Uganda yafunze imbuga 500 zerekana amashusho y’urukozasoni azwi nka ‘Pornography’.

Komisiyo ishinzwe itumanaho muri Uganda (UCC) yasabye ibigo by’itumanaho byose byo muri iki gihugu gufunga imbuga za internet zerekana amashusho y’urukozasoni, hagamijwe gucunga no gukumira ibikurikiranwa n’abaturage b’iki gihugu bitajyanye n’indangagaciro zabo. Umuvugizi wa UCC, Ibrahim Bossa, yavuze ko ibigo byahawe iri tegeko ku wa 2 Mata 2026 kandi ibigo bitazarikurikiza bizahanwa. Iki cyemezo cyatangiye […]

Continue Reading

Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato kimwe mu byaha Semuhungu akurikiranyweho.

Dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru Ahari nuko Semuhungu watawe muri yombi […]

Continue Reading

Abahanzi bazaririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Abahanzi bazaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyanza ya Kicukiro, biyemeza ko aya mateka mabi yabaye atazongera kubaho ukundi. Ni igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki ya 14 Mata 2026 mu gihe Abanyarwanda bari mu minsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. […]

Continue Reading

U Bushinwa: Uruganda Geely rwakoze ikoranabuhanga rya ‘AI’ rifasha imodoka gukoresha lisansi nke.

Ku wa 13 Mata 2026, uruganda rukora imodoka rwo mu Bushinwa rwitwa Geely rwamuritse uburyo bushya bw’imodoka zikoresha amashanyarazi na lisansi bugena ingufu imodoka ikoresha mu gihe runaka i-HEV Intelligent Hybrid system, mu rwego rwo guhangana n’ibigo bikora imodoka byo mu Buyapani byari bimaze igihe kirekire byiharije isoko ry’imodoka zisanzwe zikoresha ubu buryo. Ubu buryo […]

Continue Reading

UEFA Champions League: Barcelona ya Lamine Yamal yatsinze irasezererwa naho Liverpool ikomeza guseba.

Ikipe ya FC Barcelona yatsinze Atletico Madrid ariko irasezererwa, naho Liverpool ikomeza guseba mu mikino ya UEFA Champions League. Kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro ni bwo hakinwe imikino yo kwishyura ya 1/4 cya UEFA Champions League. Umukino wari utegerejwe na benshi wari kuri Civitas Metropolitano aho Atletico Madrid yari yakiriye FC Barcelona. Uyu […]

Continue Reading

Macron yasabye Amerika na Iran gusubira ku meza y’ibiganiro bwangu.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran gusubukura ibiganiro bwangu, nyuma y’uko ibyo impande zombi zagiranye mu cyumweru gishize ntacyo zashoboye kugeraho. Macron mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X ejo ku wa Kabiri, yavuze ko ubusabe bwe yabugejeje kuri ba Perezida Massoud Pezeshkian wa Iran na Donald […]

Continue Reading

Ibiganiro bya Leta ya RDC na AFC/M23 byatangiranye amahane.

Ibiganiro by’amahoro byahurije intumwa z’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 mu Busuwisi byatangiranye amahane ku wa 13 Mata 2026. Ibi biganiro byitabiriwe n’abahagarariye umuhuza, Qatar, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO). AFC/M23 yohereje intumwa esheshatu ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho wayo, Benjamin Mbonimpa. Zajyanye n’inzobere esheshatu zirimo abahoze […]

Continue Reading

Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu 5, barimo Brig. Gen (Rtd) Fred Muziraguharara

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abantu batanu bari barakatiwe n’inkiko ku byaha bitandukanye, barimo Brigadier General (Rtd) Fred Muziraguharara wahoze ari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego za gisirikare n’ubucuruzi. Nk’uko bigaragara mu Iteka rya Perezida ryatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa 13 Mata 2026, aba bantu bose bahawe imbabazi […]

Continue Reading

Diamond Platnumz agiye kongera gutaramira i Kigali.

Diamond Platnumz uri mu bahanzi bakomeye muri Afurika by’umwihariko mu y’Iburasirazuba, yateguje igitaramo kizabera i Kigali ku wa 29 Kanama 2026. Iki gitaramo kiri mu byo uyu muhanzi agiye gukorera mu bihugu binyuranye yise ‘Retro Tour’. Azahera i Mwanza muri Tanzania ku wa 25 Mata 2026, akomereze muri Dodoma na Mbeya. Ibi bitaramo azabikomereza muri […]

Continue Reading

Abantu 59 batawe muri yombi mu cyumweru cy’icyunamo kubera ingengabitekerezo ya Jenoside.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko mu cyumweru cyo kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu 59 batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano na yo. Imibare ya RIB igaragaza ko muri iki cyumweru cyatangiye ku wa 7 Mata, kirangira ku wa 13 Mata 2026, habonetse ibirego 47 by’ingengabitekerezo ya […]

Continue Reading