U Buyapani : Ibihumbi 16 by’imbunda byahawe abana bibwira ko ari ibikinisho

Mu Buyapani, abayobozi bahangayikishijwe cyane no gushaka uburyo hagaruzwa imbunda 16000 za palasitiki zatanzwe bizwi ko ari ibikinisho hirya no hino mu gihugu, nyuma bikaza kumenyekana ko zifite ubushobozi bwo kurasa n’amasasu asanzwe. Polisi yo mu Buyapani, ‘National Police Agency (NPA)’ iherutse gusohora itangazo riburira abantu bose ko hari imbunda zibarirwa mu bihumbi zatanzwe nk’ibikinisho […]

Continue Reading

Umuhanzi Audia Intore yasabwe aranakobwa

Umuhanzi w’injyana gakondo, Audia Intore, yasabwe anakobwa n’umukunzi we bamaze igihe mu munyenga w’urukundo Cyiza Kelly. Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nyakanga 2025, bubera mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya. Ni ibirori byabanjirijwe n’umuhango wo gusezerana mu mategeko wabereye mu Murenge wa Remera tariki 26 Kamena 2025. Biteganyijwe ko […]

Continue Reading

Umutingito uri ku gipimo cya 2,3 wumvikanye i Kigali

Ishami ry’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na gas (RMB) rishinzwe gusuzuma imitingito, ryatangaje mu Mujyi wa Kigali humvikanye umutingito ufite ibipimo bya ‘magnitude’ ya 2,3. Iri shami ryatangaje ko uyu mutingito wumvikanye mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2025, saa 12:37 z’ijoro. Ryagize riti “Uyu munsi saa 12:38 z’ijoro umutingito ufite ‘magnitude’ ya 2,3 […]

Continue Reading

Babujijwe gusohoka igihugu Abofisiye mu ngabo za RDC

Abofisiye bose mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo babujijwe gusohoka igihugu mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi bukeka ko hari abofisiye bashaka guhungabanya umutekano we. Iri bwiriza ryatanzwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC, Lt Gen Banza Mwilambwe Jules tariki ya 22 Nyakanga 2025. Yagize ati “Guhera uyu munsi, kujya hanze y’igihugu bihagaritswe […]

Continue Reading

AFC/M23 yigaruriye akandi gace nyuma y’igitero yagabweho na Wazalendo

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryafashe agace ka Mulema muri teritwari ya Masisi nyuma yo kugabwaho igitero na Wazalendo. Ni mu gihe mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira uwa 25 Nyakanga 2025, Wazalendo yagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Luke na Katobotobo muri gurupoma ya Nyamaboko 1, igamije […]

Continue Reading

Aho wataramira muri izi mpera z’icyumweru

Hari ubushyuhe hanze aha, gusa birashoboka ko ubw’izi mpera z’icyumweru buzaburusha! Abashyitsi bari kugenda berekeza hirya no hino bitewe naho bifuza gutaramira, ibirori nabyo bimwe byatangiye ku mugoroba w’ejo hashize bigakomeza muri iyi weekend. Twaguteguriye urutonde rw’ibirori by’ingenzi biri kubera wakwitabira muri izi mpera z’icyumweru ku buryo wahitamo icyo wiyumvamo maze nawe ukizihirwa ari byo […]

Continue Reading

AFC/M23 yasubije abibaza niba Joseph Kabila ari umunyamuryango wayo

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rihamya ko Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019 atari umunyamuryango waryo. Ni igisubizo Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yahaye abanyamakuru kuri uyu wa 25 Nyakanga 2025 ubwo yabazwaga niba koko Kabila ari umwe mu bagize iri huriro nk’uko Leta […]

Continue Reading

Intego Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yinjiranye mu kazi

Minisitiri w’Intebe mushya Dr Justin Nsengiyumva yahererekanyije ububasha na Dr Edouard Ngirente, yizeza gukomeza urugendo rwo gukomeza gushyira mu bikorwa gahunda za Leta n’inshingano yarahiriye. Ibi yabigarutseho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, mu muhango w’ihererekanyabubasha, witabiriwe n’abarimo abaminisitiri batandukanye, abayobozi n’abakozi bo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe. Mu […]

Continue Reading

Rayon Sports yasinyishije Bigirimana Abedi

Rayon Sports yasinyishije Umurundi Bigirimana Abedi wakiniraga Police FC, amasezerano y’umwaka umwe. Iyi kipe yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Abedi ari mu bakinnyi bari batekerejweho muri Gikundiro, dore ko iyi kipe yatangiye kumuganiriza kuva mu mezi abiri ashize ubwo yarangizaga amasezerano yari […]

Continue Reading

Gahunda y’ibiribwa ya Loni yatabarije abaturage ba Gaza ku kibazo k’inzara ibugarije

Yagaragaje ko inzara iri kugenda yiyongera cyane, aho abagore n’abana bagera ku bihumbi 90 bakeneye ubufasha bwihuse, ni ibikibiye mu itangazo yahaye ibiro ntaramakuru by’ubufaransa, AFP. Amakuru yerekeye inzara ikomeye muri Gaza yagiye yiyongera muri iki cyumweru aho Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas yatangaje ko abandi bantu icyenda bapfuye bazize kubura ibyo kuri uyu wa […]

Continue Reading

AFC/M23 yatangaje ko abasirikare ba FARDC aribo bazinjizwa mu gisirikare cyayo

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko igisirikare cy’iki gihugu (FARDC) ari cyo kizinjizwa mu barwanyi baryo kuko ari bo bafite ubushobozi bwo kugarura umutekano n’ituze mu gihugu. Ubu butumwa bwatanzwe René Abandi uri mu bashinze M23 akababa n’imwe mu ntumwa zahagarariye iri huriro mu biganiro byabereye muri Qatar, mu […]

Continue Reading