Imipaka uhuza u Rwanda na Goma muri RDC yafunzwe mu kwirinda ikwirakwira rya Ebola

Economy Education and Health NEWS

Kuva kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, u Rwanda rwafunze by’agateganyo imipaka ihuza Rubavu na Goma kubera icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri Repubulika Iharabira Demokalasi ya Congo (RDC)

‎Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabwiye IGIHE ko iki cyemezo kigamije kurinda ubuzima bw’abaturage, anasaba abaturage kwihanganira izi mpinduka.

‎Imipaka ya Petite Barrière, Grande Barrière na Kabuhanga ni yo yafunzwe, mu gihe uwa Rusizi na Bukavu ugifunguye.

‎Inzego z’ubuzima zikomeje gusuzuma abantu bambuka bava muri RDC mu rwego rwo kwirinda ko yakomeza gukwirakwira.

Indi nkuru wasoma: OMS yavuze ko Ebola ikomeje gukwira muri RDC na Uganda itaraba icyorezo
https://rwandanews24.com/oms-yavuze-ko-ebola-ikomeje-gukwira-muri-rdc-na-uganda-itaraba-icyorezo/


‎Icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu Ntara ya Ituri, aho hamaze kuboneka abanduye 336 n’abapfuye 87 nk’uko, Ikigo cya Africa gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Afurika CDC yabitangaje.

U Rwanda rwafunze imipaka uruhuza na Goma muri RDC mu rwego rwo kwirinda ko ikwirakwira rya Ebola, ikomeje kugaragara muri iki gihugu.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *