FARDC, FDLR na Wazalendo bashinjwa gusambanya ku gahato abagore benshi mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi iri mu ihuriro rya Wazalendo rishyigikiwe na Leta, bashinjwa gusambanya ku gahato abagore benshi mu burasirazuba bw’iki gihugu. Raporo y’umuryango Amnesty International yasohotse kuri uyu wa 20 Kanama 2025 igaragaza ko ubu bugizi bwa nabi bwakozwe mu bihe bitandukanye mu Ntara […]

Continue Reading

RDB yihanangirije hoteli zikora nta mpushya

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB rwihanangirije abakora mu rwego rw’ubugekarugendo barimo abanyamahoteli badafite impushya zemewe zo gukora, kuko bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’ababagana. Itegeko No 12 ter/2014 ryo ku wa 19/05/2014 rigena imitunganyirize y’ubukerarugendo mu Rwanda mu ngingo zaryo za 5, 20, na 29 ziteganya ko buri kigo gikora mu rwego rw’ubukerarugendo kigomba kugira uruhushya […]

Continue Reading

Integanyanyigisho zigiye guhindurwa zijyane n’isoko ry’umurimo- HEC

Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), yatangaje ko integanyanyigisho zikoreshwa mu burezi bw’u Rwanda zigiye guhindurwa zikajyanishwa n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo. Ni mu gihe inzego zirimo NEC, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), Abakora mu Ngaga z’Umwuga n’abandi bafatanyabikorwa bagaragaje ko ikibazo cyugarije benshi mu basoje amashuri yisumbuye na kaminuza ari ubumenyi budahuye n’ubukenewe […]

Continue Reading

U Rwanda na ILO biyemeje kuzamura abagore n’abakobwa mu ikoranabuhanga

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yasinyanye amasezerano n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Murimo (ILO), mu kurushaho kwimakaza ubufatanye bugamije gufasha abagore n’abakobwa kwigarurira umwanya w’ingenzi mu rwego rw’ikoranabuhanga mu Rwanda. Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama 2025, mu guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga binyuze muri gahunda […]

Continue Reading

Menya Ibigo by’Amashuri 10 mu Cyiciro Rusange Bitsindisha Kurusha Ibindi muri Buri Karere

Dore ibigo by’amashuri 10 mu cyiciro rusange bitsindisha kurusha ibindi muri buri karere buri wese yakwifuza ko uwe yigamo. Urutonde rushobora guhinduka bitewe n’uburyo amashuri ashya akomeza kwitwara neza cyangwa ashingwa. Ababyeyi barasabwa gukomeza gushakisha amakuru ahagije ku bigo by’amashuri bagahitamo, kandi bagasuzuma ibyifuzo by’abana babo mu mashuri bifuza kwigamo. Mu gukora uru rutonde hifashishijwe […]

Continue Reading

Abarenga ibihumbi 20 bakumiriwe kubona indangamuntu

Umuyobozi ushinzwe gukora no gukwirakwiza indangamuntu mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu, NIDA, Dieudonné Manago Kayihura, yatangaje ko mu bantu barenga miliyoni icyenda bamaze gufata indangamuntu abarenga ibihumbi 20 bakumiriwe kubona indangamuntu kubera gushaka gutunga ebyiri. Yabigarutseho mu ku wa 20 Kanama 2025 ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu kigaruka ku mushinga w’indangamuntu koranabuhanga. Manago […]

Continue Reading

Kuyinjiriraho muri Ghana na Bénin no kuyihuza na ’permis’: Ibishya byitezwe ku ndangamuntu koranabuhanga

U Rwanda rurakataje mu mushinga wo gushyiraho indangamuntu koranabuhanga, aho izaba ikubiyemo amakuru yose, ha handi bitazaba na ngombwa ko uyigendana kuko amakuru ajyanye na yo uzajya uyasanga aho wagiye gushaka serivisi. Ni umushinga watangiye mu 2023, iyi ndangamuntu ikazatangira gutangwa muri Nyakanga 2026. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi washowemo […]

Continue Reading

Minisitiri Nsengimana yateguje gushyira imbaraga mu mashuri ya Leta agatsindisha nk’ayigenga

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yagaragaje ko Minisiteri y’Uburezi ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka amashuri ya Leta afite ubushobozi bwo gutanga ireme ry’uburezi kandi atsindisha ku rugero rwiza mu bizamini bya Leta. Yabigarutseho ubwo yatangazaga amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, ku wa 19 Kanama 2025. MINEDUC yerekanye ko ibigo bya […]

Continue Reading

Kamonyi: Bane bakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi yatangaje ko yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ibyaha by’ubugizi bwa nabi bihungabanya ituze n’umundendezo by’abaturage. Byabaye ku wa 19 Kanama 2025, mu murenge wa Rugarika, mu Kagari ka Kigese, aho Polisi y’u Rwanda yakoze umukwabu ifatanyije n’abaturage n’inzego z’ibanze, bafata abagabo bane babarizwa mu itsinda rikekwaho ibikorwa […]

Continue Reading

Leta ya RDC iri mu iperereza rigari ku buryo abasirikare bayo bavuye i Bunagana, Goma na Bukavu

Kuva mu mpera za Nyakanga 2025, urwego rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rushinzwe ubugenzuzi ruri gukora iperereza ku buryo abasirikare b’iki gihugu bakuwe n’ihuriro AFC/M23 mu mujyi wa Bunagana, Goma, Bukavu n’ibindi bice byo mu burasirazuba bw’icyo gihugu. Uru rwego ruyobowe na Gen Gabriel Amisi Kumba rukeka ko kuba aba basirikare baravuye muri […]

Continue Reading