Ingamba z’ubwirinzi zizahoraho kugeza ibyo twifuza bifatiwe umwanzuro ugaragara – Minisitiri Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ubwirinzi bw’u Rwanda buri hafi y’umupaka uruhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buzahoraho igihe cyose ikibazo cy’umutekano gitezwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR kitarafatirwa umwanzuro ufatika. Byagarutsweho ku wa 29 Nyakanga 2025, ubwo Abadepite batoraga itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Continue Reading

Kenya : Babiri baburiye ubuzima mu myigaragambyo y’impuzi igihe polisi yari ije kuyihoshya

Muri Kenya, impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Kakuma, zakoze imyagaragambyo yamagana igabanuka ry’imfashanyo z’ibiribwa zihabwa, ndetse n’izindi mpinduka ziteganyijwe, Polisi itabaye babiri bahasiga ubuzima, abandi benshi barakomereka. Inkambi ya Kakuma ni imwe mu zicumbikiye abantu benshi, kuko ifite abagera ku bihumbi 300 bahunze imvururu mu bihugu byabo birimo Sudani y’Epfo, Somalia, Uganda ndetse n’U Burundi. […]

Continue Reading

Musanze : Abatuye mu nkengero z’umujyi barinubira ibibazo by’ihuzanzira rya telefone

Bamwe mu baturage batuye mu nkengero z’Umujyi wa Musanze, by’umwihariko mu Mirenge ya Muhoza na Nkotsi, bahangayikishijwe no kubura ihuzanzira rya telefone, bikabatera ingorane mu buzima bwa buri munsi. Nubwo Musanze izwi nk’umujyi uri kwihuta mu iterambere, hari abaturage bawo bataragerwaho n’imiyoboro y’itumanaho ihamye. Bamwe bavuga ko kugira ngo bitabe telefone cyangwa bohereze ubutumwa, bibasaba […]

Continue Reading

Ubushomeri bwagabanyutseho 3.4% mu 2025 ugereranyije n’umwaka ushize

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurushamibare, NISR ku miterere y’umurimo mu mwaka wa 2025, (LFS 2025 Q2) bwagaragaje ko igipimo cy’ubushomeri cyagabanyutseho 3.4% aho kiri ku kigero cya 13.4% ugereranyije na 16.8% cyariho mu 2024, (LFS 2024 Q2). Ubwo bushakashatsi bwashyizwe hanze kuri uyu wa 29 Nyakanga 2025, NISR igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka […]

Continue Reading

RDC Ituri: Islamic State yigambye igitero cyahitanye abantu 45 barimo gusenga

Umutwe wa Islamic State (IS) wigambye igitero ku basivile mu gace ka Komanda mu ntara ya Ituri ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho, abantu 45 barimo abari bari gusenga bishwe n’umutwe wa Alliance Democratic Forces(ADF) ukorana na IS. Iki gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru cyagaragaje ko umutwe wa […]

Continue Reading

Thailand yashinje Cambodia kurenga ku masezerano mashya y’agahenge

Thailand yashinje Cambodia ko yarenze ku bwende ku masezerano y’agahenge impande zombi zari zagezeho ku wa Mbere, agamije guhagarika imirwano ku mupaka imaze guhitana nibura abantu 33 no gutuma ibihumbi bahunga. Ni intangiriro idahwitse y’aya masezerano yari agamije kurangiza iminsi itanu y’ibitero by’amasasu ku mupaka uhuriweho. Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko cyahagaritse kurasa nyuma ya […]

Continue Reading

Muhanga: Hagaragajwe icyitezwe ku Intore mu biruhuko

Ubuyobozi by’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gahunda yo guhuriza hamwe abanyeshuri bari mu biruhuko, yiswe Intore mu Biruhuko, izatuma hamenyekana ibibazo abana bahura nabyo mu miryango mu gihe cy’ibiruhuko, no gukomeza gukebura abashobora kwitwara nabi. Bitangajwe mu gihe mu Karere kose ka Muhanga hatangijwe iyo gahunda kuri site 60, zingana n’utugari twose tugize Akarere, wongeyeho […]

Continue Reading

Ni iki cyatumye Ndayishimiye adobya ibiganiro by’u Rwanda n’u Burundi

Muri Werurwe 2025, intumwa z’u Rwanda n’iz’u Burundi zikorera mu nzego z’umutekano n’ubutasi zahuye inshuro ebyiri, ziganira ku buryo zakwifatanya mu gukumira ibyahungabanya umutekano w’ibihugu byombi. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, icyo gihe yagaragaje ko muri ibi biganiro hari guterwa intambwe nziza yashoboraga gutuma u Rwanda n’u Burundi byongera kubana neza. Yagize ati […]

Continue Reading

RDF yashimiye abasirikare batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye ku basirikare bageze ku myaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu birori byo kubashimira umurimo w’indashyikirwa bakoreye Igihugu. Ibyo birori bibaye ku nshuro ya 13 byabereye ku Birindiro Bikuru by’Ingabo z’u Rwanda biherereye ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga 2025, no ku […]

Continue Reading

Burera: Barataka kubura isoko ry’umusaruro wabo wa Tungurusumu

Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, baravuga ko bitabiriye guhinga Tungurusumu ku bwinshi none ngo aho umusaruro ubonekeye babuze abawugura. Muri uyu Murenge wa Rugarama ubuhinzi bwa Tungurusumu buritabirwa cyane, kuko ngo ubusanzwe abaturage babukuramo amafaranga menshi. Cyakora ngo muri iri hinga ntabwo byabahiriye kuko ngo bisanze umusaruro wa Tungurusumu wababanye […]

Continue Reading

Perezida Kagame na Masai Ujiri bafunguye Zaria Court Kigali

Perezida Paul Kagame na Masai Ujiri bafunguye ku mugaragaro Zaria Court Kigali yuzuye itwaye miliyoni 25$ asaga miliyari 36 Frw. Iki gikorwa cyabereye i Remera ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Nyakanga 2025, cyitabiriwe kandi n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire n’Umuyobozi Mukuru wa Zaria Group, Andrew Feinsten. “Zaria Court Kigali” […]

Continue Reading