U Rwanda rwungutse abahanga mu buvuzi n’ubuhanga mu bya Gisirikare

Ba Ofisiye 81 mu Ngabo z’u Rwanda, RDF bahawe impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza nyuma yo gusoza amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, basabwe no guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo iby’ikoranabuhanga. Ni impamyabumenyi bahawe kuri uyu wa Mbere, tariki 4 Kanama 2025, mu muhango wabereye mu Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Gako […]

Continue Reading

Bujumbura: Birakekwa ko Ambasaderi wa RDC n’abandi bakorana baba bakorana na AFC

Ambasaderi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Burundi, Willy Mulumba ndetse n’abandi bakozi babiri bo muri Ambasade y’iki gihugu i Bujumbura bakekwaho gukorana n’Ihuriro AFC rifite umutwe witwaje intwaro wa M23 na MRDP – Twirwaneho.Mu gitondo cya tariki ya 27 Nyakanga, inzego z’umutekano zataye muri yombi umukozi w’iyi Ambasade, Laurent Ruboneka Musabwa, unasanzwe ari […]

Continue Reading

Umukobwa urangije amashuri yisumbuye yapfuye urupfu rutavugwaho rumwe

Umukobwa usoje amashuri yisumbuye wo mu Ruhango, yapfuye mu buryo butunguranye ubwo yari ku igare, ndetse urupfu rwe ruba amayobera kuko ritari kuvugwaho rumwe. Umulisa Cynthia w’imyaka 22 yapfuye bitunguranye, ubwo yasangwaga mu karere ka Ruhango, mu murenge wa Bweramana mu muhanda w’igitaka Gitwe – Buhanda. Ibi byamenyekanye tariki 30/07/25, ariko byabaye tariki 29/07/25 ubwo […]

Continue Reading

Muramu wa Habyarimana Juvenal yitabye Imana

Protais Zigiranyirazo wabaye Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri hagati y’umwaka wa 1974 kugeza mu 1989, akaba musaza wa Agathe Kanziga umugore w’uwari Perezida Habyarimana Juvenal, yapfuye ku myaka 87. Zigiranyirazo wamenyekanye nka Zed (Z) yari umunyemari ukomeye akaba n’umwe mu bari bagize Politiki y’Akazu yabarizwagamo umuryango mugari n’inshuti za hafi za Perezida Habyarimana bari ku […]

Continue Reading

Ifaranga koranabuhanga (CBDC) rizakora nk’andi mafaranga- BNR

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yamaze abaturarwanda impungenge, ibizeza ko ifaranga koranabuhanga rikiri mu nyigo iteganya gutanga (Central Bank Digital Currency/CBDC), rizaba rishobora gukoreshwa nk’andi mafaranga afatika. Itandukaniro ry’iryo faranga rya CBDC n’andi mafaranga koranabuhanga azwi nka “cryptocurrency” ni uko ryo rizaba rigengwa na BNR kandi agaciro karyo kadahindagurika nk’uko bigenda ku yandi atagenzurwa na […]

Continue Reading

Ibirambuye ku mahame yasinywe n’u Rwanda na RDC ku bufatanye mu bukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyizeho amahame aganisha ku bufatanye mu iterambere ry’ubukungu, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amahame yasinyiwe muri Amerika ku wa 1 Kanama, aho u Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Antoine Marie Kajangwe, RDC ihagarariwe n’inzobere mu rwego rw’ubukungu, Amerika ihagariwe n’umujyanama […]

Continue Reading

Abimukira barenga 60 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato hafi y’u Buhinde bwa Yemen

Abimukira barenga 60 bapfuye ubwo ubwato bwari butwaye abantu bagera ku 150 bwarohamaga hafi y’inkengero z’intara ya Abyan mu majyepfo ya Yemen ku cyumweru, bitewe n’ikirere kibi. Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku bimukira (IOM) muri Yemen yabwiye BBC ko hamaze kuboneka imirambo 68, abantu 12 bakaba barokowe, mu gihe abandi benshi bagikurikiranwa nk’ababuze. IOM […]

Continue Reading

Rutsiro: Polisi yafunze babiri bakekwaho kwica mugenzi wabo basangiye inzoga

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafunze abagabo babiri bo mu Karere ka Rutsiro bakekwaho kwica Rukeratabaro Balthasar w’imyaka 48 bakamuta ku nzira, isaba abaturage kwirinda ubusinzi. Amakuru y’uru rupfu yamenyekanye ahagana Saa Sita z’ijoro rishyira kuri iki Cyumweru, mu Murenge wa Ruhango, Akagari ka Kavumu ho mu Mudugudu wa Gasasa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara […]

Continue Reading

Perezida Ndayishimiye yatanze umushahara we ngo agomboze abarwayi bananiwe kwishyura ibitaro

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatanze umushahara we w’amezi atandatu ngo wifashishwe mu bikorwa byo kugurira imiti no kwishyurira abarwayi batishoboye baba bari mu bitaro bitandukanye muri icyo gihugu. Ibi yabigarutseho ubwo we n’umuryango we batangaga imfashanyo y’ibiribwa ku barwariye mu bitaro byo mu Kibimba n’ibitaro byitiriwe Umugiraneza mu Ntara ya Gitega. Ndayishimiye kandi yanarihiye […]

Continue Reading

Rulindo: Bamwe boga kabiri mu cyumweru kubera ibura ry’amazi

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyungo mu Karere ka Rulindo, bavuga ko bamaze umwaka amavomo n’ibigega by’amazi bidaherukamo amazi, bikaba bibagiraho ingaruka zirimo no kuba abagize amahirwe yo kubona amazi bafata ingengabihe yo koga nibura kabiri mu cyumweru. Bavuga ko kutagira amazi bibateza ingorane zinyuranye zirimo indwara zituruka ko mwanda, no gukora ingendo ndende […]

Continue Reading

Perezida Trump yirukanye Umuyobozi w’Ikigo cy’Ibarurishamibare cyagaragaje ko yahanze imirimo mike

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yirukanye Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ibarurishamibare ku bijyanye n’umurimo BLS, Erika McEntarfer, nyuma y’uko hatangajwe imibare igaragaza uko imirimo yahanzwe muri Nyakanga 2025. Buri kwezi hatangazwa imibare igaragaza uko imirimo yahanzwe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kandi bigira uruhare runini mu bikorwa by’iterambere ry’ubukungu. Muri […]

Continue Reading