Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yukurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92.
Iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yanditse aya mateka nyuma y’uko ibaye kandi n’iya mbere yabonye itike iyijyana mu mikino ya nyuma ya kamarampaka (Playoffs) muri Conference ya Kalahari.
Muri uyu mukino kandi uretse amateka RSSB Tigers ikomeje gukora, umukinnyi wayo Leonard Craig Randall II, nawe yashyizeho agahigo gashya muri BAL, ko gutsinda amanota menshi mu mukino umwe (54) ndetse no gutsinda atatu inshuro nyinshi, aho yayatsinze inshuro 11 aho kari gasanganywe gafitwe na Jo Lual Acuil, wari watsinze amanota 42 mu mukino umwe mu mwaka wa 2024.

Ibi byemejwe ku wa Gatanu, tariki ya 3 Mata 2026, nyuma y’umunsi w’imikino waranzwe n’impinduka ku rutonde, nubwo hari andi makipe atari yakinnye kuri uwo munsi harimo na RSSB Tigers.Ku wa Gatanu, ikipe ya RSSB Tigers yari ifite umunsi w’ikiruhuko, gusa nubwo itakinnye, yahise ibona itike ya Playoffs bitewe n’uko kugeza ubu imikino yose imaze gukina nta numwe iratakaza, bituma igira amanota yuzuye.
Ikindi cyayifashije ni uko Nairobi City Thunder byari bihanganye, yaje gutsindwa ku nshuro ya gatatu mu mikino ine imaze gukina, bituma itakaza amahirwe yo guhita ibona itike iyemerera kujya mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) ako kanya.Ibi byahise bituma RSSB Tigers, bidasubirwaho ikora amateka ihita iba ikipe ya mbere ibonye itike mu makipe azakina imikino ya nyuma, itarinze itegereza ibivuye mu mukino itsinzemo Dar City BBC.
Ku rundi ruhande, Petro de Luanda nayo yabaye iya kabiri ibonye itike muri iri rushanwa, nyuma yo gutsinda Dar City amanota 100 kuri 75 mu mukino wabaye ku wa Gatanu nijoro.Iyo ntsinzi yatumye Petro igira intsinzi eshatu mu mikino ine imaze gukina (yatsinze 3, itsindwa 1), ihita ikurikira RSSB Tigers nk’ikipe ya Kabiri ibonye itike yo kuzakina imikino ya nyuma izabera I Kigali.
Kugeza ubu birakomeye ku yindi myanya ibiri isigaye kugira ngo haboneke amakipe agomba kubona itike ya Playoffs aho makipe arimo Al Ahly Ly, Dar City, Nairobi City Thunder ndetse na Johannesburg Giants, yose agifite amahirwe yo kuvamo abiri agera muri Playoffs, bituma imikino iza gukinwa kuri uyu wa Gatandatu iza kuba ikomeye cyane.
Nyuma y’uyu mukino wa RSSB irakina na DAR City, hagiye gukurikiraho undi mukino ufite ikomeye uteganyijwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00) ugiye guhuza Johannesburg Giants ikina na Al Ahly Ly. Iyi mikino yose iri kubera muri SunBet Arena i Pretoria, muri Afurika y’Epfo.




What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

