Senateri Gasana Alfred yatabarije inka za gahunda ya Girinka Munyarwanda, kuko ngo zititabwaho uko bikwiye kuko abazihabwa ahanini batabasha kuzivuza neza iyo zarwaye, bigatuma hari izipfa mu gihe bazihawe ngo zibafashe kwikura mu bukene.
Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Mata 2026, ubwo Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ndabamenye Telesphore, yagezaga ku Basenateri ibisubizo mu magambo ku buryo bwo gukuraho imbogamizi zigaragara mu guteza imbere ubworozi, akaba yari ahagarariye Minisitiri w’Intebe.
Senateri Gasana yavuze ko aho basuye mu Karere ka Gatsibo, basanze inka nyinshi zipfa ari iza gahunda ya Girinka, kubera kutitabwaho uko bikwiye.
Yagize ati “Ubwo twari mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kageyo, batugaragarije ko mu mubare w’inka zipfa inyinshi ari iza Girinka. Ikibitera, uretse impamvu z’imiti ivura amatungo ihenze, batubwiye ko na serivisi zitangwa na ba veterineri zihenze, kandi iyo urebye muri rusange izo nka zihabwa abantu batishoboye, batabasha kwishyura imiti na serivisi z’abaveterineri bigenga”.
Ati “Kandi muri rusange aho serivisi z’abaveterineri bigenga zikora neza, usanga abaveterineri b’imirenge batakijya mu buvuzi bw’amatungo. Ibyo rero birashyira inka za Girinka mu kaga, ko kuba imibare y’izipfa muri zo ishobora gukomeza kwiyongera, niba iki kibazo kititaweho, kidahagurukiwe, ngo ubuvuzi bw’inka za Girinka buhabwe umurongo, bariya ba veterineri b’imirenge bazikurikirane mu buryo bwihariye”.
Senateri Gasana yakomeje abaza uko iki kibazo bateganya kugikemura, kuko bagisanze muri Gatsibo ariko ko no mu tundi turere kivugwa.
Mu kumusubiza, Minisitiri Ndabamenye yavuze ko inka zose zaba iza Girinka n’izisanzwe z’abaturage, zigomba guhabwa serivisi uko bikwiye.
Ati “Ubundi iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi rireba buri Munyarwanda wese, ari aborozi bato ari abanini n’aba Girinka bose serivisi z’ubuvuzi zirabareba. Icyo twakoze ni ukugira ngo serivisi zihute, nko kuvuga ngo inka yarinze umuturage yabuze umuterera intanga, inka yagize umuriro yabuze umupimira, igisubizokiri aha ni uko inka za Girinka n’iz’umuturage ku giti cye, buri muturage ufite inka agomba kubona serivisi yo kuvurirwa cyangwa se gutererwa intanga iyo byabaye ngombwa”.
Ati “Ni ukunoza iyo gahunda rero, kugira ngo bamwe batitwaza ko bakora ku giti cyabo abandi ari abasanzwe, icyo duharanira ni ukugira ngo izo nka zose zaba iz’abaturage zisanzwe zaba iza Girinka zibone serivisi kandi nziza”.
Yakomeje avuga ko bakireba uko abaveterineri n’abagoronome bo ku mirenge bagira amabwiriza ngenderwaho afite imbaraga, kugira ngo bunganire abigenga ku buryo byazanagera aho na bo bajya mu bigenga.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

