Perezida Kagame yavuze ku mubano w’u Rwanda na Tanzania, asaba ibihugu by’Akarere kunga ubumwe.

Perezida Paul Kagame yashimye mugenzi we wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, wamwakiriye, ashimangira ko bagiranye ibiganiro bigamije gushyira imbaraga mu mubano ibihugu byombi bisanganywe, anasaba ibihugu byo mu karere kunga ubumwe. Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026, ubwo yagiriraga uruzinduko rw’umunsi umwe muri Tanzania. Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa […]

Continue Reading

Rwamagana: Umusore yaburiwe irengero ku munsi w’ubukwe bwe.

Umusore w’imyaka 26 wari usanzwe akora muri rumwe mu nganda zikorera mu cyanya cy’inganda cya Rwamagana, yaburiwe irengero ku munsi w’ubukwe bwe, inzego z’umutekano zihita zitangira kumushakisha. Uyu musore yaburiwe irengero guhera mu rukerera rwa tariki ya 2 Gicurasi aho yashakishijwe aho yari atuye mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Bishenyi akabura. Mu butumire […]

Continue Reading

Perezida Ruto yongereye 12% ku mushahara w’abakozi ba leta.

Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto, yatangaje ko umushahara w’abakozi ba Leta bose mu gihugu uziyongeraho 12%, uw’abakora mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi wiyongereho 15%. Yatangaje aya makuru meza ku wa 1 Gicurasi 2026, ubwo Abanyakenya bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo, asobanura ko yafashe iki cyemezo kugira ngo bazashobore no guhangana n’ikibazo cy’ibiciro biri gukomeza kuzamuka. […]

Continue Reading

Perezida Kagame ategerejwe muri Tanzania

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Tanzania, mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe azagirira muri iki gihugu ku Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026. Amakuru y’uru ruzinduko yemejwe na Perezidansi ya Tanzania, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi. Muri uru ruzinduko, Perezida Paul Kagame azakirwa anagirane ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, […]

Continue Reading

‎Mu misifurire itavugwaho rumwe Rayon Sports yanganyije na APR FC yuzuza imyaka itatu idatsinda mukeba

‎Ikipe ya Rayon Sports n’iya APR FC zagabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona (BK Pro League) wabereye kuri Stade Amahoro. Muri uyu mukino wari witabiriwe n’abafana bari ku kigero cya 80%, Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ndikumana Asman ku munota wa 32 […]

Continue Reading

Al Ahly SC yegukanye ’CAVB Men’s Club Championship 2026’ yaberaga i Kigali.

Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], itsinze Police VC amaseti 3-0 (20-25, 21-25, 22-25). Umukino wa nyuma usoza iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 47, wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026. Al Ahly SC yanditse amateka […]

Continue Reading

Antoine Cardinal Kambanda, yatangaje ko Kiliziya Gatolika yiteguye Gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu iyogezabutumwa.

Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yatangaje ko Kiliziya Gatolika yiteguye kwinjira byimazeyo mu ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI) mu iyogezabutumwa, mu rwego rwo kugera ku bantu benshi cyane cyane urubyiruko ruri mu isi y’ikoranabuhanga. Yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026, […]

Continue Reading

Leta yishyuye arenga Miliyoni 46 Frw abakozi bayitsinze mu manza muri 2025.

Gufata ibyemezo bidakurikije amategeko byatumye Leta y’u Rwanda ijya mu manza n’abakozi ndetse itsindwa  23% byazo mu mwaka ushize wa 2025, yishyura asaga miliyoni 46 Frw arimo n’indishyi z’akababaro. Raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2024/2025 ya Komisiyo y’ Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), igaragaza ko yakurikiranye imanza zirebana n’umurimo zaciwe, igasanga inzego za Leta 22 […]

Continue Reading

Meteo Rwanda yatangaje ko muri Gicurasi hateganyijwe imvura nke ugereranyije n’isanzwe ihagwa.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu ntangiro za Gicurasi 2026, imvura nyinshi yaguye mu kwezi gushize, izagabanukaho milimetero hafi 100 ndetse muri rusange izaba nkeya ugereranyije n’impuzandengo y’imvura yari isanzwe igwa muri uku kwezi. Meteo Rwanda yagaragaje ko mu kwezi kwa Gicurasi mu Rwanda hateganjijwe imvura iri hagati milimetero 50 na 230 kandi […]

Continue Reading

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika.

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ya Volleyball ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 (25-20, 22-25,25-17,25-21). Uyu mukino wa ½ wari utegerejwe cyane wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026 muri BK Arena. Police VC […]

Continue Reading