Urupfu rw’Ashlee Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga rukomeje kuvugisha benshi.

Umuryango w’umunyamerikakazi uzwi ku mbuga nkoranyambaga urimo gusaba ibisubizo nyuma y’amakuru avuga ko yapfiriye muri Tanzania aho yari yaragiye gutemberana n’umukunzi we Leta ya Tanzania cyangwa polisi yaho ntacyo baravuga ku makuru y’urupfu rwa Ashlee Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga aho agaragaza imibereho y’ubuzima bw’agatatangaza. Urupfu rwe rwatangajwe bwa mbere ku cyumweru n’uvuga ko ari […]

Continue Reading

Umuhanzi Shallipopi wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Laho’ agiye gutaramira i Kigali.

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria Crown Uzama uzwi cyane mu muziki nka Shallipopi wamamaye mu ndirimbo zikunzwe n’urubyiruko hirya no hino muri Afurika, yatangajwe nk’umuhanzi mukuru w’igitaramo “Africast Fest: A Shallipopi Xperience” kizabera i Kigali ku wa 29 Gicurasi 2026. Africast Fest: NI igitaramo gitegurwa ku bufatanye bwa SKOL Malt na Bank ya Kigali, kikaba kiri […]

Continue Reading

Umukinnyi wa filime Clapton Kibonge yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Jacky.

Umunyarwenya akaba n’umwanditsi wa Filime Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge yakoze ubukwe n’umugore we Mutoni Ntambara Jacky bari bamaranye imyaka umunani bubakanye umuryango. Ni ubukwe bwaranzwe n’umuhango wo gusaba no gukwa byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mata 2026 bibera Rwempasha mu Karere ka Nyagatare. Ni ibirori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye babarizwa mu myidagaduro […]

Continue Reading

DC Clement yanditse ibaruwa aca bugufi asaba imbabazi

Nyuma y’uko umunyamakuru Niyigaba Clement atawe muri yombi akurikiranyweho kwangiza ikintu cy’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko, yaciye bugufi asaba imbabazi aho yavuze ko yabikoreshejwe n’umujinya. Uyu munyamakuru wamamaye nka DC Clement, yatawe muri yombi ejo hashize tariki ya 31 Werurwe 2026 nyuma y’uko asenyewe ishuri yarimo yubaka muri Jabana ariko mu buryo bunyuranyije n’amategeko. DC […]

Continue Reading

Umunyarwenya Isacal wo muri Gen-Z Comedy yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we .

Umunyarwenya wamamaye mu bitaramo bya Gen-Z Comedy, Niyigena Isacal, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Dushimumukiza Rosalie Gicanda, mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026. Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali, aho aba bombi bemeranyije kubana nk’umugabo n’umugore imbere y’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda. Mu kiganiro […]

Continue Reading

BK Arena yanyomoje iby’igitaramo cya Justin bieber cyari kirimo kwamamazwa.

Bk Arena yanyomoje amakuru avuga ku gitaramo cya Justin Bieber I Kigali. Ubuyobozi bwa Bk Arena bwatangaje ko amakuru y’ibihuha amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Justin Bieber azataramira I Kigali ku wa 23 Gicurasi 2026. Ni itangazo ryashyizwe hanze ku gicamunsi cyo ku wa 26 Werurwe 2026. Bk Arena yanditse iti”Turabamenyesha ko […]

Continue Reading

Umuhanzi Chike yahishuyeko mama we yamubujije Gushaka umugore Udakora.

Chike uri mu bahanzi bagezweho muri Nigeria, yatangaje ko nyina yamugiriye inama yo kutazigera ashaka umugore udafite akazi nubwo yaba amukunda. Ibi Chike yabigarutseho mu kiganiro cya podcast kizwi nka Ada’s Room. Uyu musore wamamaye mu ndirimbo nka ‘Egwu’ na ‘Running (To You)’ yavuze ko nyina yamusabye kutazigera akora ikosa ryo kurongora umukobwa ukomoka mu […]

Continue Reading

Umugabo wa Zari yategeye uwo bagiye guterana ibipfunsi imodoka.

Umugabo wa Zari, Shakib Lutaaya yategeye imodoka yo mu bwoko bwa ‘Jeep Wrangler’ uwo bagiye guhurira mu mukino wo guterana ibipfunsi ku wa 11 Mata 2026. Shakib Lutaaya ari mu myiteguro y’umukino w’iteramakofe na Barista Timo, umusore wo muri Uganda ariko usanzwe aba i Dubai bakaba bategerejwe mu guterana ibipfunsi ku wa 11 Mata 2026. […]

Continue Reading

umukinnyi wa Filime mpuzamahanga Chick Norris yapfuye.

Carlos Ray wamamaye muri sinema by’umwihariko muri filime nka Chuck Norris yapfuye afite imyaka 86 nk’uko umuryango we wabitangaje kuri uyu wa 20 Werurwe 2026. Uyu musaza yamenyekanye muri filime ‘The delta force’ yasohotse mu 1986, ‘Missing in action’ yasohotse mu 1984, ‘Invasion USA’ yasohotse mu 1985 n’izindi nyinshi. Inkuru y’urupfu rwa Chuck Norris yatangajwe […]

Continue Reading

Umuhanzi Doja Cat utegerejwe i Kigali yatangaje ko afite indwara yo mu mutwe.

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Doja Cat utegerejwe gutaramira i Kigali mu gitaramo cya Move Afrika kizaba kuwa 17 werurwe 2026 muri BK Arena, yatangaje ko amaze imyaka myinshi ahanganye n’indwara yo mu mutwe izwi nka Borderline Personality Disorder (BPD) ituma rimwe na rimwe yitwara mu buryo atabanje gutekerezaho kandi nta ruhare yabigizemo. Uyu muhanzikazi w’imyaka 30 yabitangaje […]

Continue Reading