Inzozi arsenal yarotaga zirasa nizigeze ku musozo nyuma yo gutsindwa na manchester city.

NEWS Sports

Ibitego bya Rayan Cherki na Erling Haaland byafashije Manchester City gutsinda Arsenal 2-1, iyisatira ku rutonde rwa Shampiyona y’u Bwongereza igeze mu mikino ya nyuma.

Uyu mukino w’Umunsi wa 33 wa Premier League, wari utegerejwe na benshi, wabereye kuri Etihad Stadium ya Manchester City kuri iki Cyumweru.

Iyi kipe yari mu rugo yatangiye umukino yotsa igitutu ku izamu rya Arsenal ndetse ku munota wa kane, yahushije igitego cyabazwe ku ishoti ryatewe na Rayan Cherki, Gabriel Magalhães arikoraho, umupira ukubita igiti cy’izamu uvamo.

Arsenal na yo yaje kwinjira mu mukino ndetse ikanyuzamo ikagera imbere y’izamu ariko ku munota wa 16, Rayan Cherki n’ubundi afungura amazamu ku mupira yari ahawe na Matheus Nunes.

Ku mukora wa 18, Umunyezamu wa Manchester City, Gianluigi Donnarumma, yakoze amakosa atinda gutera umupira, Kai Havertz ahita amugeraho, arekuye ishoti rikubita ku kirenge cy’uyu mukinnyi wa Arsenal, umupira ujya mu izamu.

Mu gice cya kabiri Arsenal yatangiye ikora impinduka, mu kibuga havamo Noni Madueke hajyamo Gabriel Martinelli.

Gusa yakomeje kurushwa na Manchester City ndetse ku munota wa 52, Erling Haaland yashoboraga gutsinda igitego cya kabiri ku buryo bwiza yari abonye imbere y’izamu, ariko ateye ishoti rinyura ku ruhande.

Nyuma yaho Arsenal yahushije uburyo bubiri yikurikiranya, Gabriel Martinelli atera ishoti ari imbere y’izamu ba myugariro barikuraho ndetse na Eberech Eze atera irindi shoti ariko rikubita igiti cy’izamu.

Byasabye gutegereza umunota wa 65, Erling Haaland atsinda igitego cya kabiri cyakoze ikinyuranyo mu mukino.

Nyuma yo gutsindwa, Arsenal yagerageje gushaka uko yishyura ndetse hazamo uguhangana cyane hagati ya Gabriel Magalhães na Haaland.

Kai Havertz yashoboraga kwishyurira Arsenal mu minota y’inyongera, ariko umupira mwiza yahawe akawukina n’umutwe, unyura hejuru y’izamu gato cyane.

Umukino warangiye Manchester City itsinze ibitego 2-1, igira amanota 67 ku mwanya wa kabiri, aho irushwa amanota atatu na Arsenal.

Man City y’Umutoza Pep Guardiola ishobora kunganya na Arsenal ndetse igafata umwanya wa mbere mu gihe yatsinda Burnley mu kirarane kizakinwa ku wa Gatatu.

Mu gihe hasigaye imikino itanu, Arsenal izigamye ibitego 37 naho Manchester City yo izigamye ibitego 36.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *