Abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu muhora wa Hormuz

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje  ko abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu bushyamirane bukomeje kubera mu muhora wa Hormuz.‎‎Rubio yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye  i Washington DC.‎‎Ku wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, Perezida […]

Continue Reading

Ku nshuro ya Kabiri mu mateka Arsenal igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Arsenal yatsinze Atletico Madrid mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cya UEFA Champions League 2025/2026 ihita yerekeza ku mukino wa nyuma. Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro kuri Emirates Stadium nyuma y’uko umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganya 1-1. Ikipe ya Arsenal yambara Visit Rwanda yatangiye umukino ihererekanya neza mu […]

Continue Reading

Byongeye kuzamba mu Burasirazuba bwo Hagati

Umwuka w’intambara wongeye gututumba mu Burasizuba bwo Hagati, ni nyuma y’uko ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bitangaje ko buri ruhande  rwarashe ku bwato bw’urundi ruhande mu muhora wa Hormuz , nyamara hari agahenge kagamije kugarura amahoro arabye. ‎Ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, […]

Continue Reading

Djihad yasobanuriye urukiko ibyo apfa na Semuhungu na Xinda asaba ko ubuhamya bwabo bwateshwa agaciro.

Ubwo yaburanaga ubujurire bwe kuri uyu wa Mbere, Djihad [Uzabakiriho Cyprien] yavuze ko afitanye ibibazo na Eric Semuhungu na Xinda byatumye bamwihimuraho bamutangira ubuhamya butari bwo asaba ko yagirwa umwere agataha. Djihad yatangiye avuga ko atigeze apostinga kuri status ye kandi ko umutangabuhamya ari we Eric Semuhungu yabibonye kwa Xinda nyamara nyuma y’aho aza kuvuga […]

Continue Reading

Umuhanzi Bruce melody ari mu byishimo nyuma yo kuzuza miliyoni y’abantu bamukurikira kuri YouTube.

Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie yongeye kwandika andi mateka aho yujuje abamukurikira ‘Subscribers’ , miliyoni imwe kuri shene ye ya Youtube maze izina rye rihita ryandikwa ku rutonde ruriho  abahanzi  mbarwa mu Muziki Nyarwanda. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2026 Bruce Melodie yashimiye abafana be bamubaye hafi mu […]

Continue Reading

Ruto arifuza ko ikiguzi cyo guhamagarana kuri telefoni hagati ya Kenya, Tanzania, Uganda n’u Rwanda kigabanuka .

Perezida wa Kenya, William Ruto, yongeye gusaba ko ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byashyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa byuzuye igitekerezo cya “One Network Area” (ONA), kigamije kugabanya ibiciro by’itumanaho hagati y’ibihugu no kunoza ihuzanzira mu karere. Yabisabye ku wa 4 Gicurasi 2026, mu nama y’ubucuruzi yahuje Kenya na Tanzania yabereye mu kigo mpuzamahanga cy’inama […]

Continue Reading

Abanya-Nigeria 130 basabye gukurwa muri Afurika y’Epfo kubera imyigaragambyo imaze iminsi ihabera.

Abanya-Nigeria 130 basabye Guverinoma yabo kubakura muri Afurika y’Epfo nyuma y’uko hamaze iminsi imyigaragambyo yibasira abanyamahanga. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Bianca Odumegwu-Ojukwu yatangaje ko abantu 130 ari bo bahise basaba gusubizwa iwabo bahunga imvururu zishobora gukomeza kwiyongera. Imyigaragambyo ikaze yabaye muri Pretoria na Johannesburg isaba Leta kugira icyo ikora ku banyamahanga bari mu gihugu […]

Continue Reading

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi.

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa iza gaze cyangwa iz’amashanyarazi, ndetse ibiganiro bikaba byararangiye hakaba hagiye gukurikiraho igerageza. Byatangajwe na Byiringiro Alfred, Umujyanama Mukuru mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), wavuze ko iyi gahunda ishobora gutangira mu gihe cya […]

Continue Reading

Umuhanga mu kuvanga imiziki DJ Toxxyk yafunguwe.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Shema Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk ibyaha yari akurikiranyweho, rumuhanisha gutanga ihazabu ya 1.050.000 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atatu ariko asubitse mu gihe cy’amezi atandatu. Urukiko Rwategetse ko DJ Toxxyk ahita arekurwa icyemezo cy’Urukiko kikimara gusomwa. DJ Toxxyk yari akurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi […]

Continue Reading

Umuhango wo Kwita Izina ingagi uri muri Nzeri uyu mwaka

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo kwita abana b’ingagi amazina uzaba ku wa 4 Nzeri 2026, ukabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze. RDB yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026 mu butumwa yanyujije ku rukuta rwayo rwa X. Yasabye Abanyarwanda kuzagira uruhare ndetse no kwizifatanya n’uru rwego mu muhango wo […]

Continue Reading