Wazalendo yasuzuguye itegeko rya FARDC ryo gukuraho bariyeri ikusanyirizaho imisoro

Umutwe witwaje intwaro wa Uhuru uba mu ihuriro Wazalendo wateye utwatsi itegeko ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ryo gukuraho bariyeri washyize muri teritwari ya Walilake mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mutwe washyize bariyeri mu gace ka Brazza gaherereye muri Gurupoma ya Waloa Uroba. Usanzwe ukusanyirizaho imisoro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Umuyobozi […]

Continue Reading

Burera: Inkuba yakubise abantu babiri barapfa

Abaturage babiri bo mu Karere ka Burera bakubiswe n’inkuba barapfa, ku mugoroba wo ku wa 17 Kanama 2025. Benegusenga Alpha w’imyaka 14 wo mu Murenge wa Nemba, Akagari ka Kivumu ho mu Mudugudu wa Nyamusanze, inkuba yamukubitiye mu muryango w’inzu ya sekuru, ubwo yari avuye gucyura amatungo Saa 18:00. Ni mu gihe Nyamugira Bernard w’imyaka […]

Continue Reading

Rayon Sports yategetswe na FIFA kwishyura Robertinho arenga miliyoni 30 Frw

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryategetse Rayon Sports FC kwishyura Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ wahoze ari umutoza wayo, amadolari ya Amerika ibihumbi 22,5 [22,5$ arenga miliyoni 30 Frw] kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko. Muri Mata 2025 ni bwo Rayon Sports yahagaritse Robertinho imushinja uburwayi, nyuma yo kutishimira icyemezo iyi kipe yafashe cyo kumuhagarika. […]

Continue Reading

AFC/M23 yatangaje ko itazasubira i Doha Leta ya RDC nitarekura abantu bayo

Ihuriro AFC/M23 ryashimangiye ko ridateze gusubiza intumwa zaryo mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwaba butararekura imfungwa 700. Hashingiwe ku mahame impande zombi zasinyiye i Doha tariki ya 19 Nyakanga 2025, Leta ya RDC yari yemeye kurekura abantu 700 ifunze barimo abanyamuryango ba AFC/M23 n’abakekwaho […]

Continue Reading

Perezida wa FIFA yamaganye irondaruhu ryakorewe Antoine Semenyo

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yatangaje ko yamaganye ihohoterwa rishingiye ku irondaruhu ryakorewe rutahizamu wa AFC Bournemouth akaba n’umukinyi w’ikipe y’Igihugu ya Ghana, Antoine Semenyo. Semenyo w’imyaka 25 yakorewe irondaruhu n’umufana wa Liverpool ku wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo AFC Bournemouth yakinaga na Liverpool FC mu mukino ufungura […]

Continue Reading

Kwirukana abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko byatumye Qantas icibwa akayabo

Ikigo gikora ubwikorezi bwo mu kirere cyo muri Australie, Qantas, cyaciwe miliyoni 90$ kubera ko mu bihe bya Covid-19, cyirukanye abakozi bagera kuri 1,800 mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihano ni cyo kinini gihawe ikigo cy’ubucuruzi muri Australie kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi, aho Sendika y’Abakozi bo mu bigo bikora ubwikorezi muri icyo gihugu, Australia’s Transport […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali wihaye intego yo kwinjiza miliyari 80 Frw mu 2025/26 binyuze mu misoro

Umujyi wa Kigali wiyemeje gukusanya agera kuri miliyari 80 Frw, aturutse mu misoro n’amahoro bitangwa n’abawutuye n’abawukoreramo, bisobanuye inyongera ya 20% mu ngengo y’imari ya 2025/2026 ugereranyije n’umwaka wari wabanje. Umwaka ushize Umujyi wa Kigali wari wihaye intego yo gukusanya agera kuri miliyari 60 Frw mu ngengo y’imari ya 2024/2025, mu gihe byagezweho Umujyi wa […]

Continue Reading

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gikora imiti irimo iya kanseri

Ikigo gishinzwe Kugura no Gukwirakwiza imiti mu Rwanda (RMS), cyasinyanye amasezerano n’Ikigo Philex gikora imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi muri Qatar, mu kwagura amahirwe yo kugeza imiti y’ingenzi mu Rwanda, harimo ivura kanseri n’indwara z’umutima n’umuvuduko w’amaraso. Umuhango wo gushyira umukono ku masezerano witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar Igor Marara, ubwo bufatanye bukaba bubonwa nk’intambwe […]

Continue Reading

U Rwanda n’Amerika baganiriye ku butwererane bwa gisirikare

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zaganiriye ku butwererane mu bya gisirikare busanzweho kandi bukomeje kwaguka binyuze mu nzego zirimo guhererekanya ubumenyi binyuze mu mahugurwa n’imyitozo ya gisirikare, na dipolomasi ishingiye ku mutekano. Ibyo biganiro byahuje Umugaba w’Ingabo Zirwanira ku Butaka Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubuyobozi bwa Gisirikare […]

Continue Reading

Manzi Thierry yongereye amasezerano muri Al Ahly Tripoli

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ Manzi Thierry, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Al Ahli Tripoli yo muri Libya. Ibi byatangajwe n’iyi kipe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 16 Kanama 2025, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Manzi yongereye amasezerano muri iyi Kipe nyuma yo kuyifasha kwegukana igikombe cya shampiyona cya 2024/25 ku nshuro ya […]

Continue Reading

Perezida Ndayishimiye yasabye Papa Léon XIV guha u Burundi Umu-Cardinal

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye Papa Léon XIV gusura igihugu cye akagisomeramo Misa y’amateka no kugiha Umu-Cardinal. Yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Bazilika ya Mugera yitiriwe Mutagatifu Antoni w’i Paduwa. Paruwasi ya Mugera, iri mu Ntara ya Gitega, yashyizwe ku rwego rwa Bazilika nto, iba iya […]

Continue Reading