Amagare: Bäckstedt yegukanye ITT mu bakobwa batarengeje imyaka 23

Umwongerezakazi Zoe Bäckstedt, yegukanye Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe ku bakobwa batarengeje imyaka 23 mu bagore (ITT) akoresheje iminota 30 n’amasegonda 56. Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025, ni bwo hakinwe umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Isi y’Amagare mu byiciro by’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23 basiganwa […]

Continue Reading

Tadej Pogačar nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare yageze i Kigali

Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Shampiyona y’Isi izabera i Kigali tariki 21-28 Nzeri 2025. Pogačar usanzwe ukinira Ikipe ya UAE Team Emirates XRG, ari mu bakinnyi icyenda bagize Ikipe y’Igihugu y’Abagabo ya Slovenia izitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare ya […]

Continue Reading

UEFA Champions League: Real Madrid na Arsenal zatangiye neza

Imikino ya UEFA Champions League ya 2025/26 yatangiye guca ibintu, aho amakipe akomeye yo ku mugabane w’u Burayi yatangiye kwerekana ko yiteguye guhatanira igikombe cy’uyu mwaka. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025, Arsenal yatsinze Atletico Bilbao ibitego 2-0 mu gihe Real Madrid yatsinze Olympique de Marseille ibitego 2-1. Umukino wabimburiye […]

Continue Reading

Ubuyobozi bwa CECAFA bwasabye imbabazi APR FC

Nyuma y’uko APR FC yegukanye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025, ubuyobozi bwa CECAFA bwiseguye ku makosa yabaye, bigatuma iyi kipe itahabwa imidali ku gihe nk’uko byari biteganyijwe. Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yatsinze KMC igitego 1-0 cyatsinzwe na Memel Raouf Dao, bituma isoza iri rushanwa iri ku mwanya wa gatatu. Nyuma y’umukino, APR […]

Continue Reading

Amavubi yitegura Zimbabwe yageze muri Afurika y’Epfo

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yageze muri Afurika y’Epfo aho izakinira na Zimbabwe mu mukino w’Umunsi wa Munani wo mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Nzeri 2025, ni bwo abakinnyi bose b’Amavubi n’abari babaherekeje bageze mu mujyi wa Johannesburg, ari na […]

Continue Reading

APR FC yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC ihagarariye u Rwanda yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka izatangira tariki tariki 2 Kugeza ku ya 15 Nzeri 2025. Kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Kanama 2025, ni bwo abakinnyi ba APR FC bahagurutse i Kigali berekeza i Dar salaam muri Tanzania. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yitabiriye iri rushanwa ifite abakinnyi […]

Continue Reading

Rayon Sports na Kiyovu Sports ku munsi wa 1: Uko amakipe azahura muri Shampiyona 2025/26

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League), rwashyize ahagaragara uburyo amakipe azahura mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26, aho umukino utegerejwe ku munsi wa mbere uzahuza Rayon Sports izatangira na Kiyovu Sports. Mu Ijoro ku wa Gatatu, tariki ya 27 Kanama 2025,  ni bwo hashyizwe ahagaragara uburyo amakipe azahura mu mwaka utaha […]

Continue Reading

Nigeria yahamagaye abakinnyi izitabaza ku mukino w’Amavubi

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, yahamagaye abakinnyi 31 azakuramo abo azifashisha ku mikino Super Eagles izahuramo n’Amavubi y’u Rwanda na Afurika y’Epfo. Mu kwezi kwa Nzeri 2025, amakipe y’ibihugu arakomeza imikino y’umunsi wa karindwi y’amatsinda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho u Rwanda ruzakirwa na Nigeria. Mu kurushaho kwitegura iyi mikino, […]

Continue Reading

Inkera y’Abahizi: APR FC yatsinzwe na Police FC

APR FC yatsinzwe na Police FC ibitego 3-2 mu mukino wa kabiri w’Inkera y’Abahizi wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, kuri uyu wa Kane, tariki ya 21 Kanama 2025. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu nta nota na rimwe ifite mu gihe Ikipe ya Polisi y’Igihugu yagize atandatu. Ku munota wa kabiri w’umukino, Mamadou Sy yageze imbere y’izamu rya […]

Continue Reading

Rayon Sports yategetswe na FIFA kwishyura Robertinho arenga miliyoni 30 Frw

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryategetse Rayon Sports FC kwishyura Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ wahoze ari umutoza wayo, amadolari ya Amerika ibihumbi 22,5 [22,5$ arenga miliyoni 30 Frw] kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko. Muri Mata 2025 ni bwo Rayon Sports yahagaritse Robertinho imushinja uburwayi, nyuma yo kutishimira icyemezo iyi kipe yafashe cyo kumuhagarika. […]

Continue Reading