Perezida Trump na Zelensky bemeje ko bagiranye ibiganiro byubaka

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na mugenzi we wa Ukraine Volodymyr Zelensky bavuze ko ibiganiro biganisha ku kurangiza intambara bahanganyemo n’u Burusiya bagiranye ku wa 18 Kanama 2025, byari byiza cyane kurusha ibindi byose byabayeho. Ibyo biganiro byitabiriwe n’abandi bayobozi b’i Burayi, Trump yababwiye ingamba z’umutekano nyuma ahamagara Perezida w’u Burusiya […]

Continue Reading

Bujumbura: Undi mupolisi mukuru arafunzwe

Col Havyarimana Jean Bosco uyobora Polisi muri Komini Nyabikere mu yahoze ari Intara ya Karuzi, afungiwe i Bujumbura kubera uruhare rukomeye akekwaho mu iyicarubozo no kuburirwa irengero k’umuturage. Uyu muturage witwa Daniel Ndimuminwe yatawe muri yombi n’abapolisi bari bayobowe na Col Havyarimana tariki ya 11 Kanama 2025, azira kubura amafaranga y’Amarundi 1000 yo kwishyura ifunguro […]

Continue Reading

Serge Atikossie yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa Rwanda

Bank of Africa Rwanda yatangaje ko Serge Atikossie yagizwe umuyobozi mukuru wayo, asimbuye Vincent Istasse. Iki cyemezo cya Bank of Africa Rwanda cyatangajwe mu cyumweru gishize. Yavuze ko izo mpinduka zigaragaza intambwe ikomeye banki ikomeje gutera mu gushimangira intego yayo yo guharanira gutanga serivisi z’indashyikirwa mu by’imari, ndetse no gutanga umusanzu mu guhanga udushya nk’uko […]

Continue Reading

Kamonyi: Abantu 8 bakekwaho urupfu rw’umusore batawe muri yombi

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusore w’imyaka 24, bakanakomeretsa mugenzi we wundi w’imyaka 18. Urupfu rw’uyu rwamenyekanya ku wa 16 Kanama 2025 mu masaha y’ijoro, rubereye mu Mudugudu wa Nombe, Akagari ka Nyagishubi, Umurenge wa Nyarubaka, rukomotse ku rugomo yakorewe n’abasore ubwo […]

Continue Reading

Guverineri Somo wa Kivu y’Amajyaruguru wahunze Goma yasubiranyemo n’abadepite

Umwuka mubi watutumbye hagati ya Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru washyizweho n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Evariste Kakule Somo, n’abadepite bo ku rwego rw’intara, bapfa umushahara. Aba badepite tariki ya 15 Kanama 2025 banditse ibaruwa, bagaragaza ko abakozi bo muri iyi ntara bamaze amezi atatu badahembwa, bashinja Guverineri Kakule kubigiramo uruhare. Guverineri Kakule […]

Continue Reading

Ni iyihe mpamvu yatumye Perezida Ruto agena uhagarariye Kenya i Goma?

Kenya yagaragaje ko impamvu Perezida Dr. William Samoei Ruto, yagennye uhagarariye inyungu zayo mu Mujyi wa Goma bidasobanuye ko azatangira izo nshingano hatabayeho kuganiriza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Byagarutsweho mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 18 Kanama 2025. Byari biturutse ku kuba ku wa 15 Kanama ubwo Perezida Ruto yagenaga abahagararira […]

Continue Reading

Abasirikare bashya b’u Rwanda bakiriwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudan y’Epfo (UNMISS) muri Leta ya Upper Nile, Maj Gen Nakul B. Rayamajhi, yakiriye ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri ubwo butumwa mu Mujyi wa Malakal. Aba basirikare babarizwa muri Batayo ya Kabiri y’Ingabo z’u Rwanda bakaba bayobowe na Lt Col Robert Rwagihungu bakiriwe ku wa 18 Kanama […]

Continue Reading

Kayonza: Umusaza w’imyaka 65 aracyekwaho gusambanya umwuzukuru we w’imyaka Umunani

Umusaza wo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Rukara w’imyaka 65 akekwaho gusambanya umwuzukuru we w’imyaka umunani. Abaturanyi b’uwo musaza bagaragaje ko batewe agahinda n’ibyakozwe na we bagasaba ko hakoreshwa imbaraga agashakishwa kuko nyuma yo kubikora atongeye kugaragara. Ibyo byabereye mu Mudugu wa Kabari I, akagari ka Rwimishinya, mu Murenge wa Rukara. Umugore w’uwo […]

Continue Reading

Abantu batanu bishwe n’imvura imaze iminsi ibiri igwa mu Rwanda

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko ibiza byakomotse ku mvura yaguye hagati ya tariki 16 na 17 Kanama 2025 byahitanye abantu batanu mu gihe abandi 25 bakomeretse. Kuva muri Nyakanga 2025 hatangiye kugwa imvura mu gihe byari bimenyerewe ko ibihe by’impeshyi nta mvura igwamo yanagwa ikaba nke cyane. Muri Kanama ho abenshi bavugaga ko […]

Continue Reading

Wazalendo yasuzuguye itegeko rya FARDC ryo gukuraho bariyeri ikusanyirizaho imisoro

Umutwe witwaje intwaro wa Uhuru uba mu ihuriro Wazalendo wateye utwatsi itegeko ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ryo gukuraho bariyeri washyize muri teritwari ya Walilake mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mutwe washyize bariyeri mu gace ka Brazza gaherereye muri Gurupoma ya Waloa Uroba. Usanzwe ukusanyirizaho imisoro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Umuyobozi […]

Continue Reading

Burera: Inkuba yakubise abantu babiri barapfa

Abaturage babiri bo mu Karere ka Burera bakubiswe n’inkuba barapfa, ku mugoroba wo ku wa 17 Kanama 2025. Benegusenga Alpha w’imyaka 14 wo mu Murenge wa Nemba, Akagari ka Kivumu ho mu Mudugudu wa Nyamusanze, inkuba yamukubitiye mu muryango w’inzu ya sekuru, ubwo yari avuye gucyura amatungo Saa 18:00. Ni mu gihe Nyamugira Bernard w’imyaka […]

Continue Reading