Polisi yafunze Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi

Sports

RIB urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwafunze umukinnyi Songa Isaïe akurikiranyweho gukoresha ibikangisho ku mugore babyaranye ariko batasezeranye imbere y’amategeko.

Yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku wa 8 Gicurasi 2024.Dosiye y’umukinnyi Songa Isaïe yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku wa 13 Gicurasi 2024.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu mukinnyi “yatawe muri yombi ku wa 8 Gicurasi 2024 akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibikangisho ku mugore babyaranye ariko batasezeranye imbere y’amategeko.”

Songa Isaïe ni umwe mu bakinnyi bazwi mu Rwanda aho yakiniye amakipe arimo APR FC,Rayon Sports, Police FC n’Ikipe y’Igihugu.

Songa aramutse ahamwe n’iki cyaha yahita asanga umuvandimwe we, Isaac Muganza ufungiye muri Gereza ya Mageragere azira gukubita umugore babyaranye.

Songa Isaie yakiniye amakipe arimo APR FC, Police FC, Rayon Sports, Etincelles FC na Étoile de l’Est aherukamo.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *