Kuva kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, u Rwanda rwafunze by’agateganyo imipaka ihuza Rubavu na Goma kubera icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri Repubulika Iharabira Demokalasi ya Congo (RDC)
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabwiye IGIHE ko iki cyemezo kigamije kurinda ubuzima bw’abaturage, anasaba abaturage kwihanganira izi mpinduka.
Imipaka ya Petite Barrière, Grande Barrière na Kabuhanga ni yo yafunzwe, mu gihe uwa Rusizi na Bukavu ugifunguye.
Inzego z’ubuzima zikomeje gusuzuma abantu bambuka bava muri RDC mu rwego rwo kwirinda ko yakomeza gukwirakwira.
Indi nkuru wasoma: OMS yavuze ko Ebola ikomeje gukwira muri RDC na Uganda itaraba icyorezo
https://rwandanews24.com/oms-yavuze-ko-ebola-ikomeje-gukwira-muri-rdc-na-uganda-itaraba-icyorezo/
Icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu Ntara ya Ituri, aho hamaze kuboneka abanduye 336 n’abapfuye 87 nk’uko, Ikigo cya Africa gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Afurika CDC yabitangaje.

U Rwanda rwafunze imipaka uruhuza na Goma muri RDC mu rwego rwo kwirinda ko ikwirakwira rya Ebola, ikomeje kugaragara muri iki gihugu.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

