Umunyarwenya Japhet Mazimpaka wamamaye mu itsinda rya Bigomba Guhinduka, yagizwe Umuyobozi wa Televiziyo KC2, asimbuye Gloria Mukamabano uherutse kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2026, Mazimpaka yakoze ikiganiro cya nyuma asezera ku Magic Fm, aho yari asanzwe akora mu kiganiro cya mu gitondo, anashimira abafana be ku bw’inkunga bamuhaye mu rugendo rwe rwa Radio n’ubuhanzi.
Umunyamakuru Moses Iradukunda, bakunze guhurira mu kiganiro ‘Samedi Detente’ cya Radio Rwanda, yamwifurije amahirwe masa mu nshingano nshya.
Mu butumwa bwe, yagize ati: “Ndakwifuriza ishya n’ihirwe ku nshingano nshya wahawe. Bigaragaza ko ibyo wakoze byose byahawe agaciro. Genda, uteze imbere KC2. Nzakumbura ibiganiro byose twakoranye, ariko kandi nishimiye intambwe wateye.”


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

