Ngoma: Babanyeshuri babiri baherutse gukubita animatrice bakatiwe gufungwa

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bigaga mu ishuri rya EAV Gitwe, riherereye mu Karere ka Ngoma, baherutse gutabwa muri yombi bazira gukubita ushinzwe imyitwarire yabo (animatrice), bakatiwe gufungwa umwaka umwe urimo amezi umunani asubitse. Tariki ya 2 Kamena 2026 nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Ngoma rwasomye imyanzuro y’urubanza rw’aba bakobwa babiri, aho bashinjwaga gukubita umuyobozi ushinzwe imyitwarire ku […]

Continue Reading

Abanyarwanda biga  gutwara indege batangiye kugera ku nzozi zabo.

Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda bitegura kuba abapilote babigize umwuga muri Kent State University yo muri Amerika, ku wa Gatatu tariki 3 Kamena 2026, batwaye indege bwa mbere. Abo ni Cedric Hindura, Francis Shyaka, Henry Kenny Hagenimana, Milka Isingizwe na Patricie Mugabo. Nyuma yo gukora ubugenzuzi bw’indege, buri umwe yagurukije indege nibura iminota 30 mu kirere, akabona […]

Continue Reading

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere ‘RDB’ rwafunze by’agateganyo hoteli enye.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwafunze by’agateganyo hoteli enye nyuma y’ubugenzuzi bwagaragaje ko zitujuje ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’amahoteri. Izafunzwe ni Century Park Hotel and Residences iherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, Dove Luxury Hotel yo mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, Highland Resort Ltd yo mu Karere ka Rulindo na Nengo Eden Park […]

Continue Reading

America: Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ubuza Trump kongera kurasa Iran

Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite muri America yatoye yemeza umushinga w’itegeko rigamije kwambura Perezida Donald Trump ububasha bwo kugira icyemezo cya gisirikare yongera gufata kigamije gutera Iran. Abatoye bemeza ni amajwi 215 ku majwi 208 yatoye Oya. Mu batoye bemeza uyu mushinga w’itegeko harimo bane bo mu ishyaka ry’Aba-Republican rya Perezida Donald Trump biyunze kuri […]

Continue Reading

BasiGo Rwanda igiye kongera bisi z’amashanyarazi mu gutwara abajya mu ntara.

Ikigo gikwirakwiza bisi zikoresha amashanyarazi mu Rwanda, BasiGo, kigiye kwinjiza bisi nshya 18 mu Rwanda zitwara abagenzi, zizakorera mu ntara zitandukanye mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byatumbagiye no kwimakaza gahunda zo kurengera ibidukikije. Ni bisi zikoresha amashanyarazi 100%, ibifasha mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro bya lisansi na mazutu no kubungabunga ibidukikije. Zifite […]

Continue Reading

Umwiherero w’amavubi wimuriwe muri Misiri, kubera impungenge z’icyorezo cya Ebola.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yari imaze iminsi ibiri muri Maroc, yimuriye umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti yari gukinira i Marrakech ikuweho Amavubi yagombaga guhura n’Ikipe y’Ibirwa bya Comores ku wa 6 Kamena na Taifa Stars ya Tanzania ku wa 9 Kamena, mu mikino ibiri ya gicuti yemewe […]

Continue Reading

Element yabaye uwa mbere mu Rwanda uhawe ishimwe rya Apple Music ariherekeresha EP

Umuhanzi ndetse akaba na Producer, Element Eleéeh, akomeje kwandika amateka mu muziki nyarwanda nyuma yo gutangazwa muri gahunda ya Apple Music Up Next East Africa, aba umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda winjiye muri iyi gahunda igamije kuzamura no kumenyekanisha impano z’abahanzi bafite ejo hazaza heza ku rwego mpuzamahanga. Ni intambwe ikomeye kuri uyu muhanzi umaze imyaka […]

Continue Reading

APR FC yashimiye abanyamahanga batatu batandukanye nayo.

APR FC yashimiye abakinnyi batatu b’abanyamahanga batandukanye na yo nyuma yo gusoza amasezerano yabo muri iyi kipe itatekereje kubaha andi. Aba ni rutahizamu w’Umunya-Mauritania Mamadou Sy, myugariro w’Umunya-Sénégal Aliou Souané n’Umunya-Mali Mohamadou  Lamine Bah. Mu butumwa APR FC yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena 2026, yashimiye aba basore […]

Continue Reading

Perezida Ndayishimiye yise abadakora isuku mu mbuga y’aho batuye abanzi b’igihugu.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko hari Abarundi banga Igihugu, agatanga ingero ko ibi bigaragazwa n’abantu usanga bakora isuku mu rugo gusa, ariko ku irembo no mu mbuga ntibahiteho, ugasanga habaye mu mwanda n’iyarara Ati ” Birya byerekana ko yanga Igihugu, akunda harya mu rugo iwe gusa.” Ibi yabivugiye mu kiganiro n’umuyobora wa YouTube wa […]

Continue Reading

Ngoma: Shehe ushinjwa kwica nyina akamushyira mu cyobo n’abo bafatanyije baburanishirijwe mu ruhame

Kuri uyu wa Kabiri urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishirije mu ruhame mu murenge wa Mutenderi abarimo Hakizimana ukunze kwitwa Shehe n’umugore we Claudine Musengimana umugabo n’umugore we bashinjwa icyaha cyo kwica Mukaremezo Xaverine ari we nyina wa Hakizimana akanaba nyirabukwe wa Claudine. Ubushinjacyaha bwisumbuye bwa Ngoma bwahawe ijambo maze busobanura ibyo burega uyu Jean Luc […]

Continue Reading

Perezida Macron yakiriye Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu musangiro

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriwe muri Elysée mu musangiro na Emmanuel Macron uyobora u Bufaransa, witabiriwe n’abandi barimo Nicolas Sarkozy, umwe mu bagize uruhare mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi Uyu musangiro wabaye nyuma yo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’. Ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi bimaze […]

Continue Reading