RDB mu iperereza ku birego bya serivisi mbi muri Hoteli Château Le Marara

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangiye iperereza ku birego by’imitangire mibi ya serivisi, bivugwa muri hoteli Château Le Marara iherereye mu Karere ka Karongi. Ibyo birego byatanzwe ku wa Mbere, tariki ya 14 Nyakanga, n’abakiriya bitabiriye ubukwe bwabereye kuri iyo hoteli iri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu. Ni ibirego bagejeje ku buyobozi bw’iyo hoteli bijyanye […]

Continue Reading

Ingabire Victoire yaburanye ahakana ibyaha aregwa

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwatangiye kuburanisha Ingabire Victoire Umuhoza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha 6 akurikiranyweho birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda. Ni ibyaha yatangiye aburana avuga ko atabyemera. Ni urubanza rwatangiye kuburanishwa mu ruhame kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025. Me Gatera Gashabana […]

Continue Reading

Hoteli Château le Marara yabaye iciro ry’imigani kubera serivise mbi

Hoteli Château le Marara iherereye mu Karere ka Karongi, ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko ivugwaho gutanga serivisi zitari ku rwego rwifuzwaga mu bukwe bw’abageni Uwera Bonnette na Shadadi Musemakweri. Ni ubukwe bwari bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye mu Rwanda birimo Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir, Miss Rwanda 2020 […]

Continue Reading

REB yatangaje impinduka igihe cyo gutangira amasomo cyahindutse, guhuza amasomo, kwiga ingunga ebyiri

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rwatangaje amavugurura mashya mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye azatangira kubahirizwa umwaka utaha w’amashuri 2025/2026, harimo ko abanyeshuri bazajya batangira amasomo saa mbiri za mu gitondo kandi bakiga ingunga ebyiri. Dr Mutezigaju Flora, Umuyobozi Mukuru Wungirije muri REB, yavuze ko amavugurura mashya arimo gukorwa mu burezi, ashingiye ku bushakashatsi […]

Continue Reading

Agahimbazamusyi k’abaganga kagiye kujya gatangirwa rimwe n’umushahara

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko iri kuvugutira umuti ikibazo cy’agahimbazamusyi kagenerwa abaganga gatinda kubageraho, ku buryo kazajya gatangirwa rimwe n’umushahara kandi kakishyurwa na Leta kose. Byagarutsweho ku wa 14 Nyakanga 2025, ubwo Minisiteri y’Ubuzima yisobanuraga ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye muri Kamena 2024. Visi Perezida wa Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana […]

Continue Reading

Babiri barashwe nyuma yo kurwanya abashinzwe umutekano wa Nyungwe

Bigirimana Egide wari usanzwe ari umujyanama w’ubuzima mu Mudugugudu wa Nganzo Akagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruhambuga, yarashwe n’abashinzwe kurinda Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, ubwo we na bagenzi be bari bagiye gucukuramo amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Ibi byabaye Saa Kumi za mu gitondo ku wa 14 Nyakanga 2025, muri Pariki ya Nyungwe […]

Continue Reading

RIB yafunze umukozi ushinzwe ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali ukekwaho iyezandonke

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Ingabire Clement, umukozi ushinzwe ibikorwa by’ubwubatsi (Senior Civil Engineer) mu Mujyi wa Kigali ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa birimo kudasobanura inkomoko y’umutungo ndetse n’iyezandonke hashingiwe ku iperereza yari amaze iminsi akorwaho. RIB yatangaje ko ukekwaho icyaha afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge ndetse dosiye ye yoherejwe mu […]

Continue Reading

Abivuza indwara zo mu mutwe muri CARAES Ndera bageze ku 116%

Ubuyobozi bw’Ibitaro byita ku bafite indwara zo mu mutwe (CARAES Ndera) bwatangaje ko abarwayi babigana bamaze kurenga ubushobozi bwabyo kubera ubwiyongere bukabije, aho ubu bageze ku 116%. Umuyobozi Mukuru wa CARAES Ndera, Frere Nkubiri Charles, yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nyakanga 2025, ubwo yitabaga Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gusuzuma imikoreshereze y’Imari n’Umutungo […]

Continue Reading

Gatsibo: Ndungutse Balthazar aracyari imanzi ku myaka 74

Ndungutse Balthazar ni umusaza w’imyaka 74 utuye mu Murenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo mu burasirazuba bw’igihugu. Avuga ko mu buzima bwe atigeze akora imibonano mpuzabitsina, nta mugore yigeze ndetse adateganya no kumushaka. Mu kiganiro Ndungutse yagiranye na TV1 yavuze ko ubu buzima abayeho abushobozwa na Bikira Mariya nubwo atihaye Imana. Ati “Ndi imanzi, […]

Continue Reading

Senateri Evode Uwizeyimana yavuze ku kubwira RDC ngo isenye FDLR

Senateri Evode Uwizeyimana yatangaje ko ingingo yo gusenya FDLR yemewe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itazashoboka kuko kuyisenya bingana no gusenya igisirikare cy’igihugu. Kuva mu 1994 Jenoside yakorewe Abatutsi imaze guhagarikwa, ingabo za Ex-FAR n’Interahamwe zari zimaze gutsindwa zahungiye muri Zaïre [RDC] y’ubu zifashwa n’ubutegetsi kwisuganya ngo zizongere gutera u Rwanda. Abategetsi basimburanye muri […]

Continue Reading

MINEDUC yagize icyo ivuga ku barimu bakorera akazi kure y’imiryango basaba kuyegerezwa

Abarimu bakorera akazi kure y’imiryango yabo n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri, basaba ko imyaka 3 yagenwe ngo bemererwe kwimurwa yagabanywa kuko bikomeje kuba intandaro y’isenyuka ry’imwe mu miryango. Bavuga ko uretse kuba bigira ingaruka ku muryango w’abo barimu, bigira n’ingaruka ku musaruro baba bagomba gutanga. Minisiteri y’Uburezi yo yavuze ko aba barimu bagomba no kwita ku banyeshuri […]

Continue Reading