Kapiteni Bizimana Djihad Yijeje abanyarwanda Gutwara igikombe baheruka 1999.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Bizimana Djihad, yasabye Abanyarwanda kongera kubashyigikira kuko biteguye gukora byose bakegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 kizandikwa mu mateka. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, gitegura umukino wa nyuma w’imikino ya FIFA Series iri kubera i Kigali. […]

Continue Reading

AFC/M23 yateye utwatsi ibyo kuva mu bice bimwe yari yarafashe.

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ibikorwa birimo kugaragara ku mirongo inyuranye yo ku rugamba ari ibisanzwe byo “guhinduranya imitwe y’ingabo”, nyuma y’iminsi bivugwa ko abarwanyi baryo bari kuva mu birindiro byabo mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuvugizi wa AFC/M23 Lawrence […]

Continue Reading

Abanyamerika babyukiye mu mihanda Bamagana ubutegetsi bwa Donald trump.

Imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana ubuyobozi bwa Trump yabereye mu mijyi yo muri Amerika itandukanye, bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu habaye iyi myigaragambyo yiswe “No Kings”. Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko bigaragambije bamagana politiki za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, zirimo intambara yo muri Iran, iy’abinjira n’abasohoka muri Amerika ndetse n’izamuka […]

Continue Reading

Burundi: Umugore yafatanywe umurambo w’umwana we mu ivalisi bikekwako ariwe wamwiyiciye.

Umugore yafatiwe mu mujyi wa Ngozi afite umurambo w’umwana we, bikavugwa ko yamwishe umurambo akawushyira mu ivalisi. Uwo mugore yafatiwe mu mujyi wa Ngozi mu Ntara ya Butanyerera, mu gito cyo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2026. Amakuru avuga ko yari afite umurambo w’umwana we uri mu ivarisi nkuko tubikesha ikinyamakuru cy’i Burundi […]

Continue Reading

Nepal: Minisitiri w’Intebe yafunze uwo yasimbuye nyuma y’umunsi umwe ku butegetsi.

KP Sharma Oli wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Nepal, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo yabaye umwaka ushize igahitana abantu benshi. Yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Werurwe 2026 asanzwe iwe mu rugo. Nyuma yahise ajyanwa kwa muganga mu Murwa Mukuru i Kathmandu kugira ngo akorerwe isuzuma […]

Continue Reading

Umunyarwenya Isacal wo muri Gen-Z Comedy yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we .

Umunyarwenya wamamaye mu bitaramo bya Gen-Z Comedy, Niyigena Isacal, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Dushimumukiza Rosalie Gicanda, mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026. Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali, aho aba bombi bemeranyije kubana nk’umugabo n’umugore imbere y’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda. Mu kiganiro […]

Continue Reading

Rutsiro: Umusore yasanzwe mu mugozi bikekwa ko yiyahuye.

Umusore witwa Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 24, wari utuye mu Murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, yasanzwe mu mugozi yapfuye hakekwa ko yapfuye yimanitse. Mu Mudugudu wa Gisunzu mu kagari ka Shyembe mu Murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro niho uwo musore witwa Nizeyimana Jean Claude bikekwa ko yiyahuye yabarizwaga. Amakuru atangwa n’abaturage […]

Continue Reading

Mu mukino warebwe na Perezida Kagame amavubi yanyagiye Grenada atanga ibyishimo ku banyarwanda.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Amavubi yanyagiye Grenada 4-0 mu mukino w’amateka wa FIFA Series 2026 wakurikiwe na Perezida Kagame muri Stade Amahoro. ‎Uyu mukino watangiye Saa Tatu z’ijoro, utangirana imbaraga ku makipe yombi, ariko ikipe y’igihugu y’u Rwanda ukabona ko iri imbere nk’ikipe iri mu rugo, iminota 15 irangiye ikipe y’igihugu ya Grenada yasubiye inyuma maze […]

Continue Reading

RSSB Tigers yatangiye neza muri BAL itsinda Al ahli yari ifite iki gikombe.

RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yatangiye neza BAL 2026 itsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya amanota 103-95 mu mukino wa mbere wa Kalahari Conference iri kubera i Pretoria muri Afurika y’Epfo. Uyu mukino wabimburiye indi muri iri tsinda, wari witezwe cyane kuko Al Ahly Benghazi yaherukaga muri 2024 itsindirwa ku mukino wa nyuma, mu […]

Continue Reading

Rafael York yasinyiye ikipe yo muri koreya y’Epfo.

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Rafael York, yakoze amateka yo kuba Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Koreya y’Epfo nyuma yo gusinyira ikipe ya FC Anyang avuye muri IK Oddevold. ‎Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026 ni bwo iyi kipe ibarizwa mu Cyiciro cya Mbere […]

Continue Reading

Brig Gen (Rtd) Dr. Kalimba uri  mu Ngabo zabohoye igihugu yatabarutse.

Brig Gen (Rtd) Dr. Norbert Kalimba  wahoze mu ngabo zabohoye igihugu, yitabye Imana ku wa 24 Werurwe 2026,  azize uburwayi.  Uyu mugabo ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside,  yitabye Imana ku myaka 67, aguye mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, aho yari amaze igihe aharwariye. Brig Gen […]

Continue Reading