Byinshi  ku cyorezo cya Ebola u Rwanda rukomeje gukurikiranira hafi.

Ebola ni indwara iterwa na virusi yitwa Ebola. Ubwoko bwa Virusi bwayo  bwabonetse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) na Uganda  bwahawe izina rya “Bundibugyo Virus (BDBV)”. Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko ubusanzwe virusi ya Ebola yibera mu mubiri w’ubwoko bumwe bw’uducurama ntidutere kurwara ariko tukayikwirakwiza. Iyo Minisiteri ivuga ko Ebola yibasira abantu ndetse n’inyamanswa z’inyamabere zo mu […]

Continue Reading

Burundi: Miss yambuwe ikamba nyuma yo kwaka ubuhungiro mu Gihugu cy’ i Burayi.

Abategura irushanwa rya Miss Burundi batangaje ko umukobwa wakunzwe cyane mu irushanwa rya Miss Burundi 2025 (Miss Populaire) yambuwe ikamba kuva ku wa 18 Gicurasi 2026, ndetse abuzwa kongera gukoresha ibirango by’iri rushanwa. Kompanyi INGO s.a itegura ayo marushanwa y’ubwiza yavuze ko Mugisha Monica Celeste yambuwe ikamba yari yahawe kubera amakosa yo gukora ingendo mu […]

Continue Reading

AFC/M23 yamaze kubona abantu 189 bahuye n’uwanduye Ebola i Goma.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ryamaze gutahura abantu 189 bahuye n’uwanduye icyorezo cya Ebola wagaragaye mu Mujyi wa Goma tariki ya 17 Gicurasi 2026. Umuyobozi wa laboratwari ya RDC (INRB), Prof. Jean Jacques Kayembe, yasobanuye ko umurwayi wa Ebola wagaragaye i Goma yahageze avuye mu Mujyi wa Bunia […]

Continue Reading

Qatar Airways igiye gusubukura ingendo zerekeza i Kigali

Sosiyeti y’indege ya Qatar Airways yatangaje ko igiye gusubukura ingendo z’indege zerekeza i Kigali, nyuma y’igihe zari zimaze zarahagaritswe kubera intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati. Amakuru dukesha ikinyamakuru Travel PRNews nuko izi ngendo zizasubukurwa guhera ku itariki ya 16 Kamena 2026 Izi ngendo zari zarahagaze muri Gashyantare kubera impamvu z’umutekano zatewe n’ibihe by’intambara mu […]

Continue Reading

Kenya: Abantu Bane bapfiriye mu myigaragambyo yaba ‘Gen Z’.

Abantu bane baguye mu mpanuka yabereye mu myigaragambyo yakozwe n’urubyiruko rwo muri Kenya ku wa 18 Gicurasi 2026 mu muhanda munini wa Thika uhuza Umurwa Mukuru Nairobi n’agace kahariwe inganda ka Thika. Uru rubyiruko ruri kwigaragambya rwamagana izamuka rikabije ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli. NTV Kenya yanditse ko impanuka yabereye i Kimbo muri Riuru ku munda […]

Continue Reading

Rusizi: Indi mipaka 2 ihuza u Rwanda na RDC yafunzwe kubera Ebola.

Nyuma y’amasaha make imipaka ihuza u Rwanda na Repebulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu ifunzwe kubera icyorezo cya Ebola, kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026 indi mipaka ibiri yo  mu Karere ka Rusizi nayo yafunzwe. Aya makuru yahamijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi aho bwemeje ko imipaka ya Rusizi ya […]

Continue Reading

RIB yemeje ko Yampano yamaze gutwabwa muri Yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwemeje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien wamamaye mu muziki nka Yampano, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho, kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi. Mu kiganiro Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yagiranye i n’Ikinyamakuru igihe , Yagize Ati “Ku wa 16 Gicurasi 2026, RIB yafunze Uworizagwira Florien wamamaye […]

Continue Reading

Umutingito wahitanye babiri abarenga 7000 bava mu byabo mu Bushinwa

Umutingito uri ku gipimo cya 5.2 ku bipoko bya magnetude,  wibasiye agace ka Guangxi mu Majyepfo  y’Uburengerazuba bw’u Bushinwa, uhitana abantu babiri  abarenga 7,000 bo mu mujyi wa Liuzhou barahunga.‎‎Uyu mutingito wibasiye u Bushinwa mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026.‎‎Ibinyamakuru by’imbere mu Bushinwa byatangaje ko abantu babiri bamaze kwemezwa ko […]

Continue Reading

Abanyarwanda bakoze urubuga rucururizwaho imiziki.

Urwego rw’ubuhanzi mu Rwanda rumaze igihe rugaragaza ikibazo cy’nyungu y’intica ntikize abakora umuziki bakuramo kandi baba biyushye akuya. Nubwo ibihangano byabo bikoreshwa henshi mu tubari, ku maradiyo no ku mbuga zitandukanye, benshi bavuga ko amafaranga ava muri ibyo bihangano atabageraho uko bikwiye. Mu rwego rwo gushaka igisubizo kuri iki kibazo, ‘Dream Record’ yamuritse urubuga rwa […]

Continue Reading

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangiye gutekereza kwegura.

Umwe mu bayobozi bakomeye mu Bwongereza yatangaje ko Minisitiri w’Intebe, Keir Starmer, yatangiye gutekereza uburyo bwiza bwo kwegura ku mwanya we kubera ibibazo bya politiki bikomeje kwiyongera mu ishyaka rye. Keir Starmer utaramara imyaka ibiri ayoboye u Bwongereza, Guverinoma ye ikomeje guhura n’ikibazo cyo gutakarizwa icyizere n’abaturage no kutumvikana kw’abagize Ishyaka ry’Abakozi riri ku butegetsi […]

Continue Reading