Rutsiro: Ingo zirenga ibihumbi 11 zahawe amashanyarazi mu mezi icyenda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko mu mezi icyenda ashize bumaze gucanira ingo ibihumbi 11 yo mu midugudu itagiraga umuriro w’amashanyarazi. Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo kuba yamaze kugeza amashanyarazi ku baturage 100% bitarenze 2024, gusa iyo ntego ntabwo yagezweho bitewe n’impamvu zirimo icyorezo cya covid-19, hakiyongeraho no ku ba benshi mu baturage batari […]

Continue Reading

U Rwanda na Trinidad & Tobago byatangiye ubufatanye mu bwikorezi bw’indege

Leta y’u Rwanda n’iya Trinidad and Tobago byemeranyije ubufatanye mu guteza imbere serivisi z’ubwikorezi bwo mu kirere, bisinyana amasezerano afungurira amarembo ibigo by’ubwikorezi bwo mu kirere ku mpande zombi. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri, ubwo abahagarariye ibihugu byombi bahuriraga i New York ahateraniye Inama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteranye […]

Continue Reading

Ibyo ukwiriye kwirinda mu gihe ubonye umuntu wishwe cyangwa ugeze ahabaye ubujura

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI) cyasabye Abanyarwanda kwirinda gukorakora abantu bishwe cyangwa kugendagenda ahantu habereye ibyaha nk’ibijyanye n’ubujura bwo gutobora inzu n’ibindi, ahubwo ko hakwiriye kuzitirwa mu rwego rwo gukomeza kubungabunga ibimenyetso byakwifashishwa mu butabera. Akenshi iyo abantu babonye umuntu wishwe mbere yo guhuruza babanza gukorakora ku murambo bareba […]

Continue Reading

Bwiza na Chriss Eazy mu bazasusurutsa ibirori byo gusoza UCI

Abahanzi bari mu bakunzwe mu muziki nyarwanda Bwiza, Chriss Eazy na Mc Brian bazatarama mu birori bizasoza Shampiyona Mpuzamahanga y’Isi y’Amagare (UCI 2025) Mu gihe habura amasaha kugira ngo UCI isozwe hanatangwa ibihembo hateguwe igitaramo kizaherekeza iryo siganwa ari nabyo abo bahanzi bazataramamo. Ku nteguza y’ibyo birori, Bwiza yasangije abakunzi be kuri konti ye ya […]

Continue Reading

Gakenke: Barataka ibihombo kubera umuhanda Vunga–Mugunga wangiritse

Abaturage bo mu Murenge wa Mugunga, Akarere ka Gakenke, barasaba ko umuhanda Vunga–Mugunga wakubakwa mu buryo burambye kuko umaze kubagiraho ingaruka zikomeye. Uwo muhanda ugenda wangirika cyane mu bihe by’imvura, amazi akawuzura bigatuma ibinyabiziga bitahanyura, bityo umusaruro w’abaturage ntugere ku masoko, n’imigenderanire ntigende neza. Umuhanda uturaka Nyabitare mu Murenge wa Mugunga ni imwe mu nzira […]

Continue Reading

AFC/M23 yerekeje amaso ku mijyi ya Uvira na Kisangani

Nyuma y’iminsi abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Nzibira wari ihuriro ndetse n’ahategurirwa ibitero by’ingabo za Leta ya Congo n’imitwe bafatanyije, batangaje ko bagomba kubohora Uvira, Mwenga na Kisangani. Umujyi wa Nzibira ni umwe mu y’ingenzi muri Kivu y’Amajyepfo, uzwiho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro arimo gasegereti na zahabu. AFC/M23 yafashe byuzuye uyu mujyi ku wa 22 […]

Continue Reading

Abanyakenya 20 batabawe bagiye gucuruzwa ngo bajye kurwanira u Burusiya muri Ukraine

Polisi yo muri Kenya yatangaje ko yatabaye abantu 20 bikekwa ko bari bagiye gucuruzwa ngo bahite boherezwa kurwanira u Burusiya mu ntambara buhanganyemo na Ukraine. Iki gikorwa cyabanjirijwe n’ubutasi bwakozwe hagenzurwa inzu yo gucumbikamo iri i Nairobi, ahafatiwe ibyangombwa birimo impapuro zikoreshwa mu ngendo mpuzamahanga, amabaruwa akubiyemo akazi bateganyirijwe n’ibindi. Umwe mu bakekwaho uruhare mu […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umugabo w’imyaka 35 akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 3

Mu Mudugudu wa Rubeho, Akagari ka Rugali, Umurenge wa Cyato, Akarere ka Nyamasheke haravugwa Tuyisenge Edouard w’imyaka 35 wasanzwe mu gikoni cy’iwabo asambanya umwana w’imyaka 3 w’umuturanyi, akaba yatawe muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kanjongo. Nyina w’uyu mwana, Uwingabiye Marguerite avuga ko bari kumwe iwe mu rugo, yinjira mu nzu amusize aho […]

Continue Reading

Nyamasheke: Abanyerondo 2 bafatiwe mu iduka bari kwiba

Abanyerondo 2 Ndayishimiye Elie w’imyaka 19 na Dusingizimana Emmanuel w’imyaka 25, bari mu irondo ry’umwuga ryacungaga santere y’ubucuruzi ya Banda, mu Mudugudu wa Gahira, Akagari ka Banda, Umurenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kanjongo nyuma yo gufatirwa na bagenzi babo mu iduka biba. Bafatiwe mu iduka rya Bankundiye Odette […]

Continue Reading

RFI igiye kujya ipima ADN z’abangavu bamaze ibyumweru bitandatu batwite mu kubaha ubutabera hakiri kare

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI) cyatangaje ko kigiye gutangira gupima uturemangingo ndangasano (ADN) tw’abangavu bamaze ibyumweru bitandatu batewe inda, kugira ngo hamenyekane abazibateye bityo babone ubutabera hakiri kare. Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Karangwa Charles mu bukangurambaga iki kigo cyari kiri gukorera mu turere dutanu two mu Ntara […]

Continue Reading