bemereye ibihugu bikomeye Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa CNN, Eleni Giokos, gifungura inama ya Africa CEO Forum. Abayobozi barenga 2800 bitabiriye iyi nama barimo abakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bikomeye byo […]

Continue Reading