Iby’ingenzi ku biganiro bizahuriza Leta ya RDC na AFC/M23 mu Busuwisi.

Kuva tariki ya 13 kugeza ku ya 17 Mata 2026, intumwa z’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’ihuriro AFC/M23 zizahurira mu biganiro by’amahoro mu Busuwisi. Umuhuza, Leta ya Qatar, ni we wasabye u Busuwisi kwakira ibi biganiro byari bisanzwe bibera i Doha bitewe n’intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byashoje kuri Iran, […]

Continue Reading

NESA yatangaje uko ingendo z’abanyeshuri bitegura igihembwe cya gatatu zizakorwa.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri, abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi uko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri kuva ku wa 17-20 Mata 2026. Ni mu itangazo iki kigo cyashyize hanze ku wa 10 Mata 2026. Ni ingengabihe izafasha gutangiza igihembwe cya gatatu ari na cyo cyanyuma cy’umwaka w’amashuri wa […]

Continue Reading

Karongi: Yafunzwe akekwaho kugira uruhare muri Jenoside nyuma y’imyaka irenga 30 yihisha.

Inzego z’ibanze ku bufatanye n’inzego z’umutekano zo mu Karere ka Karongi zafunze umugabo w’imyaka 63 witwa Murakaza Valens ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umaze imyaka irenga 30 yihisha ubutabera Murakaza Valens ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umaze imyaka irenga 30 yihisha ubutabera. Murakaza yafatiwe aho atuye mu Mudugudu wa Rutabi mu Kagari ka […]

Continue Reading

Ukraine yigambye guhanura drones nyinshi za Iran.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zahanuye drones nyinshi z’ubwiyahuzi za Iran zoherejwe kurasa mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati Ingabo za Ukraine zimaze igihe zihanganye n’ibitero bya drones zo mu bwoko bwa Shahed u Burusiya bwahawe na Iran. Zemeza ko zimaze kuba inzobere mu kuzihanura, zifashishije ubwirinzi buhendutse kuzirusha. […]

Continue Reading

#Kwibuka32 :Tariki ya 10 Mata 1994 Abatutsi barenga 3700 barishwe i Kiziguro

Inyandiko zigaragaza uko Jenoside yakozwe hirya no hino mu gihugu, zerekana ko ku wa 10 Mata 1994 wari umunsi w’ubwicanyi mu zahoze ari Perefegitura za Kigali Ngari, Gikongoro, Gisenyi, Byumba, Kibungo na Cyangugugu. Muri icyo gihe Abafaransa bakomeje gufasha guverinoma y‘abicanyi yayoborwaga na Minisitiri w’intebe Jean Kambanda kuvana abantu mu Rwanda, bajyanwa mu Bufaransa. Harimo […]

Continue Reading

Israel na Liban bitegerejwe mu biganiro by’amahoro

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yategetse ko hatangizwa ibiganiro na Liban bizanaganirwamo ingingo yo kwambura intwaro umutwe wa Hezbollah. Israel yubuye ibitero ku mutwe wa Hezbollah ukorera muri Liban ku wa 2 Werurwe, ubwo uyu mutwe ushyigikiwe na Iran watangiraga kurasa ku butaka bwa Israel. Kuva icyo gihe Israel yarasaga muri Iran […]

Continue Reading

Leta ya Michigan yemeje tariki ya 7 Mata nk’umunsi wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeje ko tariki ya 7 Mata izajya yifatanya n’umuryango mpuzamahanga mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rwego rwo guha icyubahiro abayizize, gushyigikira abarokotse, guharanira ukuri no kurwanya ibikorwa byo kuyihakana no kuyipfobya. Iyi ntambwe itewe mu gihe Amerika yakoresheje ku nshuro ya mbere inyito […]

Continue Reading

Urubyiruko n’abayobozi bahuriye mu gikorwa cya Our Past cyo kuganira ku mateka ya Jenoside.

Urubyiruko ruturutse hirya no hino mu gihugu rwahuriye mu busitani bwo kwibuka buri ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyiswe ‘Our Past’, kigamije kuganira no kwiga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Urubyiruko ruturutse hirya no hino mu gihugu rwahuriye mu busitani bwo kwibuka buri ku rwibutso rwa Jenoside […]

Continue Reading

Umuhanzi Neg G the General yasuwe n’umushyitsi apfira iwe.

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yapfuye urupfu rutunguranye ubwo yari amaze igihe gito ageze mu rugo rw’uwo muhanzi. Ni urupfu rwabaye mu ijoro ry’itariki 8 rishyira iya 9 Mata 2026 mu Kagari ka Kamuhoza, Umurenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, aho Ngenzi […]

Continue Reading

Bwa mbere ibiganiro hagati ya Kinshasa na AFC/M23 bigiye kubera i Burayi.

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye aravuga ko ibiganiro byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23 bigiye kongera gusubukura bikazabera i Burayi ku nshuro ya mbere. Biravugwa ko ibi biganiro bitegurwa na Qatar kuri iyi nshuro bigiye kubera mu Busuwisi bikazatangira ku wa Mbere, itariki 13 Mata kugeza ku […]

Continue Reading

Agahenge ka Amerika na Iran kajemo kidobya katamaze kabiri.

Agahenge Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zemeranyijeho na Iran kajemo kidobya, biturutse ku bitero Israel yagabye muri Liban, bikagwamo abarenga 250. Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 ni bwo Perezida Trump wa Amerika yatangaje ko bemeranyije na Iran ku bijyanye no guhagarika imirwano mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Iran na yo […]

Continue Reading