Perezida Ndayishimiye yasimbuje Minisitiri Bugaga uherutse gupfa.

NEWS

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagize Ambasaderi Evelyne Butoyi Minisitiri ushinzwe Itumanaho n’Itangazamakuru, amusimbuje Gabby Bugaga wapfuye tariki ya 16 Mata 2026.

Ambasaderi Butoyi asanzwe ahagarariye u Burundi muri Zambia kuva mu 2024, Malawi, Angola, Zimbabwe no mu muryango uharanira guteza imbere ubukungu muri Afurika yo hagati n’iy’amajyepfo, COMESA.

Uyu mudipolomate kandi yabaye Minisitiri ushinzwe urubyiruko, amaposita n’ikoranabuhanga kuva mu 2018 kugeza 2020, aba n’Umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye mu 2021.

Asimbuye Bugaga mu gihe urupfu rwe rukivugisha Abarundi benshi, bamwe muri bo bahamya ko yishwe nubwo Leta y’u Burundi yatangaje ko yazize impanuka y’imodoka.

Perezida Ndayishimiye yakoze izindi mpinduka muri guverinoma, aho Ir. Egide Nijimbere yagizwe Minisitiri w’Ibikorwaremezo, imiturire, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’ibikoresho, amusimbuje Dieudonne Dukundane.

Fidèle Nkezabahizi yagizwe Minisitiri w’Ubuzima, asimbura Dr. Lyduine Baradahana.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *