Polisi y’u Rwanda irizeza umutekano usesuye w’abantu n’ibintu muri Expo

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yatangaje ko Polisi itari mu Imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2025) nk’abagiye kumurika ibikorwa, ahubwo bahari kugira ngo bacunge umutekano w’abantu n’ibintu, bimakaze umudendezo n’umutuzo. Ni bimwe mu byo umuvugizi wa Polisi yavuze ku wa Kabiri tariki 5 Kanama 2025, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro imurikagurisha ririmo kubera i Kigali […]

Continuer la lecture

Arenga miliyari 5 Frw ashobora guhagama abananiwe gusobanurira PAC irengero ryayo

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite yasabye Minisiteri y’Ubutabera gusaba Ubushinjacyaha gukurikirana arenga miliyari 5 Frw yagaragajwe muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2023/2024 ko yakoreshejwe mu buryo budasobanutse. Ni umwanzuro wafashwe kuri uyu wa 5 Kanama 2025, ubwo Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Umutungo wa Leta, PAC, yagezaga raporo yayo y’isesengura yakoze kuri […]

Continuer la lecture
NIDA

EXPO 2025: NIDA yegereje abaturage serivisi z’indangamuntu koranabuhanga

Mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’u Rwanda rya 2025, kimwe mu byagaragaje umwihariko ni serivisi z’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Irangamuntu (NIDA), cyitabiriye kigamije kwegera abaturage no kubaha serivisi z’indangamuntu koranabuhanga. Bamwe mu bitabiriye EXPO 2025 bashimye cyane ko muri uyu mwaka haje ibigo byinshi bitanga serivisi zitandukanye, ariko by’umwihariko bakavuga ko NIDA yabanyuze kuko yabahaye amahirwe yo kubona […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwasabiye inkunga ibihugu bidakora ku nyanja bicyiyubaka

Guverinoma y’u Rwanda yasabye Umuryango Mpuzamahanga gushyigikira urugendo rw’ibihugu bidakora ku nyanja bikiri mu nzira y’amajyambere, rwo kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Sebahizi Prudence, yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya Gatatu ihuza ibihugu bidakora ku nyanja bikiri mu nzira y’Amajyambere. Iyo nama y’Umuryango w’Abibumbye yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma […]

Continuer la lecture

RDF yafunze aba ofisiye babiri n’abasivile 20

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera aba ofisiye babiri ba RDF hamwe n’abasivile 20, bakurikiranyweho ibyaha bakekwaho bakoranye n’abo ba ofisiye. Aba bose bafunzwe by’agateganyo n’Ubushinjacyaha bwa Gisirikare ku byaha bakekwaho birimo ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibyaha […]

Continuer la lecture

Gervais Ndirakobuca wari Minisitiri w’Intebe yagizwe Perezida wa Sena y’u Burundi

Gervais Ndirakobuca wari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Nzeri 2022, kuri uyu wa 5 Kanama 2025 yatorewe kuba Perezida mushya wa Sena y’iki gihugu. Ndirakobuca uri mu basenateri babiri baherutse gutorerwa guhagararira ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu ntara ya Bujumbura, yatowe ku majwi 100%. Générose Ngendanganya yatorewe kuba Visi Perezida wa mbere wa […]

Continuer la lecture

Impungenge z’u Rwanda ku masezerano y’amahoro rwagiranye na RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabwiye Abasenateri ko nubwo u Rwanda rwizeye ko amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono azatanga umusaruro, rufite impungenge ko ashobora kudashyirwa mu bikorwa nk’uko yemeranyijweho n’impande zombi. Yabigarutseho ku wa 4 Kanama 2025, ubwo yagezaga kuri Sena y’u Rwanda itegeko ryemeza burundu amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington D.C muri […]

Continuer la lecture

JSCM izakurikirana ibikorwa byo gutahura no gusenya FDLR ni rwego ki?

Gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’iyishamikiyeho no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ni ingingo y’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki ya 27 Kamena 2025, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. FDLR igizwe n’abarwanyi bari hagati ya 7000 na 10.000. Muri Kamena, Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, […]

Continuer la lecture

Gen Makenga yasabye abo ahagarariye kugaragaza itandukaniro

Umuyobozi w’abarwanyi ba AFC/M23, Gen Sultani Makenga, yabasabye kugaragaza itandukaniro riri hagati yabo n’abo mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baranzwe n’imigirire mibi isuzuguza igihugu. Mu nama yamuhuje n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru yabereye mu mujyi wa Goma ku wa 4 Kanama 2025, Gen Makenga yatangaje ko impinduka zidakwiye kuba […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwemeye kwakira abimukira 250 bava muri USA

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yemerenyijwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) kwakira abimukira basaga 250 bagiye muri icyo gihugu binyuranyije n’amategeko. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yabyemereye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters), ashimangira ko ari muri gahunda yo gushyigikira icyemezo cya Perezida Donald Trump, cyo guhangana n’abimukira binjira muri USA batabiherewe uburenganzira. Amakuru […]

Continuer la lecture

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo hasobanuzwe ikigiye gukorwa ngo ikoresha ry’inkwi n’amakara byageze kuri 93,8% bigahanuke

Abasenateri bafashe icyemezo cyo gutumiza Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin, kugira ngo asobanure ingamba nshya zizakoreshwa nyuma y’uko Leta itabashije kugera ku ntego yari yihaye mu 2024, yo kugabanya ikoreshwa ry’inkwi n’amakara. Raporo y’Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu n’Imari, yashyikirijwe Inteko Rusange ya Sena kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Kanama 2025, yagaragaje ko intego […]

Continuer la lecture