Ibiganiro by’u Rwanda, RDC na Amerika ku bufatanye mu by’ubukungu birarimbanyije

Hashingiwe ku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono tariki ya 29 Kamena 2025, abahagarariye u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje ibiganiro by’ubufatanye mu rwego rw’ubukungu. Mbere y’uko ibiganiro nyirizina bitangira, ibi bihugu byabanje gushyiraho amahame azagenga ubufatanye bwabyo mu rwego rw’ubukungu tariki ya 1 Kanama, hagamijwe ahanini gufasha akarere […]

Continue Reading

Gutegura ahazabera ibirori byo Kwita izina abana b’ingagi 40 bigeze kuri 90%

Mu gihe u Rwanda rwitegura umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 40 ku nshuro ya 20, abari gutunganya aho bizabera, bavuga ko imirimo igeze ku kigero cya 90%. Mu gutunganya ahazabera umuhango wo Kwita izina uteganijwe kuwa 5 Nzeri 2025, mu Kinigi munsi na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, abayituriye barenga 580 babonyemo imirimo, ndetse kuri ubu […]

Continue Reading

Huye: Umugabo n’umugore barwanye, umugore ahasiga ubuzima

Umugore w’imyaka 38 wo mu Karere ka Huye yishwe atemaguwe bikekwa ko byawakozwe n’umugabo we w’imyaka 35 na we urembeye mu bitaro nyuma yo gusangwa yanegekaye afite ibikomere. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 27 rishyira ku wa 28 Kanama 2025 saa tatu z’ijoro, bibera mu Mudugudu wa Rugerero, Akagari ka Muyogoro, Umurenge wa Huye, […]

Continue Reading

U Rwanda rwakiriye abimukira 7 bavuye muri USA

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kwakira abimukira 7 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA), baje mu rwego rw’amasezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi yasinywe muri uyu mwaka wa 2025. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yabihamije ko kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Kanama 2025, agira ati: “Itsinda rya mbere ry’abantu barindwi […]

Continue Reading

Perezida Chapo yasabye gushyiraho icyerekezo cy’indege gihuza Mozambique n’u Rwanda

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yasabye ko hashyirwaho urugendo rw’indege rutaziguye ruhuza Mozambique n’u Rwanda kugira ngo byorohereze ingendo, ndetse binateze imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi. Yabikomoje kuri uyu wa 28 Kanama 2025, mu nama nyunguranabitekerezo y’abayobozi bakuru b’inzego z’ubucuruzi yabereye muri Kigali Convention Centre, aho yari […]

Continue Reading

Gicumbi: Umugore yishwe n’umugabo we amakubise majagu

Emmanuel Hareramungu wo mu Murenge wa Muko mu Karere Ka Gicumbi yafashwe n’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica umugore we Nyampundu Chantal amwicishije majagu. Nyakwigendera yishwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 rishyira ku wa 28 Kanama 2025, aho uru rupfu rwaturutse ku makimbirane yari mu muryango. Abaturage b’Umudugudu wa Ntonyanga ahabereye ubwo bwicanyi babwiye Imvaho […]

Continue Reading

Kivu y’Amajyepfo: Ihuriro ry’ingabo za RDC ryagabye ibitero bikomeye bya drones

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ingabo z’iki gihugu, iz’u Burundi n’indi mitwe bikorana irimo abacancuro na FDLR byagabye ibindi bitero bikomeye ku basivili batuye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 28 Kanama 2025 yasobanuye ko ibi bitero bya drones za CH-4 […]

Continue Reading

U Rwanda na UNHCR bemeranyije gushakira impunzi ibisubizo birambye

Guverinoma y’u Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) bemeranyije kongera umuhate mu kurinda no gushakira impunzi ibisubizo birambye by’umwihariko gushyiraho gahunda zikomeza guhuza impunzi n’abaturage. Byagarutsweho ku wa 27 Kanama 2025 mu biganiro byahuje Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen (Rtd) Albert Murasira, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, ACP Lynder Nkuranga […]

Continue Reading

Perezida Daniel Chapo yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, ku wa Gatatu tariki ya 27 Kanama, yunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, bashyinguye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, agaragaza ko amateka y’u Rwanda ari gihamya y’ubutwari n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda. Perezida Chapo ari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rusozwa ku itariki ya 28 Kanama, rugamije gushimangira umubano […]

Continue Reading

Amajyepfo: Abarenga 1600 bafatiwe mu bikorwa by’ubujura mu mezi atandatu

Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, yatangaje ko mu mezi atandatu imaze guta muri yombi 1.615 bafatiwe mu bikorwa by’ubujura, mu gihe cy’amezi atandatu uhereye mu kwezi kwa Gashyantare kugeza muri Nyakanga 2025, binyuze mu bufatanye n’abaturage n’inzego z’ibanze. Ibi biravugwa mu gihe hamaze iminsi humvikana inkuru z’imikwabu hirya no hino mu Ntara y’Amajyepfo ifatirwamo abajura […]

Continue Reading

Ishimwe rya Perezida Chapo ku Banyarwanda bafashije Mozambique guhashya ibyihebe

Perezida Daniel Francisco Chapo wa Mozambique yashimye abikuye ku mutima Abanyarwanda bafashije igihugu cye kurwanya iterabwoba ryari ryarahungabanyije umutekano w’intara ya Cabo Delgado. Iri shimwe yaritanze kuri uyu wa 27 Kanama 2025 ubwo yaganiraga na Perezida Paul Kagame wamwakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, anabishimangira mu butumwa yagejeje ku itangazamakuru. Hashingiwe ku masezerano y’ibihugu byombi, […]

Continue Reading