Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza tariki ya 23 Gicurasi 2026, abakekwaho kwandura icyorezo cya Ebola bari bageze kuri 904, barimo 101 byamaze kwemezwa bidasubirwaho ko banduye na ho abapfuye bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo bakaba 220
Iyi Minisiteri yatangaje ko abapfuye barimo 88 bo muri Mongbwalu, 69 bo muri Rwampara na 48 bo mu Mujyi wa Bunia; hose mu Ntara ya Ituri.
Ibi bice ni na byo byagaragayemo benshi bikekwa ko banduye Ebola, kuko nka Mongbwalu imaze kugaragaramo 339 barimo 19 byemejwe ko banduye, Bunia yagaragayemo 249 barimo 24 byemejwe ko banduye, mu gihe Rwampara yo imaze kugaragaramo 228 barimo 32 byemejwe ko banduye.
Mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hamaze kuboneka abantu 20 bikekwa ko banduye Ebola barimo barindwi bo mu Mujyi wa Butembo na 13 bo muri Katwa muri Teritwari ya Lubero. Bane bo muri ibi bice ni bo byamaze kwemezwa ko banduye iki cyorezo.
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko kugeza ku wa 24 Gicurasi 2026, umuntu umwe ari we wanduye Ebola mu Mujyi wa Goma, bikaba bikekwa ko hari undi umwe ushobora kuba yaranduye iki cyorezo.
AFC/M23 yasobanuye ko mu Mujyi wa Bukavu na ho habonetse umuntu umwe wanduye Ebola, ndetse ikaba yaranamwishe. Byemejwe ko yari aherutse mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo.
Iki cyorezo cyageze n’i Kampala muri Uganda, kuko Minisiteri y’Ubuzima yaho yatangaje ko kugeza tariki ya 23 Gicurasi, habonetse abarwayi bacyo batanu, barimo Abanye-Congo batatu bari baherutse muri RDC. Umwe yarapfuye, undi ntakigaragaza ibimenyetso nyuma yo guhabwa ubuvuzi.
Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima, (OMS) ryagaragaje ko ibihugu byo mu karere bifite ibyago byinshi byo kwibasirwa n’iki cyorezo. Ibi byatumye u Rwanda rukaza ingamba zo kugikumirira ku mipaka yo ku butaka no ku kibuga cy’indege.
Mu rwego rwo gukumira iki cyorezo, guhera tariki ya 22 Gicurasi, nta munyamabanga uheruka muri RDC mu giha kitarenze iminsi 30 wemerewe kwinjira mu Rwanda. Ku Banyarwanda n’abafite ibyangombwa byo gutura baherukayo, bazajya babanza gushyirwa mu kato.
Tariki ya 23 Gicurasi, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu wanduye Ebola uraboneka mu Rwanda, ariko ko Abaturarwanda bakwiye gukomeza kwitwararika kugira ngo kitazahagera.
Ebola iterwa na virusi yitwa Ebola. Iyo virusi iba mu mubiri w’ubwoko bumwe bw’uducurama, ntidutere indwara ariko tukayikwirakwiza. Yibasira abantu ndetse n’inyamanswa z’inyamabere zo mu ishyamba nk’impara, isha, ingagi, inkende n’ibitera.
Umuntu urwaye Ebola atangira kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi hagati y’iminsi ibiri na 21 nyuma y’uko yanduye virusi yayo. Ikimenyetso cya mbere cy’umuntu urwaye Ebola ni umuriro mwinshi utagabanyuka, kurwara umutwe, kubabara mu muhogo, gucika intege, kuribwa mu ngingo, kuribwa mu nda, kuruka no guhitwa cyane kandi kenshi, gusesa ibiheri ku mubiri, gutukura amaso no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri.
OMS igaragaza ko uwanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo iri kwibasira abo mu burasirazuba bwa RDC aba afite ibyago biri hagati ya 30 na 50% byo kwicwa na yo. Ntigira umuti ariko havurwa ibimenyetso byayo kandi uwivuje kare aba afite amahirwe yo gukira.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

