RIB yataye muri yombi Umushumba mukuru w’Itorero akurikiranyweho icyaha gikomeye

Umushumba mukuru wa Bethesda Holy Church, Bishop Rugamba Albert, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry Murangira, ariko yirinze gutangaza amakuru yose amwerekeyeho, aho yaba afungiye cyangwa ingano y’amafaranga ari kuri iyo sheki yatanzwe na Bishop Rugamba Albert. Yavuze ko hagikorwa iperereza. Dr. […]

Continue Reading

Burera: Imbaga y’abaturage mu kamwenyu kenshi yishimiye imigambi y’ubuvugizi bwa DGPR

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2024 mu murenge wa Cyanika mu KARERE ka Ruhango, Kandida Perezida akaba n’umukuru w’ishyaka DGPR yagaragaje imigabo n’imigambi myiza azageza ku baturage namara gutuma byatumye bamwe mu baturage bagaragaza akamwenyu mu kwishimira iyi migambi. Mu ijambo rye Dr Frank Habineza yashimiye abaturage babatoye muri Manda ishize avuga […]

Continue Reading

Diyasipora: Imyiteguro y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu irarimbanyije

Harabura umunsi umwe ngo Abanyarwanda batuye mu Ntara ya Gatandatu y’u Rwanda bitorere Perezida wa Repubulika n’Abadepite. Ni amatora azaba ku Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024 ku bari muri Diyasipora naho mu Rwanda abe ku wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024. Abanyarwanda batuye mu bihugu bitandukanye babwiye Imvaho Nshya ko biteguye amatora kandi ko babwiwe […]

Continue Reading

Ubukene bwatumye bafata umwanzuro wo kugurisha umwana wabo bibaviramo gufungwa

Inkuru ikomeje kugarukwaho cyane mu gihugu cya Nigeria, ni iy’umugabo washutse umugore we ngo bagurishe umwana wabo babyaye, kugira ngo babone amafaranga atuma umugabo ajya mu mahanga nyuma yo kuzahazwa n’ubukene, ariko ntibyabahiriye kuko bahise batabwa muri yombi. Uyu mugabo yahishiye ko ari we wazanye iki gitekerezo cyo kugurisha umwana wabo w’imyaka ibiri ku wa […]

Continue Reading

Polisi y’u Rwanda yirukanye Abapolisi 88 abandi 115 barasezererwa

Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu yasezereye ba su-ofisiye n’abapolisi bato 115 muri Polisi y’u Rwanda nta mpaka, abandi 88 barirukanwa kubera amakosa akomeye bakoze. Ibi byatangajwe mu igazeti ya Leta yasohotse ku wa 9 Nyakanga 2024, ikubiyemo iteka rya Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu ryo ku wa 8 Nyakanga 2024 risezerera aba bapolisi. Iteka rya […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi Abakecuru babiri barashinjwa kwica umugore

Abakecuru babiri batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwica umugore witwa Nyirangaruye Esther w’imyaka 40, wo mu Mudugudu wa Rucyamu mu Kagari ka Shyira, Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza. Amakuru avuga ko Nyirangaruye yari acumbitse kwa Mukarusagara Anne Marie, w’imyaka 60, basanze yapfiriye mu nzu. Abaturage batuye muri kariya gace bavuze […]

Continue Reading

Yakatiwe Gufungwa Imyaka 6 Nyuma yo Gutuka Umukuru w’ Igihugu

Mu gihugu cya Uganda, urukiko rukuru rwakatiye Edward Awebwa, w’imyaka 24, gufungwa imyaka itandatu kubera amagambo yo gutuka Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’umuryango we yanyujije kuri TikTok. Awebwa wavutse nyuma y’imyaka 14 Museveni agiye ku butegetsi, yarezwe gukoresha imvugo y’urwango no gukwirakwiza “amakuru ayobya ndetse aharabika” Perezida Museveni, umugore we Janet Museveni, n’umuhungu wabo Muhoozi […]

Continue Reading

Amakuru mabi kuri w’amukecuru wamamaye kubera imvugo ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’

Nyirangondo Espérance, uzwi cyane kubera imvugo ye yihariye “Abakobwa bafite ubushyuhe,” yitabye Imana ku wa 11 Nyakanga 2024 aguye mu bitaro bya Kibirizi aho yari amaze igihe arwariye. Uyu mukecuru yabaye icyamamare mu Rwanda ndetse yakoreshejwe mu ndirimbo “Ubushyuhe” ya DJ Pius na Bruce Melodie. Nyirangondo yitabye Imana afite abana 10, ariko yari asigaranye babiri […]

Continue Reading

Kenya: Byakomeye Perezida yasheshe guverinoma

Ku wa 11 Nyakanga 2024, Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto, yatangaje ko yasheshe guverinoma yose mu gihe akomeje gushyirwaho igitutu n’abaturage. Mu ijambo yatangarije ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Ruto yasobanuye ko Minisitiri w’Intebe usanzwe ari na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, na Visi Perezida, Rigathi Gachagua, bazaguma mu nshingano zabo. Perezida Ruto […]

Continue Reading

Kigali yaje ku mwanya mwiza mu migi 10 ikunzwe cyane muri Afurika muri 2024

Umujyi wa Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda, waje ku mwanya wa gatanu mu mijyi ikunzwe cyane muri Afurika no mu Burasirazuba bwo hagati, mu matora y’ubushakashatsi bwakozwe n’abasomyi b’urubuga Travel + Leisure. Abawutoye bawusobanura nk’umujyi mwiza, usukuye, uhuza abantu, ukungahaye ku biribwa n’ibinyobwa biryoshye, ufite umutekano kandi w’ingirakamaro cyane ku bawutuye. Buri mwaka, Travel + […]

Continue Reading

Hatanzwe ikiruhuko mu minsi y’Amatora

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ku wa 15 na 16 Nyakanga 2024 ari iminsi y’ikiruhuko rusange, mu rwego rwo guha Abanyarwanda umwanya wo kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite. Amatora rusange: Ku wa 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazatora Perezida wa Repubulika hamwe n’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya politiki n’abigenga. Ku wa 16 […]

Continue Reading