Koreya ya Ruguru igiye gufunga inzira zose zerekeza muri Koreya y’Epfo

Koreya ya Ruguru yamaze gufata icyemezo gikomeye cyo gufunga inzira zose zishoboka zerekeza muri Koreya y’Epfo Inkuru dukesha bbc gahuza  koreya ivugako ifunga imihanda ni nzira ziyihuza na koreya yepfo Kuri uyu wagatatu murwego rwo gutandukanya burundu ibihugu byombi. Igisirikare cya koreya yaruguru cyavuze ko kizatandukanya muburyo buhoraho kikanafunga umupaka wo mu majyepfo ndetse kigakomeza […]

Continue Reading

Abakozi 1000 b’Abongereza bari bashinzwe gahunda yo kohereza abimukira i Kigali bahawe imirimo mishya

Abakozi 1000 b’Abongereza bari bashinzwe gahunda yo kohereza abimukira i Kigali bahawe imirimo mishya nyuma y’uko iyi gahunda ishyizweho na guverinoma nshya y’u Bwongereza ihagaritswe. Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere, Yvette Cooper, yatangaje ko aba bakozi bagiye kwerekeza imbaraga mu guhangana n’abakoresha batanga imirimo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahanini bayihaye abadafite ibyangombwa byo kuba muri iki […]

Continue Reading

Perezida wa Amerika Joe Biden yanduye COVID-19

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yanduye COVID-19 nk’uko byatangajwe n’ibiro bye. Biden w’imyaka 81, yapimwe ku wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, bagasanga yaranduye. Biden yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Las Vegas aho yaniteguraga gutanga ijambo mu nama ngarukamwaka ya UnidosUS, ubwo yagaragayeho ibimenyetso bya COVID-19, bamusuzuma bakamusangana iyo […]

Continue Reading

Perezida Biden akomeje kwitwara nabi mu kiganiro mpaka yakomoje ku kibyihishe inyuma

Perezida wa Amerika, Joe Biden, yavuze ko kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka aheruka bituruka ku munaniro yatewe n’ingendo ebyiri ku isi mbere y’icyo kiganiro. Yagize ati: “Ntabwo numviye abakozi banjye… nuko habura gato ngo nsinzirire ku rubuga [rw’ikiganiro mpaka].” Biden, w’imyaka 81, yari avuye mu rugendo ku itariki ya 15 Kamena, hafi ibyumweru bibiri […]

Continue Reading

Kenya: Perezida Ruto yanze gusinya itegeko ryateje imyigaragambyo

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, kuri uyu wa 26 Kamena 2024 yatangaje ko atazasinya ku itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta ya 2024 wateje imyigaragambyo yari imaze icyumweru. Iri tegeko ryari ryamaze kwemezwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya ku wa 25 Kamena 2024. Perezida Ruto ni we wari utegerejwe kugira ngo aryemeze, […]

Continue Reading

“Miliyari ibihumbi 400 agiye gushyirwa mu gisirikare cya DR Congo harangizwe ikibazo cy’umutekano.” Judith Suminwa

Minisitiri w’intebe wa DR Congo Judith Suminwa yatangaje ko leta izashyira 20% by’ingengo y’imari yayo y’imyaka itanu mu kongerera ingufu igisirikare na polisi kugira ngo bibashe kugarura amahoro cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu. Mu muhango wo kwemeza guverinoma nshya ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kabiri, Judith Suminwa yagaragaje gahunda y’imyaka itanu y’iyi […]

Continue Reading

Minisitiri Kabombo ashaka komeka u Rwanda kuri DR Congo

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita yatangaje ko Perezida Felix Tshisekedi yatanze amabwiriza yo kwigarurira uduce ingabo ze zimaze gutakaza muri Kivu y’Amajyaruguru no gutera u Rwanda bakarwiyomekaho. Ni amagambo Kabombo yashyize ku rukuta rwe rwa X, ayakurikiza amashusho agaragaza Perezida Tshisekedi n’abandi basirikare barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo, Christian Tshiwewe, […]

Continue Reading

Visi Perezida wa Malawi n’abagenzi bose bari kumwe mu ndege bapfuye

Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yavuze ko Visi Perezida Saulos Chilima n’abagenzi bose bari bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yabuze kuva ku wa mbere “bapfuye ikikubita hasi”. Yavuze ko ibisigazwa by’iyo ndege byasanzwe hafi y’umusozi “byashwanyaguritse burundu”, nta warokotse. Visi Perezida Saulos Chilima n’abandi bantu icyenda bari bari mu ndege mu gitondo cyo […]

Continue Reading

Abaturage ba Rubaya bafite ubwoba ko M23 izabiba

Umujyi wa Rubaya ucukurwamo amabuye y’agaciro, mu burasirazuba bwa Repuburika ya demokarasi ya Kongo, uzwi nk’umurwa mukuru wa Coltan kw’isi, waguye mu maboko y’abarwanya ubutegetsi. Ibyo birimo guteza impagarara mu baturage baho, bafite ubwoba ko M23, izungukira mu birombe bya Coltan, ikabona amafaranga yo gukoresha mu ntambara irwana na guverinema ya Kongo. Uyu mujyi wa […]

Continue Reading

Imirwano yubuye nyuma y’inama y’abagaba b’ingabo za SADC n’u Burundi ziri muri Congo

Urusaku rw’imbunda ziremereye rwongeye kumvikana mu bice bitandukanye bya Mweso na Mabenga muri teritwari ya Masisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, nk’uko bamwe mu bari hafi yaho babivuga.   Inyeshyamba za M23 zatangaje ko mu gitondo uyu munsi ingabo za leta zifatanyije n’imitwe y’inyeshyamba yiswe Wazalendo, ingabo zo mu bihugu bimwe by’ihuriro […]

Continue Reading

Inteko ishinga amategeko muri Ghana iri mu icuraburindi

  Ikigo gishinzwe Ingufu muri Ghana, Electricity Company of Ghana (ECG), ku wa Kane cyakupiye amashanyarazi Inteko Ishinga Amategeko kubera umwenda wa miliyoni $1.8 ikibereyemo. Byatumye ibiganiro ku ijambo rya Perezida ryerekana uko igihugu gihagaze bihagarara.   Video yasangijwe n’ibitangazamakuru byaho yerekana abadepite mu cyumba cyijimye baririmba bati: “Dumsor, dumsor”, bivuze ko umuriro w’amashanyarazi mu […]

Continue Reading