Gusubukura ibitero kuri Iran byari kwagura intambara no mu bindi bice

NEWS Politics

Umutwe udasanzwe w’Ingabo za  Iran, IRGC watangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel iyo bibeshya bagasubukuru ibitero baherutse gusubika, intambara bahanganyemo yari gukwira mu bice birenze Uburasirazuba bwo Hagati ikomeje kuberamo.

‎Ku Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026 Perezida wa Amerika Donald Trump, yatangaje ko we na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, bashobora gusubukura ibitero kuri Iran mu gihe yakomeza kwinangira ikanga gusinya amasezerano yo guhagarika intambara.

‎Ku munsi wakurikiyeho,Trump yatangaje ko yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe cyo gusubukura ibitero kuri Iran, avuga ko ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati byamubwiye ko hari ibiganiro bikomeye birimo kuba bishobora kuzasiga Iran yemeye guhara ibyo gutunga intwaro nucléaire.

Umutwe w’Ingabo za Iran udasanzwe wa IRGC watangaje ko gusubika ibi bitero ari amahitamo meza bakoze kuko ngo byari gutuma intambara ikwira no mu bindi bice bitari Uburasirazuba bwo Hagati.

Perezida Trump avuga ko ahanze amaso ibiganiro aho gusubukura intambara, nubwo Iran itahwemye gutangaza ko Trump yifuza ibihambaye.

Ku rundi ruhande, umuhora wa Hormuz ukomeje gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bitumbagira, ukomeje gukoreshwa bucece na bimwe mu bihugu byiyeregeza Iran kugira bibashe kuhatambutsa igitoro.

Reuters yatangaje ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Hyun, yatangaje ko amato yo muri iki gihugu atwaye igitoro yabashije gutambuka muri uyu muhora.

Ikinyamakuru, Mehr news agency, gikorera imbere muri Iran giherutse gutangaza  ko ubwato bw’u Bushinwa bwatangiye gutambuka nyuma yo kwemeranya na Iran uburyo ubwato bwabo bushobora gutambuka muri iyi nzira.

Iherezo ry’intambara Amerika na Israel bashoje kuri Iran kuva ku wa 28 Gashyantare 2026 rikomeje kwibazwaho, ni nyuma y’uko ibiganiro by’amahoro byitezweho guhagarika iyi ntambara bikomeje gutinda.

Umutwe wa gisirikare udasanzwe muri Iran(Islamic Revolutionary Guard Corps) ukomeje kwihagararaho imbere y’Ingabo za Amerika na Israel.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *