U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro ku bufatanye mu bya gisirikare.

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye inama ya karindwi ya Komisiyo ihuza u Rwanda n’u Burusiya ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare, izamara iminsi itatu ibera mu Rwanda. Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, iyi nama yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi, izarangira kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026. Ubuyobozi Bukuru […]

Continue Reading

Perezida Kagame na Madamu Jeannette bifatanyije n’abana kwizihiza umunsi wahariwe ba sogokuru muri Green Hills Academy.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’ababyeyi n’abana mu kwizihiza umunsi wahariwe ba basogokuru uzwi nka Grandparents Day wabereye ku ishuri rya Green Hills Academy. Muri uwo muhango, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bishimiye ibitaramo by’umuco nyarwanda byakozwe n’abana biga mu mwaka wa gatatu w’ikiburamwaka muri iri shuri […]

Continue Reading

Urukingo rwa Ebola rushobora kuboneka mu mezi icyenda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko bishobora gutwara amezi icyenda kugira ngo urukingo rwa virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo ruboneke Ibi byatangajwe ku wa 20 Gicurasi 2026, n’Umujyanama muri OMS, Dr. Vasee Moorthy. Yavuze ko hari inkingo ebyiri bari kugerageza zo kurwanya icyorezo iyi virusi ya Ebola. Umuntu wa mbere wishwe […]

Continue Reading

Byinshi wamenya ku Ndwara y’agahinda Gakabije yugarije urubyiruko.

Umubare w’abatari bake mu Isi wugarijwe n’uburwayi bw’agahinda gakabije benshi bita (Depression). Aka si agahinda gasanzwe umuntu agira kagahita gashira ahubwo ushobora kubana nako ibihe byose ku buryo bamwe bageraho bakumva ko ubuzima ntacyo bumaze no kubaho kwabo birutwa no gupfa Kugira agahinda gakabije bifitanye isano n’imiterere ya muntu n’uburyo yakira ibimubayeho bigoye mu buryo  […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umugore wari ufite umwana mu ntoki yishwe n’inkuba umwana ararusimbuka.

Mu mvura nke yagwaga mu Kagari ka Banda, Umurenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, mu ma saa kumi n’iminota 40 z’umugoroba wo kuri uyu wa 19 Gicurasi 2026 inkuba yakubise Nyiranziyumvira Marie Rose w’imyaka 42, wari uri kumwe n’abana 3 mu gikoni atetse, barimo impanga, ateruye umuto muri zo ahita apfa,umwana ararusimbuka. Niragire Josiane, umuturanyi […]

Continue Reading

U Rwanda na Tanzania byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ingufu.

U Rwanda na Tanzania byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingufu azafasha ibihugu byombi kuzamura ubukungu, guteza imbere inganda no guhindura imibereho y’abaturage. Ni amasezerano yasinywe kuri uyu wa 19 Gicurasi 2026 iruhande rw’inama Nyafurika yiga ku iterambere ry’ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri. Muri aya masezerano u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, mu […]

Continue Reading

Bugesera: Batatu batawe muri yombi bakekwaho gukubita umuturage agapfa.

Abaturage batatu bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukubita umugabo w’imyaka 40 bakekaga ko ari umujura bikamuviramo urupfu. Ibi byamenyekanye mu ijoro rya tariki ya 18 Gicurasi 2026 aho byabereye mu Mudugudu wo Kurugenge mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka […]

Continue Reading

Amavubi yamenye amakipe bazesurana mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2027.

U Rwanda rwisanze mu Itsinda K hamwe na Mali, Cape Verde na Liberia mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda Ni nyuma ya tombola y’uko amakipe y’ibi bihugu azahura, yabereye i Cairo mu misiri, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026. Amakipe y’ibihugu 48 […]

Continue Reading

Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw cyari cyarahanishijwe Uzabakiriho Cyprien, Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor na Kalisa John uzwi nka K John kigumaho. Ni nyuma yo kugaragaza ko hari ibimenyetso bikomeye byerekana ko Djihad ahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso mu gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, Kalisa John, […]

Continue Reading

Byinshi  ku cyorezo cya Ebola u Rwanda rukomeje gukurikiranira hafi.

Ebola ni indwara iterwa na virusi yitwa Ebola. Ubwoko bwa Virusi bwayo  bwabonetse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) na Uganda  bwahawe izina rya “Bundibugyo Virus (BDBV)”. Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko ubusanzwe virusi ya Ebola yibera mu mubiri w’ubwoko bumwe bw’uducurama ntidutere kurwara ariko tukayikwirakwiza. Iyo Minisiteri ivuga ko Ebola yibasira abantu ndetse n’inyamanswa z’inyamabere zo mu […]

Continue Reading

Burundi: Miss yambuwe ikamba nyuma yo kwaka ubuhungiro mu Gihugu cy’ i Burayi.

Abategura irushanwa rya Miss Burundi batangaje ko umukobwa wakunzwe cyane mu irushanwa rya Miss Burundi 2025 (Miss Populaire) yambuwe ikamba kuva ku wa 18 Gicurasi 2026, ndetse abuzwa kongera gukoresha ibirango by’iri rushanwa. Kompanyi INGO s.a itegura ayo marushanwa y’ubwiza yavuze ko Mugisha Monica Celeste yambuwe ikamba yari yahawe kubera amakosa yo gukora ingendo mu […]

Continue Reading