RSSB Tigers ihagararariye u Rwanda muri BAL 2026, yatsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 82-78, ibona intsinzi ya kabiri muri Kalahari Conference.
Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026. Wari uhanzwe amaso kuko amakipe yombi ahabwa amahirwe yo kuyobora iri tsinda.
Ni umukino watangiye ugenda gake cyane amakipe yombi atsinda amanota make kuko karangiye Petro de Luanda iyoboye n’amanota 17 kuri 12 ya Tigers.
Mu gace ka kabiri, iyi kipe ihagarariye u Rwanda yagerageje kwinjira mu mukino, abarimo Ntore Habimana, Leonard Craig Randall bayitsindira amanota menshi. Iyi kipe yatsinze aka gace ku manota 22-19.
Muri rusange, igice cya mbere cyarangiye ikinyuranyo cyatangiye kugabanyuka, icyakora Petro de Luanda yakomeje kuyobora umukino n’amanota 36 kuri 34 ya RSSB Tigers.
Mu gace ka gatatu, umukino wongeye kwihuta amakipe yombi azamura amanota yatsindaga, aho Mangok Mathiang Ayub na Teafale Lenard Jr batsindiraga Tigers amanota menshi.
Ku rundi ruhande, Childe Dundao, Kacuol Dut Jok na Abou Bacar Pedro Gakou batsindiraga ikipe yo muri Angola. Aka gace, RSSB Tigers yagatsinze ku manota 23-20.
Agace ka gatatu karangiye RSSB Tigers yigaranzuye Petro de Luanda iyobora umukino n’amanota 57 kuri 56.
Ikipe ihagarariye u Rwanda yagiye mu gace ka nyuma yariye amavubi Leonard Craig Randall na Teafale Lenard Jr batsinda amanota menshi, ikinyuranyo kirazamuka kigera mu manota 10 (72-62).
Mu minota ya nyuma, Petro yagerageje kugabanya ikinyuranyo ariko RSSB Tigers yihagararaho.
Umukino warangiye RSSB Tigers yatsinze Petro de Luanda amanota 82-78. Ni intsinzi ya kabiri kuri iyi kipe ihagarariye u Rwanda kuko yatsinze Al Ahly Benghazi mu mukino ubanza.
Ni umukino wa mbere iyi kipe yo muri Angola yatsinzwe kuko yaherukaga gutsinda Al Ahly Benghazi amanota 104-90.
RSSB Tigers izasubira mu kibuga ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026 ikina na Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo.





What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

