Abantu ba mbere bo muri Espagne bari mu bwato bwari bwaheze mu nyanja hafi y’Ibirwa bya Canary (Canary Islands) bya Espagne, hakaba hafi ya Cap Vert kubera Hantavirus bageze i Madrid.
Abantu 150 bari mu bwato bwa M/V Hondius bari mu rugendo rwerekeza kuri Antarctique, ariko bamwe muri bo batangira gupfa, biza gutahurwa ko ari Hantavirus yari iri kubahitana.
Ubu bwato bwari bwaravuye muri Argentine muri Werurwe 2026, bwaheze muri ibi bice, ibihugu bitandukanye byanga kubakira kubera ko byangaga ko bashobora kuba bafite iyi ndwara bakaba bayanduza abandi.
Abanya-Espagne 14 bari muri ubu bwato ni bo bacyuwe bwa mbere, bakuwe kuri Tenerife, kimwe mu Birwa bya Canary, berekezwa i Madrid. Bagiye kubanza kunyuzwa mu kato.
Aba bagenzi bari muri ubu bwato bari gukurwa mu nyanja hashingiwe ku bwenegihugu. Bivuze ngo buri gihugu kiri gutabara abantu bacyo.
Minisitiri w’Ubuzima muri Espagne, Mónica García, yavuze ko ibi bikorwa byagenze neza ndetse ko nta bimenyetso bya Hantavirus bagaragaje.
Ubwato bwa MV Hondius bwageze ku cyambu cya Granadilla mu rukerera rwo ku wa 10 Gicurasi nyuma y’ukwezi umuntu umwe agaragaweho iyi indwara.
Abandi bagenzi bo mu Buholandi, mu Bugereki, u Budage n’abandi ni bo bagombaga gukurikiraho, hagakurikiraho abo mu Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Biteganyijwe abo muri Australia bo bazacyurwa ku wa 11 Gicurasi.
OMS isaba ko aba bantu bakwiriye kumara amahasaha 42 mu kato. U Bwongereza bwo buteganya ko abaturage babwo bari muri ubu bwato bazamara amasaha 72, hafatwe ibindi byemezo hamaze kurebwa uko bameze.
Umuntu wa mbere muri aba bagenzi bari biyemeje gutembera Isi, akaba umugabo w’Umuholandi, yapfuye tariki ya 11 Mata ubwo ubu bwato bwari buri kwerekeza mu Birwa bya Tristan da Cunha.
Umurambo we wagumye muri ubu bwato kugeza tariki ya 24 Mata, ubwo wavanwagamo bageze ku Kirwa cya St Helena, mu Majyepfo y’Inyanja ya Atlantique.
Umugore we yasohotse mu bwato kugira ngo amuherekeze. Uyu mugore na we yaje kurwara maze apfa nyuma y’iminsi itatu gusa.
Nyuma, u Buholandi bwatangaje ko uyu mugore yanduye virusi ya ‘hantavirus’ ikomoka ku mbeba. Ku itariki ya 2 Gicurasi, umugenzi wa gatatu ukomoka mu Budage na we yapfiriye muri ubu bwato.
Undi mugenzi ukomoka mu Bwongereza na we yararwaye bikomeye, avanwa mu bwato igitaraganya ajyanwa kuvurirwa muri Afurika y’Epfo, aho basanze yaranduye ‘hantavirus’.
Kuva icyo gihe OMS n’ibi bihugu byari bifite aba bantu byatangiye gukurikirana bisangwa ko ubwoko bwa virusi yagaragaye muri iki cyorezo ari Andes virus.
Ni bwo bwoko bwonyine bwa Hantavirus buzwi bushobora kwandura hagati y’abantu, nubwo biba gake cyane kandi bigasaba kuba abantu bicaranye umwanya muremure cyane kandi begeranye.
Inzego z’ubuzima z’u Rwanda na zo zatangaje ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus iherutse kugaragara muri bimwe mu bihugu bitanduikanye, ihagaze.
Hantavirus ni indwara iterwa na virusi zikunze kuba mu ngugunnyi/inkegesi (rodents) cyane cyane imbeba.
Abantu bashobora kwandura binyuze mu guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’ingugunnyi/inkegesi.
Bayandura kandi binyuze mu gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku izuru, cyangwa mu maso, kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.
Ibimenyetso bishobora kugaragara hagati y’icyumweru kimwe n’ibyumweru umunani nyuma yo guhura n’iyi virusi, harimo kugira umuriro mwinshi no gutitira, kubabara umutwe, kubabara imikaya no mu ngingo, umunaniro, kuribwa mu nda, kugira isesemi, guhitwa no kuruka.
Mu bihe bikomeye umuntu ashobora kugira, inkorora, guhumeka nabi, kubabara mu gituza, indwara zikomeye z’ubuhumekero.
Izina hantavirus rikomoka ku ruzi rwa Hantan River ruri muri Koreya y’Epfo kuko ari ho yagaragaye bwa mbere ivumbuwe na Dr. Ho-Wang Lee mu 1978.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

