Minisitiri Nsengimana yateguje gushyira imbaraga mu mashuri ya Leta agatsindisha nk’ayigenga

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yagaragaje ko Minisiteri y’Uburezi ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka amashuri ya Leta afite ubushobozi bwo gutanga ireme ry’uburezi kandi atsindisha ku rugero rwiza mu bizamini bya Leta. Yabigarutseho ubwo yatangazaga amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, ku wa 19 Kanama 2025. MINEDUC yerekanye ko ibigo bya […]

Continue Reading

Leta ya RDC iri mu iperereza rigari ku buryo abasirikare bayo bavuye i Bunagana, Goma na Bukavu

Kuva mu mpera za Nyakanga 2025, urwego rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rushinzwe ubugenzuzi ruri gukora iperereza ku buryo abasirikare b’iki gihugu bakuwe n’ihuriro AFC/M23 mu mujyi wa Bunagana, Goma, Bukavu n’ibindi bice byo mu burasirazuba bw’icyo gihugu. Uru rwego ruyobowe na Gen Gabriel Amisi Kumba rukeka ko kuba aba basirikare baravuye muri […]

Continue Reading

Tshisekedi yagaye umushinga w’amasezerano y’amahoro wateguwe na Qatar

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaye umushinga w’amasezerano y’amahoro y’ubutegetsi bwe n’ihuriro AFC/M23 riburwanya, agaragaza ko ibirimo bidahagije. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, nyuma yo kwakirwa na Perezida Tshisekedi i Kinshasa ku wa 19 Kanama 2025. Minisitiri Prévot yagize ati “Rwose Perezida Tshisekedi yampamirije ko inyandiko yateguwe […]

Continue Reading

Abanyamahanga 64 basubijwe iwabo kubera ibyaha byo gukubita no gukomeretsa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mezi 12 ashize abanyamahanga 64 basubijwe iwabo kubera ibyaha byo gukubita no gukomeretsa mu gihe abarenga 240 bashyikirijwe inzego zubutabera bakekwaho ibyaha bitandukanye. Bikubiye mu butumwa Polisi y’u Rwanda yatambukijwe kuri X ku wa 19 Kanama 2025. Polisi yasubizaga ibyavuzwe kuri TV1, bikanasangizwa ku mbuga nkoranyambaga zayo aho Kakooza […]

Continue Reading

AFC/M23 yazindukiye mu mukwabu wo gufata abakekwaho guhungabanya umutekano i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazindukiye mu mukwabu wo gufata abakekwaho guhungabanya umujyi wa Goma. Uyu mukwabu wakorewe mu gace ka Kyeshero gahereye mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Goma guhera saa saba z’ijoro ryo ku wa 19 Kanama 2025, nyuma y’aho ku mugoroba w’umunsi wabanje humvikanye amasasu. Amakuru ava i […]

Continue Reading

REG yateguje ibura ry’amashanyarazi mu Ntara y’Amajyepfo

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu, REG, yateguje ibura ry’amashanyarazi mu bice bitandukanye by’uturere two mu Ntara y’Amajyepfo kubera imirimo yo gusana Sitasiyo ya Gisagara. REG yatangaje ko kubera imirimo yo gusana Sitasiyo ya Gisagara, hateganyijwe ibura ry’amashanyarazi ku wa Gatatu tariki ya 20 Kanama 2025 kuva Saa yine za mu gitondo kugera Saa Munani z’amanywa, […]

Continue Reading

USA yahagaritse Visa 6 000 z’abanyeshuri bashakaga kwigayo

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yimye abanyeshuri barenga 6 000 ibyangombwa (Visa) by’abanyeshuri bashakaga kwigayo, kubera kurenga ku mategeko ya Amerika no kuguma muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. BBC yatangaje ko abenshi barebwa n’icyo cyemezo bakurikirwanyweho ibyaha bishingiye kugutwara ibinyabiziga binyuranyije n’amategeko, ihohoterwa no gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba. Ni icyemezo […]

Continue Reading

Hamenyekanye igihe gupima imyuka ihumanya ku binyabiziga bizatangirira

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije, REMA, cyatangaje ko gupima imyotsi y’ibinyabiziga bizatangira ku mugaragaro tariki 25 Kanama 2025 mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’umwuka duhumeka. Iki cyemezo cyo gupima imyotsi y’ibinyabiziga cyaje nyuma y’uko ibipimo by’umwuka abantu bahumeka mu Rwanda, bikomeje kugaragaza ko wanduye, ibintu bigira ingaruka ku buzima bw’abantu cyane cyane ku izamuka […]

Continue Reading

Serge Atikossie yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa Rwanda

Bank of Africa Rwanda yatangaje ko Serge Atikossie yagizwe umuyobozi mukuru wayo, asimbuye Vincent Istasse. Iki cyemezo cya Bank of Africa Rwanda cyatangajwe mu cyumweru gishize. Yavuze ko izo mpinduka zigaragaza intambwe ikomeye banki ikomeje gutera mu gushimangira intego yayo yo guharanira gutanga serivisi z’indashyikirwa mu by’imari, ndetse no gutanga umusanzu mu guhanga udushya nk’uko […]

Continue Reading

Ni iyihe mpamvu yatumye Perezida Ruto agena uhagarariye Kenya i Goma?

Kenya yagaragaje ko impamvu Perezida Dr. William Samoei Ruto, yagennye uhagarariye inyungu zayo mu Mujyi wa Goma bidasobanuye ko azatangira izo nshingano hatabayeho kuganiriza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Byagarutsweho mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 18 Kanama 2025. Byari biturutse ku kuba ku wa 15 Kanama ubwo Perezida Ruto yagenaga abahagararira […]

Continue Reading

Abasirikare bashya b’u Rwanda bakiriwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudan y’Epfo (UNMISS) muri Leta ya Upper Nile, Maj Gen Nakul B. Rayamajhi, yakiriye ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri ubwo butumwa mu Mujyi wa Malakal. Aba basirikare babarizwa muri Batayo ya Kabiri y’Ingabo z’u Rwanda bakaba bayobowe na Lt Col Robert Rwagihungu bakiriwe ku wa 18 Kanama […]

Continue Reading