Uganda: Abanyarwanda bane bakurikiranyweho kwica umwangavu w’imyaka 19

Abasore n’inkumi bane bakomoka mu Rwanda batawe muri yombi mu Karere ka Rukungiri muri Uganda, bakurikiranyweho kwica umwangavu w’imyaka 19 bakoranaga mu kabari. Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate, yemeje ko uwishwe yitwaga Diana Wase wari ufite imyaka 19. Bikekwa ko ubu bwicanyi bwakozwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 […]

Continue Reading

Rutsiro: Umusaza w’imyaka 70 yiyahuje umuti wica udukoko

Namigure w’imyaka 70 wari ucumbitse mu Mudugudu Tara, Akagari ka Gihira, Umurenge wa Ruhango, Akarere ka Rutsiro, yaguye ku Kigo Nderabuzima cya Butega nyuma yo gusangwa aryamye mu buriri yanyoye umuti wica udukoko myaka uzwi nka Tiyoda abandi bazi nka Kiyoda. Abaturanyi b’uwo musaza bavuga ko yari acumbitse kuko yagezs mu Mudugudu yiyahuriyemo mu mpera […]

Continue Reading

Rusizi: Umugabo wasindaga akavuga nabi igihugu yafashwe agerageza kwangiza ibendera ry’igihugu

Umugabo w’imyaka 63 ukomoka mu Karere ka Karongi yafatiwe mu Karere ka Rusizi agerageza kwangiza ibendera ry’igihugu. Byabereye mu Mudugudu wa Ituze, Akagari ka Kizura Umurenge wa Gikundamvura, Akarere ka Rusizi, kuri uyu wa 13 Nyakanga 2025. Saa 13:50 ni bwo uyu mugabo witwa Bwarikera Bonaventure yageze ku biro by’Akagari ka Kizura afite umupanga n’icupa […]

Continue Reading

Perezida Museveni yirukanye abarenga 150 bakoreraga ku kibuga cy’indege

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yategetse Ikigo gishinzwe iby’Indege za Gisivili muri Uganda, UCAA, kwirukana abakozi 152 bakoreraga ku kibuga cy’indege cya Entebbe bahawe akazi batujuje ibisabwa. Ibi yabigarutseho mu ibaruwa aheruka kwandikira Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi, General Edward Katumba Wamala, aho yamubwiye ko abo bakozi bakwiriye kwirukanwa kubera ko bahawe akazi kubera ruswa. Perezida Museveni ashingira […]

Continue Reading

Umusirikare wa RDC yarasiye bagenzi be batatu ku kibuga cy’indege na we arirasa

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarashe bagenzi be batatu bari barinze ku kibuga cy’Indege cya Bangboka Kisangani. Ku wa 12 Nyakanga 2025 uyu musirikare yasanze bagenzi be bari ku burinzi arasamo batatu, na we ahita yirasa. Umusirikare wavuganye na Actualite CD yavuze ko “uyu musirikare [warashe] yagaragazaga ibimenyetso by’uburwanyi, mu buryo bwo gukumira […]

Continue Reading

Rubavu: Umugambi w’umugore washakaga kwicisha umugabo we waburijwemo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwaburijemo umugambi w’umugore washakaga kwicisha umugabo we bari barasezeranye byemewe n’amategeko, afatanyije n’abandi bantu babiri. Ibyo byabereye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba, Akagari ka Gikombe mu Mudugudu wa Kitarimwa ku wa 27 Kamena 2025. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko gutahura […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 80 nyuma yo kurwa mu bwiherero akamaramo iminsi 2 yakuwemo ari muzima

Nyiramisago Anastasie w’imyaka 80, wo mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Wimana, Umurenge wa Ruharambuga, Akarere ka Nyamasheke, wari umaze iminsi 2 ashakishwa umuryango we uvuga ko wamubuze utazi aho ari, yasanzwe mu bwiherero bwari bumaze umwaka urenga budakoreshwa yaraguyemo, abukurwamo akiri muzima. Umuturanyi wabo witwa Nambajimana Victor, yavuze ko ubusanzwe uyu mukecuru abana n’umuhungu […]

Continue Reading

Karongi: Batanu bafunzwe bakekwaho gusambanya umwana

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi abaturage batanu bakekwaho kugira uruhare mu cyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 15 no kuzimanganya ibimenyetso. RIB yatangaje ko aba baturage bose bafunzwe kuva tariki ya 5 Nyakanga 2025. Ibi bikaba byarabereye mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Gitesi, Akagari ka Munanira mu Mudugudu wa Gahigiro. Umuvugizi wa RIB, […]

Continue Reading

Amerika na Qatar bishaka ko amasezerano ya RDC na AFC/M23 asinywa vuba

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro biri guhuza intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’ihuriro AFC/M23 birangira vuba, nubwo hari ingingo zikomeye impande zombi zitumvikanaho. Kuva ibi biganiro bibera i Doha muri Qatar byatangira muri Werurwe 2025, intambwe ebyiri gusa ni zo zatewe. Harimo kuba AFC/M23 yarakuye abarwanyi bayo mu […]

Continue Reading

Leta ya Congo yavuze ko M23 irimo kwisuganya ngo ifate Uvira

Leta ya Congo yatangaje ko umutwe w’inyeshyamba za M23/AFC ukomeje kwisuganya ngo ufate umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Ibyo biri mu itangazo ryasomewe kuri teviziyo ya leta, RTNC mu makuru yamenyeshejwe inama y’Abaminisitiri nk’uko ryasomwe na Patrick Muyaya, Minisitiri w’itumanaho akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa. Yagize ati “Muri Kivu y’Amajyepfo hagaragaye kwisuganya […]

Continue Reading

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abakozi ba RCS 190

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yazamuye mu ntera abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, RCS, abandi bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru. Mu bahawe iryo peti rya Assistant Commissioner harimo Moses Ntawiheba, John Dusa na Michael Kamugisha. Mu bandi bahawe amapeti harimo 4 bari bafite ipeti rya Senior Superintendent bahawe ipeti rya Chief Superintendent, 11 bari […]

Continue Reading