USA: Donald Trump yashinjije OTAN kudatanga umusanzu mu ntambara ihanganyemo na Iran.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze bikomeye ibihugu bifatanyije na Amerika mu muryango wa OTAN, abishinja kudatanga umusanzu uhagije mu guhangana na Iran, ndetse abita “ibigwari”. Ibi Trump yabivuze mu gihe intambara hagati ya Amerika ifatanyije na Israel na Iran imaze ibyumweru bitatu, nyuma y’ibitero byagabwe ku wa 28 Gashyantare 2026, […]

Continue Reading

Israel yishe umuvugizi wa IRGC – umutwe w’ingabo ukomeye muri Iran.

Ibitero bya Israel kuri Iran kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, byishe umuvugizi w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara ya Iran uzwi nka IRGC, nk’uko itangazamakuru rya leta yaho ribivuga. Brigadier General Ali Mohammad Naini yamaze imyaka igera kuri 40 muri uyu mutwe wa ‘Islamic Revolutionary Guard Corps’ akaba yari amaze imyaka ibiri ari umuvugizi wawo, nk’uko […]

Continue Reading

Joe Kent washinje Trump gukorera ku gitutu cya Israel yatangiye gukorwaho iperereza.

Joe Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika weguye ku mwanya we kubera ko intambara Amerika yagabye kuri Iran idafite impamvu, yatangiye gukorwaho iperereza akekwaho gushyira hanze amakuru y’ibanga. Abatangamakuru bavuze ko hatazwi neza amakuru y’ibanga yashyize hanze ariko yatangiye gukorwaho iperereza mbere y’uko atangaza ubwegure bwe. Joe Kent yeguye ku wa […]

Continue Reading

U Rwanda na RDC byumvikanye kubahiriza amasezerano ya Washington.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumvikanye gufata ingamba zifatika mu kubahiriza amasezerano y’amahoro byasinyiye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka ushize. Tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Amerika. Yibandaga ku gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi […]

Continue Reading

Iran yihoreye kuri Israel mu bitero byaguyemo abantu i tel aviv.

Ibitero byakozwe mw’ijoro bya misile za Iran byo guhorera urupfu rw’umwe mu bategetsi bakuru bayo byishe abantu babiri i Tel Aviv muri Israel. Umugabo n’umugore bari mu myaka za 70 bishwe na misile zabashije kugwa ku murwa mukuru Tel Aviv mu ijoro ryacyeye, nk’uko abategetsi muri iki gihugu babyemeza. Umukuru w’ingabo za Iran yarahiye ko iki […]

Continue Reading

Israel yemeje ko yishe Umuyobozi w’Inama y’Umutekano ya Iran.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano ya Iran, Ali Larijani, yiciwe mu gitero cyagabwe i Tehran mu ijoro ryakeye. Minisitiri Katz yanasobanuye ko Umuyobozi w’umutwe wa Basij ushamikiye kuri Leta ya Iran, Gholamreza Soleimani, na we yiciwe muri iki gitero. Yagize ati “Larijani n’umuyobozi wa Basij bishwe mu ijoro, basanga […]

Continue Reading

Intumwa z’u Rwanda na DRC zigiye kongera guhurira mu biganiro i Washington.

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro biteganyijwe muri iki cyumweru. Amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ko “intumwa zizoherezwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC, zitegerejwe i Washington.” Iki kinyamakuru kiratangaza ko ubutegetsi bwa Perezida Donald […]

Continue Reading

Uvira: Imirwano ikomeye yubuye mu kibaya cya Ruzizi.

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byongeye guhanganira mu bice byo mu kibaya cya Ruzizi muri teritwari ya Uvira nyuma y’amezi abiri hari agahenge. Iyi mirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri ingabo za RDC, Wazalendo n’indi mitwe bikorana bifunze umuhanda ’RN5’ uhuza umujyi wa Uvira na Bukavu kubera impamvu ziswe iz’umutekano. Umuvugizi […]

Continue Reading

Inteko Ishingamategeko ya RDC iratangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington.

Inteko Ishingamategeko ya RDC kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, iratangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington yasinywe umwaka ushize hagati y’u Rwanda na RDC. Ibiro bya perezida wa RDC byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yakiriye umukuru w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite Aimé Boji Sangara na Jean-Michel Sama Lukonde ukuriye umutwe wa sena […]

Continue Reading

Israel yagabye ibitero mu mijyi itatu muri Iran.

Ingabo za Israel zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero bigamije kwangiza ibikorwaremezo mu mijyi ya Tehran, Shiraz, na Tabriz yo muri Iran. Itangazo ingabo za Israel zashyize hanze rivuga ko bagamije gusenya ibikorwaremezo by’ubutegetsi bise ubw’iterabwoba bwa Iran. Riti “IDF yatangiye kugaba ibitero byinshi bigamije kwibasira ibikorwaremezo by’ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran, muri Tehran, Shiraz na Tabriz.” […]

Continue Reading

Masisi: Umudugudu wa Malemo wigaruriwe na Wazalendo nyuma y’imirwano ikomeye bahanganyemo na AFC/M23.

Umudugudu wa Malemo, uherereye mu gace ka Bashali Mokoto muri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, wongeye kugenzurwa n’ingabo za Wazalendo ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Werurwe 2026, nyuma y’imirwano ikomeye bahanganyemo n’inyeshyamba za AFC/M23. Nk’uko bitangazwa n’amasoko atandukanye arimo abayobozi gakondo n’abashinzwe umutekano muri ako gace, imirwano yatangiye mu gitondo kare […]

Continue Reading