Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije ari gukorwaho iperereza

NEWS

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko Karera Patrick, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, ari gukorwaho iperereza ku byaha akekwaho ko yakoreye muri iyi Minisiteri.

Dr Thierry B. Murangira, Umuvugizi wa RIB, yagize ati: “Umunyamabanga Uhoraho ari mu bari kubazwa, ari gukorwaho iperereza. Ubu ntitwavuga ngo arafunze, icyemezo ntikirafatwa.”

Karera arakorwaho iperereza mu gihe Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko uwari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya na we wigeze kuyobora Minisiteri y’Ibidukikije na we yirukanywe ku mirimo.

Mu itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, bigaragara ko hari ibyo agomba gusobanura. Icyakoze hari amakuru avuga ko hari ibyaha byakozwe muri Minisiteri y’Ibidukikije kandi ko hari abagomba kubyisobanuraho.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *