Trump yaciye amarenga ko amasezerano yo guhagarika intambara muri Iran ari hafi kugerwaho

NEWS Politics

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yahagaritse ibitero byari bimaze iminsi utatu yikurikiranya bigabwa kuri Iran, aca amarenga ko amasezerano yo guhagarika iyi intambara yaba agiye kugerwaho.

Umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’imbande zombi mu minsi ishize, nyuma y’uko Amerika itangaje ko Iran yarashe indege yayo ya kajugujugu yagenzura umutekano mu muhora wa Hormuz, yihimura igaba ibitero imbere muri Iran ku birindiro by’Ingabo no kuri za radar zicunga umutekano w’ikirere.

Iran ikunze gutangaza ko nta gitero na kimwe izagabwaho n’abanzi bayo ngo uceceke, yasubije ibi bitero bya Amerika irasa mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bicumbikiye ibirindiro bya gisirika bya Amerika birimo Kuwait, Bahrain ndetse na Jordan.

Nyuma y’uko Pakistan, ikomeje kunga ibihugu byombi yamaganye kubura kw’iyi ntambara, Trump yatangaje ko ibindi bitero simusiga bategura kugaba kuri Iran babihagaritse ndetse aca amarenga ko amasezerano yo guhagarika iyi ntambara yaba ari hafi kugerwaho.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Esmail Baghaei, yahakanye ibyatangajwe na Trump, ashimangira ko ntakiragerwaho mu buryo bw’ibiganiro.

Abayobozi ba Iran bavuga ko bakiri mu biganiro na Amerika byo guhagarika iyi ntambara, ariko bagashimangira ko n’ibindi bitero bazagabwaho bazabisubiza ntakabuza.

Gusa nubwo Iran ikiri mu nzira y’ibiganiri ishinja Amerika, guhindura ubutitsa ibyo yifuza, gutangaza ibihabanye n’ibyo bari kuganiraho ndetse ko kwifuza ibihambaye, ibituma Iran ikomeje gutakariza ikizere inzira y’ibiganiro nk’uburyo bwo guhosha iyi ntambara igeze mu kwezi kwa kane itangiye.

Iran kandi ivuga ko kugira ngo ibiganiro hagati y’impande zombi bikomeze mu mwuka mwiza, Amerika ikwiye gufungura umuhora wa Hormuz yafunze kuva ku wa 13 Mata 2026.

Nyuma y’uko Trump atangaje ko ibitero kuri Iran babihagaritse, isoko ry’imigabane ryahise ritumbagira mu gice cya Asia, nyuma y’uko abashoramari bongeye kugiri ikizere cy’umutekano ndetse n’ubucuri ko bukomeza gukorwa.

Abasesengura ibibera mu Burasirazuba bwo Hagati bakomeje kugaragaza ko iyi ntambara ishobora gutinda kurangira, kubera ko uko iminsi ishira Iran ikomeza kubaka ubushobozi bwo guhangana n’Amerika bikaba byatinza kugera ku masezerano yo guhagarika intambara kuko Iran itazemera ko bayifatirana.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *