Bugesera: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma ahita yishyikiriza Polisi

Umugabo w’imyaka 27 wo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mayange, akurikiranyweho kwica umugore we akoresheje umuhoro, aho avuga ko yabitewe no kumukekaho kumuca inyuma, nyuma yijyana kuri Polisi kugira ngo afungwe. Ibi byabaye mu rukerera rwo ku wa 25 Nzeri 2025, bibera mu Mudugudu wa Cyaruhirira mu Kagari ka Mbyo mu Murenge wa […]

Continue Reading

AFC/M23 yongereye ingabo muri Walikale

Ihuriro rya AFC/M23 rikomeje kongera ingabo mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko muri teritwari ya Walikale, mu gace ka Ihula muri gurupoma ya Kisimba, mu rwego rwo kwitegura kurinda abaturage cyane ko ibitero by’Ingabo za RDC n’abo bafatanyije bikomeje gukaza umurego muri iyi minsi. Tariki ya 24 Nzeri 2025, […]

Continue Reading

Kaminuza y’u Rwanda n’iya Korea y’Epfo byemeje guteza imbere ubushakashatsi

Kaminuza y’u Rwanda (UR) na Kaminuza ya Yonsei yo muri Koreya y’Epfo, basinyanye amasezerano y’ubufatanye (MoU) mu by’uburezi, by’umwihariko mu guteza imbere ubushakashatsi no guha icyerekezo abashakashatsi. Aya masezerano yasinywe ku wa 24 Nzeri mu nama yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 140 ya Kaminuza ya Yonsei, ahagarariwe na Prof. Kayihura Muganga Didas, Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza […]

Continue Reading

Dr. Karangwa wa RFI yatanze inama ku bapimisha ADN ngo bahamye ko abana ari ababo

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI), Dr. Charles Karangwa, yasabye ababyeyi bifuza gupimisha uturemangingo ndangasano (ADN) ngo bamenye niba abana ari ababo ko babigendamo gake, kuko bishyira mu kaga abo bana n’umuryango Nyarwanda muri rusange. Muri RFI, imwe muri serivisi izwi cyane batanga ni ugupima ADN mu kureba […]

Continue Reading

Ukuri ku ifoto y’umukozi wa Croix Rouge yakwirakwiriye ku mbuga asa n’uhana nimero n’umukinnyi w’amagare

Kimwe mu bikomeje guherekeza Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, ni amafoto atandukanye yo muri iri rushanwa. Imwe mu yarikoroje ni iyafashwe na B&B Fm Kigali, umukinnyi umwe afite telefoni mu ntoki ahagaze aganira n’umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda. Benshi mu bayibonye bakomeje kuyigarukaho cyane bagaragaza ko uyu mukinnyi yasabaga nimero uyu mukobwa […]

Continue Reading

AFC/M23 yavuze ko ishaka kubohora RDC

Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko bafite inshingano yo kubohora igihugu, abatuye mu duce babohoye bakazagerwaho n’imiyoborere myiza. Yabigarutseho ubwo yasozaga amahugurwa agamije kongerera abakozi ubushobozi ku wa 23 Nzeri 2025. Nangaa yavuze ko impinduramatwara bari gukora “ikubiyemo impinduka zikomeye. Ibice twabohoye bigomba kugerwaho n’imiyoborere […]

Continue Reading

Nyarugenge: RIB yataye muri yombi abakubitiye umuturage ku biro by’Akagari

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu baherutse kugaragara mu mashusho bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ka Munanira gaherereye mu Murenge wa Nyakabanda wo mu Karere ka Nyarugenge. Ibi uru rwego rwabitangaje rubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zarwo, ku wa 25 Nzeri 2025. RIB yagaragaje ko aba bagabo bagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu […]

Continue Reading

MONUSCO isanga inzira ya politiki ari yo yonyine yakemura ibibazo byo muri RDC

Umuyobozi wungirije w’Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Vivian van de Perre, yemeza ko inzira ya politiki ari yo yonyine yakemura intambara imaze imyaka muri RDC. Ibi yabigarutseho ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriye i Beni mu Ntara ya […]

Continue Reading

Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa yakitiwe gufungwa kubera amafaranga ya Gaddafi yariye

Urukiko rwo mu Bufaransa rwahamije Nicolas Sarkozy wayoboye igihugu, uruhare mu byaha bifitanye isano n’ibirego by’amafaranga yahawe na Muammar Gaddafi wayoboraga Libya ngo azamufashe mu bya politiki, rumukatira igifungo cy’imyaka itanu. Sarkozy yayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012. Icyemezo cy’urukiko kigaragaza ko yahamijwe ibyaha byo kwemera inkunga zatanzwe na Libya mu bikorwa […]

Continue Reading

Pariki y’Akagera mu mushinga w’arenga miliyari 2 Frw wo kongera inkura

Umuryango udaharanira inyungu uzobereye mu kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, African Parks, watangaje ko watangije umushinga wa miliyari 2 Frw wo kubungabunga ubuzima bw’inkura ndetse no kongera umubare wazo. Uyu muryango wagaragaje ko binyuze muri uyu mushinga, inkura zigera muri 300 zizajya zimurwa buri mwaka ndetse ko Pariki y’Akagera yo mu Rwanda hazaba ari hamwe mu […]

Continue Reading