Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abahagarariye Urwego rw’Igihugu rushinzwe ingufu za atomike (RAEB) bari mu Bufaransa aho bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ingufu za nucléaire zifashishwa mu bikorwa bya gisivile.
Iyi nama yabaye kuri uyu wa 10 Werurwe 2026 yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma, abayobozi b’imiryango mpuzamahanga, inzego z’imari, abahagarariye inganda zitunganya ingufu za nucléaire n’abahanga muri izi ngufu, barebera hamwe uruhare zagira mu gukemura ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi muke n’imihindagurikire y’ibihe.
Umukuru w’Igihugu yitabiriye iyi nama nyuma y’aho itsinda ry’impuguke zo mu kigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nucléaire, IAEA, rigiriye uruzinduko mu Rwanda hagati ya tariki ya 2 n’iya 9 Werurwe, rigamije kureba niba rwujuje ibisabwa ku buryo rwakubaka inganda zitunganya izi ngufu.
Umuyobozi Mukuru wa RAEB, Dr. Ndahayo Fidele, yatangaje ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu nzego zirimo ubuvuzi, hafungurwa n’ishami ry’amasomo ya kaminuza ritanga ubumenyi kuri izi ngufu.
U Rwanda rufite intego yo gutunganya umuriro w’amashanyarazi mwinshi. Rwasanze kugira ngo ibyo bishoboke, ari ngombwa kubaka inganda nto zitunganya ingufu za nucléaire kuko ari zo zitwara ubutaka buto, ntizangize ikirere kandi zigatanga ingufu nyinshi.

What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

