RSSB TIGERS yanditse amateka igera muri playoffs za BAL 2026 itsinze Joburg giants.
Ikipe ya RSSB Tigers ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya Basketball Africa League 2026 nyuma yo gutsinda Joburg Giants amanota 102 kuri 89, ihita inabona itike ya Playoffs zizabera i Kigali muri Gicurasi 2026.
Uyu mukino wabereye muri SunBet Arena waranzwe n’ihangana rikomeye, ariko ikipe ya RSSB Tigers igaragaza urwego rwo hejuru cyane, cyane cyane mu gice cya nyuma cy’umukino aho yigaranzuye Giants burundu.
Uko umukino wagenze
Mu duce tune tw’umukino, Joburg Giants yatangiye neza, ariko Tigers igenda yisuganya buhoro buhoro. Amanota y’ibihe (quarters) yagaragaje ishusho y’umukino:
Q1: Giants 27 – Tigers 25
Q2: Giants 20 – Tigers 24
Q3: Giants 24 – Tigers 25
Q4: Giants 18 – Tigers 28
Mu gice cya nyuma (Q4), Tigers yatsinzemo amanota menshi (28) ari nabwo yahise ishyira ikinyuranyo kinini cyayihesheje intsinzi.
Leonard Craig Randall II ni we watsinze amanota menshi (39), anakora rebounds 6 na assists 5
Mangok Mathiang yigaragaje cyane atsinda amanota 32 ndetse akora rebounds 17, aba umukinnyi ufite index iri hejuru (43)
Antino Jackson yatanze assists 7 anatsinda amanota 13
Icyo wamenya kuri uyu mukino nuko Rssb tigers yakinnye idafite umukinnyi wayo ngenderwaho ukina imbere(forward) Teafale Leonard Jr kubera imvune yo ku kirenge. Iyi mvune ivugwa ko ari nto kandi biteganyijwe ko itazamubuza gukina imikino myinshi mu gihe azaba akenewe ku kibuga.ikindi cyabaye cyiza muri uyu mukino nuko umwan muto twizerimana cyiza chandelier wimyaka 21 yabonye iminota mike yo gukina kunshuro yambere muri BAL


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

