Ku nshuro ya Kabiri mu mateka Arsenal igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Arsenal yatsinze Atletico Madrid mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cya UEFA Champions League 2025/2026 ihita yerekeza ku mukino wa nyuma. Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro kuri Emirates Stadium nyuma y’uko umukino ubanza wari warangiye amakipe yombi anganya 1-1. Ikipe ya Arsenal yambara Visit Rwanda yatangiye umukino ihererekanya neza mu […]

Continue Reading

Djihad yasobanuriye urukiko ibyo apfa na Semuhungu na Xinda asaba ko ubuhamya bwabo bwateshwa agaciro.

Ubwo yaburanaga ubujurire bwe kuri uyu wa Mbere, Djihad [Uzabakiriho Cyprien] yavuze ko afitanye ibibazo na Eric Semuhungu na Xinda byatumye bamwihimuraho bamutangira ubuhamya butari bwo asaba ko yagirwa umwere agataha. Djihad yatangiye avuga ko atigeze apostinga kuri status ye kandi ko umutangabuhamya ari we Eric Semuhungu yabibonye kwa Xinda nyamara nyuma y’aho aza kuvuga […]

Continue Reading

Umuhanzi Bruce melody ari mu byishimo nyuma yo kuzuza miliyoni y’abantu bamukurikira kuri YouTube.

Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie yongeye kwandika andi mateka aho yujuje abamukurikira ‘Subscribers’ , miliyoni imwe kuri shene ye ya Youtube maze izina rye rihita ryandikwa ku rutonde ruriho  abahanzi  mbarwa mu Muziki Nyarwanda. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2026 Bruce Melodie yashimiye abafana be bamubaye hafi mu […]

Continue Reading

Ruto arifuza ko ikiguzi cyo guhamagarana kuri telefoni hagati ya Kenya, Tanzania, Uganda n’u Rwanda kigabanuka .

Perezida wa Kenya, William Ruto, yongeye gusaba ko ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byashyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa byuzuye igitekerezo cya “One Network Area” (ONA), kigamije kugabanya ibiciro by’itumanaho hagati y’ibihugu no kunoza ihuzanzira mu karere. Yabisabye ku wa 4 Gicurasi 2026, mu nama y’ubucuruzi yahuje Kenya na Tanzania yabereye mu kigo mpuzamahanga cy’inama […]

Continue Reading

Abanya-Nigeria 130 basabye gukurwa muri Afurika y’Epfo kubera imyigaragambyo imaze iminsi ihabera.

Abanya-Nigeria 130 basabye Guverinoma yabo kubakura muri Afurika y’Epfo nyuma y’uko hamaze iminsi imyigaragambyo yibasira abanyamahanga. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Bianca Odumegwu-Ojukwu yatangaje ko abantu 130 ari bo bahise basaba gusubizwa iwabo bahunga imvururu zishobora gukomeza kwiyongera. Imyigaragambyo ikaze yabaye muri Pretoria na Johannesburg isaba Leta kugira icyo ikora ku banyamahanga bari mu gihugu […]

Continue Reading

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi.

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa iza gaze cyangwa iz’amashanyarazi, ndetse ibiganiro bikaba byararangiye hakaba hagiye gukurikiraho igerageza. Byatangajwe na Byiringiro Alfred, Umujyanama Mukuru mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), wavuze ko iyi gahunda ishobora gutangira mu gihe cya […]

Continue Reading

Umuhanga mu kuvanga imiziki DJ Toxxyk yafunguwe.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Shema Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk ibyaha yari akurikiranyweho, rumuhanisha gutanga ihazabu ya 1.050.000 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atatu ariko asubitse mu gihe cy’amezi atandatu. Urukiko Rwategetse ko DJ Toxxyk ahita arekurwa icyemezo cy’Urukiko kikimara gusomwa. DJ Toxxyk yari akurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi […]

Continue Reading

Umusifuzi wagaragaye akubita umugeri umukinnyi wa Mukura ashobora gufatirwa ibihano.

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yamaze kurega umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wakubise myugariro wayo umugeri mu bugabo, mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA). Uyu mugeri watewe Mbonyamahoro Serieux watumye uyu mukinnyi ajyanwa kwa muganga. Ibi byabaye mu mukino Mukura VS yatsindiwe mu rugo na Rutsiro ibitego 2-1. Hari mu mukino w’umunsi wa […]

Continue Reading

Manchester United yabonye itike ya Champions League itsinze mukeba Liverpool.

‎Ikipe ya Manchester United yabonye itike yo gukina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego 3-2 mu mukino wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Stade ya Old Trafford kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026. ‎Imbere y’abafana 74,027, Manchester United yatozwaga na Michael Carrick yinjiye mu mukino isatira cyane […]

Continue Reading

Burera: Abantu babiri bakubiswe n’inkuba bahita bapfa.

Abagabo babiri bo mu Karere ka Burera mu mirenge ya Rwerere na Cyeru, bakubiswe n’inkuba barapfa. Byabaye ku wa 03 Gicurasi 2026. Aba baturage barimo umugabo w’imyaka 39 wo mu Murenge wa Rwerere, Akagari ka Gacundura mu Mudugudu wa Sarambwe, wakubiswe n’inkuba Saa Munani n’Igice. Uyu mugabo asize umugore n’abana bane, ndetse inkuba ikaba yamukubise […]

Continue Reading