Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Tchad wakinaga mu cyiciro cya kabiri muri afurika y’Epfo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro wo hagati, Charles Tchouplaou wakiniraga Ikipe ya Casric Stars FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Afurika y’Epfo. Uyu mukinnyi w’imyaka 25, wavukiye muri Cameroun ndetse ufite uburebure bwa metero 1,99, yageze muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2025. Mbere yaho yakiniye CR Bernoussi muri Maroc, Colombe Sport […]

Continue Reading

Espagne: Ibihumbi by’abakirisitu bakiriye Papa Léon XIV i Barcelone

Papa Léon XIV yageze ku Kibuga cy’Indege cya Barcelone-El Prat saa 12:45 z’amanywa ku isaha yaho, nyuma y’uruzinduko yari amaze kugirira i Madrid. Akigera i Barcelone, yakiriwe n’imbaga y’abakirisitu bari buzuye mu mihanda ikikije katedarali y’umujyi, bamugaragariza ibyishimo byinshi. Mu isengesho rya saa sita z’amanywa, Papa Léon XIV yabwiye abakirisitu mu ndimi ebyiri, ari zo […]

Continue Reading

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama yo kutiyamamaza.

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu agomba kurekera kuyobora iki Gihugu ubwo manda yemerewe ziza zirangiye, akajya kuba Umusenateri uhoraho. Moïse Katumbi yabitangaje mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje umugambi wo gushaka guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu […]

Continue Reading

Urukiko rwategetse ko Yampano afungwa iminsi 30 Y’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Uworizagwira Florient alias Yampano afungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Mageragere. Urukiko rwasomeye mu ruhame umwanzuro w’urubanza, Ubushinjacyaha bukurikiranyeho Yampano. Ku itariki 9 Kamena 2026 nibwo Urukiko rwasuzumye impamvu zikomeye zishingiye ku bimenyetso bishobora gushingirwaho mu guhabwa iminsi 30 y’agateganyo.  Ku cyaha cyo gukoresha ibikangisho n’icyaha cy’ifungirana ry’umuntu […]

Continue Reading

Umusifuzi wa mbere muri Afurika ntazasifura Igikombe cy’Isi nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Amerika.

Omar Artan wari ugiye gukora amateka yo kuba Umunya-Somalia wa mbere usifuye Igikombe cy’Isi, yakuwe ku rutonde rw’abazasifura iri rushanwa nyuma y’uko yangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Artan yatowe nk’Umusifuzi w’umwaka wa 2025 n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF). Yari ku rutonde rw’abasifuzi barindwi bo muri Afurika bazasifura Igikombe cy’Isi kizatangira ku […]

Continue Reading

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mwiherero ugamije guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigize Urwego rushinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu Ngabo z’Igihugu zatangije umwiherero ugamije kwiga ku buryo bwo kurushaho kwimakaza ihame ry’uburinganire no kongerera ubushobozi abagore n’abagabo bakorera mu Ngabo z’u Rwanda. Uyu mwiherero w’iminsi itatu, watangiye ku wa Mbere, tariki ya 8 Kamena 2026, uri kubera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare […]

Continue Reading

Papa Leo XIV ufana Real Madrid yasuye Santiago Bernabéu, yakirwa bidasanzwe.

Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru. Kuva ku wa Gatandatu tariki ariki ya 6 Kamena, Umushumba […]

Continue Reading

Mu Rwanda hagiye gushyirwaho ikigo gishinzwe ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano

Mu Rwanda hagiye gushyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge buhangano (AI), kikazafasha mu kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga, guhanga udushya, no gushyira mu bikorwa ishoramari n’imiyoborere. Ni umwe mu myanzuro wemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Uyu mwanzuro wemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu gihe hari hashize […]

Continue Reading

SKOL yatandukanye burundu na Rayon Sports nyuma y’imyaka 12 bakorana.

Uruganda rw’ibinyobwa rwa SKOL Brewery Ltd (SBL) rwatangaje ko rwahagaritse imikoranire yari imaze imyaka 12 hagati yarwo n’Ikipe ya Rayon Sports rwari rubereye umuterankunga mukuru. SKOL yabitangaje binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru yashyize ahagaragara kuri uyu wa 8 Kamena 2026, ivuga ko “amasezerano y’impande zombi yageze ku musozo.” Tariki ya 15 Gicurasi 2014 ni bwo […]

Continue Reading

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro.

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya kwivuza akarara mu Bitaro. Uyu muhanzi uzwi nka Platini P. arwariye mu Bitaro bya CHUK kuva kuri iki Cyumweru tariki 07 Kamena 2026 nk’uko amakuru yizewe atugeraho abyemeza. Uwaduhaye amakuru avuga ko ko Platini yabanje […]

Continue Reading