Muhanga: inyubako y’akagari yagurishijwe rwihishwa

Inyubako y’Akagari ka Ruli, iherereye mu Mudugudu wa Ruhina, Akagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga, bivugwa ko yagurishijwe mu buryo budakurikije amategeko, bituma abayikoreragamo basembera mu biro by’Umurenge mu gihe cy’imyaka 12. Iyi nyubako yari hafi y’Umuhanda mugari wa Muhanga-Huye. Amakuru y’ikinyamakuru Umuseke avuga ko baganiriye n’abakozi b’Akarere ka Muhanga bazi uko […]

Continue Reading

Impamvu y’ihagarikwa rya Premier Betting mu Rwanda

Mu kwezi gushize, ikigo gikora ibijyanye no gutega n’imikino y’amahirwe cya Premier Betting, cyari mu biri imbere mu Rwanda, cyahagaritswe kubera ko icyemezo cyacyo cyo gukorera mu gihugu cyari kirangiye. Iki kigo, cyari gisigaye kitwa Solidaire Rwanda Ltd, cyandikiwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ko kitongerewe uruhushya rwo gukomeza gukora ibikorwa by’imikino y’amahirwe. Umwe mu […]

Continue Reading

Yabijeje kugaruka bagasangira uko kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame byagenze

Uhawe Ikaze kuri Site ya Nyarutovu mu Karere ka Gakenke aho Umuryango FPR Inkotanyi wakomereje ibikorwa byo kwamamaza Chairman akaba n’umukandida wawo, Paul Kagame, mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo ku wa 15 Nyakanga 2024. Yabijeje kugaruka bagasangira Chairman Kagame yasabye abaturage ba Rulindo, Gakenke na Burera kuzazirikana amateka igihugu cyanyuzemo, bagatora neza batora ku “gipfunsi, […]

Continue Reading

Igisirikare cya RDC Cyaguze Ibifaru n’Intwaro Nyinshi Muri Bulgaria mu kongera imbaraga zo kurwanya M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyakomeje kwiyubaka mu rwego rwo kongera imbaraga mu bikoresho byacyo bya gisirikare. FARDC yaguze ibindi bifaru bikomeye by’imitamenwa bikorerwa muri Bulgaria, byiyongera ku byo iherutse kugura muri Uganda. Nk’uko ikinyamakuru Africa Intelligence cyo mu Bufaransa kibitangaza, kuva mu ntangiriro za Kamena 2024, RDC yatangiye kwakira ibifaru 30 […]

Continue Reading

U Rwanda rwarokotse igitero cya FARDC na FDLR cyaburijwemo na M23

Mbere y’uko u Rwanda rwakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma z’ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) muri Kamena 2022, hari umugambi ukomeye wo kudobya iyi nama wateguwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa FDLR. Uyu mugambi waje gupfuba kubera ingabo za M23. Iyi nama ya CHOGM yitabiriwe n’abayobozi bakomeye bo […]

Continue Reading

Ibiciro ku Masoko byiyongereyeho 5% muri Kamena 2024

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko ibiciro ku masoko yo mu mijyi byiyongereyeho 5% muri Kamena 2024 ugereranyije na Kamena 2023. Iyi nkuru yagarutsweho ubwo hatangazwaga igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu kwezi kwa Kamena 2024. NISR yagaragaje ko muri Gicurasi 2024, ibiciro byari byiyongereyeho 5.8% ugereranyije n’ukwezi kwa Gicurasi 2023. Uku kwiyongera kw’ibiciro kwatewe ahanini […]

Continue Reading

Abagabo Bane Bo mu Murenge wa Mbuye Bakurikiranyweho Kwicira Mugenzi Wabo mu Muhuro w’Ubukwe

Abagabo bane bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango barakekwa kwicira mugenzi wabo witwa Niyigaba Jacques, wari ufite imyaka 24 y’amavuko, mu muhuro w’ubukwe. Niyigaba Jacques yari atuye mu Mudugudu wa Kigabiro mu Murenge wa Mbuye muri aka karere. Abaturage babonye uko yishwe bavuga ko Niyigaba yajyanye mu muhuro na bagenzi be bane, […]

Continue Reading

Gicumbi: Bahize kuzatora Dr Habineza Frank na DGPR

Kuwa gatatu tariki ya 10 Nyakanga 2024, mu murenge wa Byumba, akagari ka Gacurabwenge, Dr Frank Habineza Kandida ku mwanya wa Perezida ubwo yiyamamazaga yabwiye abaturage ko nibabagirira icyizere abakoresha mutuelle bazajya babona umuti  muri farumasi, kurwanya akarengane ndetse no gushinga ibibuga by’imikino mu BIGO by’amashuri. Abaturage bakaba bamwijeje ko bazamutora 100% Ati ” Nitwe […]

Continue Reading

Imigabo n’Imigambi 50 ya Mpayimana Philippe mu Kwiyamamaza: Kwiyemeza Kuzamura Ubutumburuke bwa Kigali Convention Centre n’Iterambere ry’Ubukungu

Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Mpayimana Philippe, akomeje ibikorwa bye byo kwiyamamaza, aho yemeza ko afite imigabo n’imigambi 50 mu nzego zitandukanye z’ubukungu ateganya gushyira mu bikorwa mu gihe yaba atorewe kuyobora igihugu. Imigambi ya Mpayimana Philippe: Kongerera Ubutumburuke Kigali Convention Centre: Yifuza kongera ubutumburuke bw’Inyubako ya Kigali Convention Centre ikaba imwe mu nyubako […]

Continue Reading

Abanyarwanda baba mu mahanga bazatorera mu bihugu 70

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), Charles Munyaneza, yatangaje ko Abanyarwanda bazatorera mu mahanga bazatorera kuri site 160 mu bihugu 70, ibyo u Rwanda rufitemo Ambasade muri byo bikaba 44. Ni amakuru yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ku wa 9 Nyakanga 2024, ndetse anakomoza ku kuba imyiteguro yose ijyanye no gutegura amatora yaba ku […]

Continue Reading

U Rwanda n’u Burundi byemeranyije guhurira mu biganiro vuba

Mu mpera z’uyu mwaka, abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi bazahurira ku meza y’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi umaze iminsi utifashe neza. Byemerejwe i Zanzibar muri Tanzania, ahamaze iminsi habera umwiherero w’abayobozi bo muri Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EAC). Ku wa 11 Mutarama 2024, u Burundi bwafunze imipaka […]

Continue Reading