I shyamba si ryeru muri Rayon Sports

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse Umutoza Mukuru, Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, hamwe n’Umutoza w’Abanyezamu Mazimpaka André, nyuma y’uko ikipe igaragaje umusaruro utari mwiza mu mikino ya Shampiyona iheruka. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kunganya na Marine FC ibitego 2-2 ku wa 5 Mata 2025, mu mukino w’Umunsi wa 23 wa […]

Continue Reading

Kevin De Bruyne agiye gutandukana na Manchester City

Kevin De Bruyne ukina mu kibuga hagati muri Manchester City, yatangaje ko atazakomezanya nayo nyuma y’uyu mwaka w’imikino wa 2024/25. Ibi bikubiye mu ibaruwa yageneye abakunzi be biganjemo abafana n’abo babanye muri Manchester City, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Mata 2025. Ati: “Abareba neza ibi bintu murabona aho biri kwerekeza. Gusa ndashaka kubishyiraho […]

Continue Reading

APR FC yahakanye kutishyura abakinnyi

Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 13 Werurwe 2025, ubuyobozi bwa APR FC bwashyize ahagaragara itangazo risobanura ku makuru amaze iminsi avugwa ko yaba imaze amezi abiri idahemba abakinnyi bayo. Iyi kipe yemeje ko yubahiriza amasezerano ifitanye n’abakinnyi ndetse n’abakozi bose. Mu itangazo ryasohowe n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, bagaragaje ko amakuru avuga ko […]

Continue Reading

Liverpool yatsinze PSG, Barcelona na Bayern Munich na zo zitsinda mu mikino ya 1/8 cya UEFA Champions League

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 5 Werurwe 2025, habaye imikino ibanza ya 1/8 cya UEFA Champions League aho amakipe akomeye y’i Burayi yahuye mu mikino y’amateka. Liverpool yatsinze Paris Saint-Germain igitego 1-0, FC Barcelona itsinda Benfica, mu gihe Bayern Munich yanyagiye Bayer Leverkusen ibitego 3-0. Umukino wabereye Parc des Princes watangiye PSG […]

Continue Reading

Brady Gilmore yegukanye agace ka gatatu Tour du Rwanda 2025

Umunya- Australia Brady Gilmore ukinira Ikipe ya Israel Premier Tech, ni we wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2025, nyuma yo gukoresha amasaha abiri, iminota 55 n’amasegonda 14. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Gashyantare 2025, ni bwo hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2025, kahagurukiye mu Karere ka Musanze […]

Continue Reading

Lionel Messi ashobora gusubira gukinira FC Barcelona

Rutahizamu w’Umunya Argentine, Lionel Messi, ashobora kongera kwambara umwambaro wa FC Barcelona nyuma yo kurangiza amasezerano ye muri Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amasezerano ya Lionel Messi muri Inter Miami azarangirana n’uyu mwaka w’imikino wa 2025, kandi uyu mukinnyi w’imyaka 37 ntaragira gahunda yo guhagarika gukina ruhago. Amakuru mashya atangwa n’umunyamakuru […]

Continue Reading

Umukino wa APR FC na Rayon Sports wigijwe imbere

Urwego rutegura Shampiyona y’u Rwanda , rwavuguruye ingengabihe y’imikino yo kwishyura, rwimura irimo uwa APR FC na Rayon Sports, wavanywe muri Gicurasi, ushyirwa tariki 9 Werurwe 2025. Shampiyona y’u Rwanda igeze ku Munsi wa 19, ugomba gukinwa guhera tariki 28 Gashyantare, hakinwa umukino uzahuza Vision FC na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium. Kuri uwo […]

Continue Reading

Abubakar Lawal wakiniye AS Kigali yitabye Imana

Umunya Nigeria Abubakar Lawal wakiniye AS Kigali yitabye imana azize impanuka yabereye muri Uganda. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare 2025 ni bwo iyi nkuru y’inshamugongo yatashye mu bakunzi ba ruhago nyuma yo kumva ko uyu mukinnyi azize impanuka ya moto yabereye mu gace ka Entebe. Uyu mukinnyi wahoze akinira […]

Continue Reading

Perezida Kagame yatangije Tour du Rwanda 2025

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa UCI David Lappartient, batangije ku mugaragaro isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu Tour du Rwanda 2025. Kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Gashyantare 2025, ni bwo hatangiye irushanwa rya Tour du Rwanda rizenguruka igihugu ku nshuro ya 17 kuva ribaye Mpuzamahanga mu gihe ari inshuro ya karindwi […]

Continue Reading

APR FC Yanyagiye Musanze FC Iyisezerera mu Gikombe cy’Amahoro

Nyuma yo gutsinda Musanze FC ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, APR FC yahise ikatisha itike ya ¼ cy’irangiza, yiyongera ku makipe arimo Rayon Sports na Police FC. Kuri uyu wa Gatatu habaye imikino itatu yo kwishyura ya 1/8 mu Gikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka. APR FC yari yanganyije na Musanze FC […]

Continue Reading