Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye intumwa za Qatar ziri mu ruzinduko mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yibukije ko kugira ubumwe utaravuye mu bukene nta cyo byaba bimaze, yabikomojeho ubwo yakiraga mu Biro bye Village Urugwiro itsinda ryaturutse mu nzego z’ubuyobozi z’igihugu cya Qatar. Iri tsinda yakiriye ku wa Gatanu tariki ya 29 Kanama, riri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’iminsi itanu, rwatangiye ku wa 25 Kanama 2025. Mu biganiro […]

Continue Reading

AFC/M23 igiye guha abaturage inote zisimbura izishaje

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo washyizweho n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Busu Bwa Ngwi Nshombo, yasabye abaturage gutanga inoti zishaje bafite kugira ngo bahabwe inshya. Uyu muyobozi ku wa 29 Kanama 2025 yasobanuye ko abaturage bamaze iminsi binubira gukoresha inoti nyinshi zishaje, zirimo izangiritse cyane n’izacitse, bityo ko kugira […]

Continue Reading

Umuyobozi wa HCR yashimye politiki ya Perezida Kagame yo kwita ku mpunzi

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (HCR), Filippo Grandi, yashimye Perezida Kagame kubera politiki nziza afite yo kwita ku mpunzi. Ibi ni bimwe mu byo yagarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Gatanu, tariki ya 29 Nzeri 2025, nyuma y’uko asuye inkambi y’igihe gito y’impunzi z’Abanye-Congo ya Nkamira, iherereye mu Karere ka Rubavu. Filippo Grandi […]

Continue Reading

Ibyo Abatuye mu Kagari ka Kigarama bavuga ku nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Abatuye mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, bavuga ko inzu ikoreramo Ubuyobozi bw’Akagari itajyanye n’igihe kuko ishaje bikabije bakaba bafite impungenge ko ishobora kuzagwa ku bayikoreramo. Ni inzu bigaragara ko ishaje yaba ku nkuta inyuma ndetse no ku bisenge, mu buryo bugaragarira buri wese uyinyuzeho. Abaturage batuye muri aka […]

Continue Reading

Darko Nović watoje APR FC yagizwe umutoza wa Al Merrikh SC

Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’Umutoza Mushya wa Al Merrikh SC yo muri Sudani iri mu mwiherero mu Rwanda, mu gihe iri gutegura umwaka utaha w’imikino. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025, ni bwo iyi kipe yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo itangaza ko yahaye akazi umutoza mushya. Ni itangazo rigira […]

Continue Reading

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ryabonye abayobozi bashya

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), ryabonye abayobozi bashya basimbuye abari bamaze imyaka itandatu bariyobora. Ni amatora yabaye kuri uyu wa 29 Kanama 2025 mu Nama Rusange ya ARJ, yigiwemo ingingo zitandukanye zo guteza imbere iri shyirahamwe. Abatowe barimo Dan Ngabonziza ukorera Kigali Today watorewe kuba Perezida. Uwamariya Brigitte uri mu bayobozi ba Radio Huguka atorwa […]

Continue Reading

Huye: Umugabo yapfuye acukura ubwiherero

Umugabo witwaga Niyibizi Albert, uri mu kigero cy’imyaka iri hejuru ya 30 y’amavuko yapfiriye mu mwobo w’uburebure bwa metero 12 yacukuraga wari kuzaba ubwiherero. Ni inkuru yasakaye mu masaha y’amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2025, bibera aho yacukuraga ubwiherero mu Mudugudu wa Akabuye, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, mu Karere ka Huye, ubwo […]

Continue Reading

MINEDUC yatangaje igihe amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye azatangazwa

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama 2025, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye azajya hanze ku wa 01 Nzeri 2025 saa cyenda z’amanywa. Dore ibikubiye muri iryo tangazo:

Continue Reading

Umunyamakuru Paul Rutikanga yakoze ubukwe

Umunyamakuru wa Televiziyo y’u Rwanda, Paul Rutikanga, yasezeranye n’umukunzi we Uwera Caroline, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025.   Ni ibirori byabaye nyuma y’aho aba bombi basezeranye imbere y’amategeko tariki ya 26 Kanama 2025. Ni mu gihe muri Gicurasi aribwo Rutikanga yambitse impeta Uwera amusaba kuzamubera umugore undi arabyemera. […]

Continue Reading

Impunzi z’Abanye-Congo zagaragaje intimba zatewe n’ingabo za RDC, FDLR na Wazalendo

Impunzi z’Abanye-Congo ziba mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira mu Karere ka Rubavu zagaragaje intimba zatewe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’ihuriro rya Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bikagera aho zihungira mu Rwanda mu rwego rwo gukiza amagara yazo. Inkambi y’agateganyo ya Nkamira icumbikiye Abanye-Congo 3.196 bahageze kuva tariki 11 […]

Continue Reading

Leta ya RDC yanze ubutumire bwa Thabo Mbeki mu biganiro by’amahoro

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwanze ubutumire bw’umuryango wa Thabo Mbeki wayoboye Afurika y’Epfo kuva mu 1999 kugeza mu 2008, bwo kujya mu biganiro by’amahoro by’Abanye-Congo biteganyijwe mu kwezi gutaha. Uyu muryango wateganyije ko ibiganiro by’abo mu butegetsi bwa RDC n’ababurwanya bizaba mu gihe cy’inama ngarukamwaka y’amahoro n’umutekano izabera muri Afurika y’Epfo kuva […]

Continue Reading