U Rwanda rwahagaritse umushinga w’utumodoka tugendera mu kirere

NEWS

Muri Mutarama 2021, Minisiteri y’Ibikorwa remezo yari yatangije ko nta gihindutse, mu myaka itanu mu Mujyi wa Kigali hazaba hari utumodoka dutwara abantu mu kirere tutagira abashoferi kandi dukoresha imirasire y’izuba.

Leta y’u Rwanda ntigihanze amaso umushinga w’utumodoka tugendera ku migozi, nka kimwe mu byakemura ibibazo byo gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje impamvu uyu mushinga utagikenewe.

Yagize ati: “Inyigo yakozwe yagaragaje ko uyu mushinga utaba igisubizo, hashingiwe ku kiguzi bisaba ndetse n’umubare w’abagenzi akamodoka kamwe gutwara.”

Umushinga iyo ushyirwa mu bikorwa wari kuzatwara miliyari y’amadorali, aho wari witezweho gufasha u Rwanda guhanga imirimo ku basaga 5 000 ndetse no gukemura ikibazo cy’umubyigano w’imodoka mu mujyi wa Kigali.

Image

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *