Abana 10 bazahagararira u Rwanda muri ‘FC Bayern Youth Cup 2025’

Abana 10 bazahagararira u Rwanda mu Irushanwa ry’Abatarengeje imyaka 16 “FC Bayern Youth Cup World Final” ritegurwa na FC Bayern Munich yo mu Budage, bakiriwe na Minisiteri ya Siporo. Ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025, ni bwo Minisiteri ya Siporo yatangaje ko Umuyobozi wa Isonga, Dr. Claireon Niyonsenga, yakiriye abana […]

Continue Reading

Joy-Lance Mickels w’Amavubi yavunitse imbavu

Sabah FK ikinamo rutahizamu Joy-Lance Mickels waherukaga guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ bwa mbere, yatangaje ko uyu mukinnyi yavunitse imbavu, na we yemeza ko atazitabira iyi mikino. Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025 ni bwo Sabah FK yatangaje amakuru mashya ku mvune uyu mukinnyi yagiriye mu mukino w’Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona […]

Continue Reading

Bwiza na Chriss Eazy mu bazasusurutsa ibirori byo gusoza UCI

Abahanzi bari mu bakunzwe mu muziki nyarwanda Bwiza, Chriss Eazy na Mc Brian bazatarama mu birori bizasoza Shampiyona Mpuzamahanga y’Isi y’Amagare (UCI 2025) Mu gihe habura amasaha kugira ngo UCI isozwe hanatangwa ibihembo hateguwe igitaramo kizaherekeza iryo siganwa ari nabyo abo bahanzi bazataramamo. Ku nteguza y’ibyo birori, Bwiza yasangije abakunzi be kuri konti ye ya […]

Continue Reading

Ukuri ku ifoto y’umukozi wa Croix Rouge yakwirakwiriye ku mbuga asa n’uhana nimero n’umukinnyi w’amagare

Kimwe mu bikomeje guherekeza Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, ni amafoto atandukanye yo muri iri rushanwa. Imwe mu yarikoroje ni iyafashwe na B&B Fm Kigali, umukinnyi umwe afite telefoni mu ntoki ahagaze aganira n’umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda. Benshi mu bayibonye bakomeje kuyigarukaho cyane bagaragaza ko uyu mukinnyi yasabaga nimero uyu mukobwa […]

Continue Reading

Ikipe y’u Rwanda y’Abangavu U20 yerekeje muri Nigeria

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 20 (U20) yerekeje muri Nigeria gukina umukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizaba mu 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, ni bwo abakinnyi, abatoza n’abandi baherekeje Ikipe y’u Rwanda y’Abangavu bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege […]

Continue Reading

Dembélé yegukanye Ballon d’Or

Rutahizamu wa Paris Saint-Germain n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Ousmane Dembélé, yegukanye Ballon d’Or ku nshuro ya mbere, nyuma yo gutorwa nk’umukinnyi mwiza wahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2024/25. Mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025, ni bwo muri Théâtre du Châtelet i Paris hatangiwe ibihembo byari bikurikiwe n’abarenga miliyoni 400 […]

Continue Reading

Amagare: Bäckstedt yegukanye ITT mu bakobwa batarengeje imyaka 23

Umwongerezakazi Zoe Bäckstedt, yegukanye Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe ku bakobwa batarengeje imyaka 23 mu bagore (ITT) akoresheje iminota 30 n’amasegonda 56. Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025, ni bwo hakinwe umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Isi y’Amagare mu byiciro by’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23 basiganwa […]

Continue Reading

Tadej Pogačar nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare yageze i Kigali

Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Shampiyona y’Isi izabera i Kigali tariki 21-28 Nzeri 2025. Pogačar usanzwe ukinira Ikipe ya UAE Team Emirates XRG, ari mu bakinnyi icyenda bagize Ikipe y’Igihugu y’Abagabo ya Slovenia izitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare ya […]

Continue Reading

UEFA Champions League: Real Madrid na Arsenal zatangiye neza

Imikino ya UEFA Champions League ya 2025/26 yatangiye guca ibintu, aho amakipe akomeye yo ku mugabane w’u Burayi yatangiye kwerekana ko yiteguye guhatanira igikombe cy’uyu mwaka. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025, Arsenal yatsinze Atletico Bilbao ibitego 2-0 mu gihe Real Madrid yatsinze Olympique de Marseille ibitego 2-1. Umukino wabimburiye […]

Continue Reading

Ubuyobozi bwa CECAFA bwasabye imbabazi APR FC

Nyuma y’uko APR FC yegukanye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025, ubuyobozi bwa CECAFA bwiseguye ku makosa yabaye, bigatuma iyi kipe itahabwa imidali ku gihe nk’uko byari biteganyijwe. Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yatsinze KMC igitego 1-0 cyatsinzwe na Memel Raouf Dao, bituma isoza iri rushanwa iri ku mwanya wa gatatu. Nyuma y’umukino, APR […]

Continue Reading