Burundi: Bujumbura humvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye.

NEWS Politics

Mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi, Bujumbura, kuri uyu mugoroba humvikanye urusaku rukomeye rw’ibiturika, nk’uko byatangajwe n’imbuga nkoranyambaga zinyuranye.

Aha, ngo hakomeje kumvikana urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba mu bice byinshi by’umujyi aho bamwe mu baturage batangiye no guhunga ingo zabo, batinya ko umutekano ushobora kurushaho kuzamba.

Ababibonye bavuga ko ibyo biturika bisa n’aho biri guturuka mu kigo cya gisirikare giherereye mu gace ka Musaga, mu majyepfo y’Umujyi wa Bujumbura.

Ubundi butumwa ariko, binyuza kuri twitter yanditseho Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu na yo yahereye ko yihutira gutanga itangazo, ivuga ko ari intwaro zo mu Kigo cya Gisirikare cy’i Bujumbura zahiye, ariko amakuru ntiyavuzweho rumwe.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *